Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora

radiotv10by radiotv10
15/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora
Share on FacebookShare on Twitter

Lt. Col Lydia Bagwaneza, umwe mu basirikare b’Abofisiye mu ngabo z’u Rwanda, mu itsinda ririnda abayobozi bakuru, ni umwe mu basirikare barwanye urugamba rwo Kwibohora, aho yinjiye igisirikare akiri umwangavu. Byinshi kuri we n’uburyo yinjiye muri RPA.

Mu kwezi k’Ukwakira 1990, ubwo Bagwaneza yari asoje umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yavuye mu gace ka Rwamwanja ahabaga impunzi mu Karere ka Kamwenge gaherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Uganda, asanga itsinda ryari rigamije impinduramatwara.

Bagwaneza wari umwana wa kane mu muryango we, yasize ababyeyi be bombi bari barahungiye muri Uganda, yiyemeza kujya gufatanya n’abandi mu rugamba rwo kuzabohora Igihugu cyabo cy’u Rwanda cyari cyugarijwe n’ibibazo uruhuri cyaterwaga n’ubutegetsi bubi bwariho icyo gihe.

Nubwo bitari byoroshye ko umwana w’umukobwa ajya mu bikorwa nk’ibi byari bimenyerewe ku gitsinagabo, Bagwaneza avuga ko byahoze mu byifuzo by’umubyeyi we.

Ati “Ndi umwana wa kane mu muryango w’abana icumi kandi umunani bose ni abakobwa. Nakunze kumva ko Data yifuzaga ko umunsi umwe yazagira umwana wazagira uruhare mu Kwibohora, kandi ndishimira kuba byararangiye ari njyewe ubaye uwo mwana.”

Agaruka ku nzira ye yo kujya gufatanya n’abandi mu rugamba rwo Kwibohora, mu kiganiro yagiranye na The New Times, Bagwaneza yagize ati “Ninjiye mu rugamba nkiri muto ndi umwangavu, ariko nk’uko bakunze kubivuga, inyoni yazindutse ni yo icyura umusaruro.”

Akomeza agira ati “Twagiye kwifatanya n’abandi bari baratangiye. Twari turambiwe gukomeza kuba mu Gihugu cy’amahanga, kandi ababyeyi bacu bahoraga mu bibazo.”

Avuga ko ababyeyi babo ari bo bamuhaga imbaraga zo gukora ibyo yakoraga kuko “bari abanyamuhate, nubwo twabagaho mu buzima bugoye bw’imahanga, bakomeje kwita ku miryango yabo.”

Avuga ko mu bihe by’ibiruhuko mu gace babagamo, habaga inama, akaba ari we wandikaga ibyazivugirwagamo “kabone nubwo nigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza. Hari ibyo batabashaga kwandika, rero ngafata izo nshingano. Tugashobora kubisoma ubundi tukabasobanurira. Ibyo byampaye imbaraga binanyereka ko hari icyo nashobora.”

Uwambaye umupira w’ubururu

Yabanje guhura n’imbogamizi

Bagwaneza avuga ko yinjiye urugamba mu bihe bigoye, kuko ari mu bihe Maj. Gen Fred Gisa Rwigema wari uruyoboye, yatabarukiyemo.

Bagwaneza ati “Mu ntangiro ntabwo byari byoroshye, by’umwihariko kuri twe twinjiye mu gihe benshi mu bayobozi biciwemo. Ninjiye nyuma y’urupfu rwa Gisa, Bayingana na Bunyenyezi.”

Avuga ko muri ibyo bihe nta morali bari bafite kugeza ubwo Perezida Paul Kagame yazaga kuyobora uru rugamba, akabatera imbaraga.

Ati “Yaturemyemo kwigarurira icyizere ndetse n’akanyabugabo ku buryo washobora no kwibagirwa iminsi yose twari tumaze tutishimye […] nanjye ubwanjye icyo gihe nari mpari.”

Akomeza avuga ko nubwo bitari byoroshye “ariko ibanga ryari ukubanza kumenya mbere na mbere icyo duharanira. Urugamba rwari rugoye, kumara iminsi myinshi ku zuba, utizeye ko uri buze kubona icyo kurya, utazi niba uri bubone aho wikinga, ariko nta gucika intege tutaragera ku ntego.”

Avuga ko kimwe mu byabafashaga, ari ukugira ubuyobozi bukomeye bwahoraga iteka bubatera akanyabugabo kandi bukabaganiriza kenshi.

Ubu afite ipeti rya Lieutenant Colonel

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + one =

Previous Post

Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda

Next Post

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.