Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora

radiotv10by radiotv10
15/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora
Share on FacebookShare on Twitter

Lt. Col Lydia Bagwaneza, umwe mu basirikare b’Abofisiye mu ngabo z’u Rwanda, mu itsinda ririnda abayobozi bakuru, ni umwe mu basirikare barwanye urugamba rwo Kwibohora, aho yinjiye igisirikare akiri umwangavu. Byinshi kuri we n’uburyo yinjiye muri RPA.

Mu kwezi k’Ukwakira 1990, ubwo Bagwaneza yari asoje umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yavuye mu gace ka Rwamwanja ahabaga impunzi mu Karere ka Kamwenge gaherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Uganda, asanga itsinda ryari rigamije impinduramatwara.

Bagwaneza wari umwana wa kane mu muryango we, yasize ababyeyi be bombi bari barahungiye muri Uganda, yiyemeza kujya gufatanya n’abandi mu rugamba rwo kuzabohora Igihugu cyabo cy’u Rwanda cyari cyugarijwe n’ibibazo uruhuri cyaterwaga n’ubutegetsi bubi bwariho icyo gihe.

Nubwo bitari byoroshye ko umwana w’umukobwa ajya mu bikorwa nk’ibi byari bimenyerewe ku gitsinagabo, Bagwaneza avuga ko byahoze mu byifuzo by’umubyeyi we.

Ati “Ndi umwana wa kane mu muryango w’abana icumi kandi umunani bose ni abakobwa. Nakunze kumva ko Data yifuzaga ko umunsi umwe yazagira umwana wazagira uruhare mu Kwibohora, kandi ndishimira kuba byararangiye ari njyewe ubaye uwo mwana.”

Agaruka ku nzira ye yo kujya gufatanya n’abandi mu rugamba rwo Kwibohora, mu kiganiro yagiranye na The New Times, Bagwaneza yagize ati “Ninjiye mu rugamba nkiri muto ndi umwangavu, ariko nk’uko bakunze kubivuga, inyoni yazindutse ni yo icyura umusaruro.”

Akomeza agira ati “Twagiye kwifatanya n’abandi bari baratangiye. Twari turambiwe gukomeza kuba mu Gihugu cy’amahanga, kandi ababyeyi bacu bahoraga mu bibazo.”

Avuga ko ababyeyi babo ari bo bamuhaga imbaraga zo gukora ibyo yakoraga kuko “bari abanyamuhate, nubwo twabagaho mu buzima bugoye bw’imahanga, bakomeje kwita ku miryango yabo.”

Avuga ko mu bihe by’ibiruhuko mu gace babagamo, habaga inama, akaba ari we wandikaga ibyazivugirwagamo “kabone nubwo nigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza. Hari ibyo batabashaga kwandika, rero ngafata izo nshingano. Tugashobora kubisoma ubundi tukabasobanurira. Ibyo byampaye imbaraga binanyereka ko hari icyo nashobora.”

Uwambaye umupira w’ubururu

Yabanje guhura n’imbogamizi

Bagwaneza avuga ko yinjiye urugamba mu bihe bigoye, kuko ari mu bihe Maj. Gen Fred Gisa Rwigema wari uruyoboye, yatabarukiyemo.

Bagwaneza ati “Mu ntangiro ntabwo byari byoroshye, by’umwihariko kuri twe twinjiye mu gihe benshi mu bayobozi biciwemo. Ninjiye nyuma y’urupfu rwa Gisa, Bayingana na Bunyenyezi.”

Avuga ko muri ibyo bihe nta morali bari bafite kugeza ubwo Perezida Paul Kagame yazaga kuyobora uru rugamba, akabatera imbaraga.

Ati “Yaturemyemo kwigarurira icyizere ndetse n’akanyabugabo ku buryo washobora no kwibagirwa iminsi yose twari tumaze tutishimye […] nanjye ubwanjye icyo gihe nari mpari.”

Akomeza avuga ko nubwo bitari byoroshye “ariko ibanga ryari ukubanza kumenya mbere na mbere icyo duharanira. Urugamba rwari rugoye, kumara iminsi myinshi ku zuba, utizeye ko uri buze kubona icyo kurya, utazi niba uri bubone aho wikinga, ariko nta gucika intege tutaragera ku ntego.”

Avuga ko kimwe mu byabafashaga, ari ukugira ubuyobozi bukomeye bwahoraga iteka bubatera akanyabugabo kandi bukabaganiriza kenshi.

Ubu afite ipeti rya Lieutenant Colonel

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + ten =

Previous Post

Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda

Next Post

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.