Wednesday, July 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora

radiotv10by radiotv10
15/07/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibiteye amatsiko ku Mujepe Lt.Col Bagwaneza warwanye urugamba rwo Kwibohora
Share on FacebookShare on Twitter

Lt. Col Lydia Bagwaneza, umwe mu basirikare b’Abofisiye mu ngabo z’u Rwanda, mu itsinda ririnda abayobozi bakuru, ni umwe mu basirikare barwanye urugamba rwo Kwibohora, aho yinjiye igisirikare akiri umwangavu. Byinshi kuri we n’uburyo yinjiye muri RPA.

Mu kwezi k’Ukwakira 1990, ubwo Bagwaneza yari asoje umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, yavuye mu gace ka Rwamwanja ahabaga impunzi mu Karere ka Kamwenge gaherereye mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Uganda, asanga itsinda ryari rigamije impinduramatwara.

Bagwaneza wari umwana wa kane mu muryango we, yasize ababyeyi be bombi bari barahungiye muri Uganda, yiyemeza kujya gufatanya n’abandi mu rugamba rwo kuzabohora Igihugu cyabo cy’u Rwanda cyari cyugarijwe n’ibibazo uruhuri cyaterwaga n’ubutegetsi bubi bwariho icyo gihe.

Nubwo bitari byoroshye ko umwana w’umukobwa ajya mu bikorwa nk’ibi byari bimenyerewe ku gitsinagabo, Bagwaneza avuga ko byahoze mu byifuzo by’umubyeyi we.

Ati “Ndi umwana wa kane mu muryango w’abana icumi kandi umunani bose ni abakobwa. Nakunze kumva ko Data yifuzaga ko umunsi umwe yazagira umwana wazagira uruhare mu Kwibohora, kandi ndishimira kuba byararangiye ari njyewe ubaye uwo mwana.”

Agaruka ku nzira ye yo kujya gufatanya n’abandi mu rugamba rwo Kwibohora, mu kiganiro yagiranye na The New Times, Bagwaneza yagize ati “Ninjiye mu rugamba nkiri muto ndi umwangavu, ariko nk’uko bakunze kubivuga, inyoni yazindutse ni yo icyura umusaruro.”

Akomeza agira ati “Twagiye kwifatanya n’abandi bari baratangiye. Twari turambiwe gukomeza kuba mu Gihugu cy’amahanga, kandi ababyeyi bacu bahoraga mu bibazo.”

Avuga ko ababyeyi babo ari bo bamuhaga imbaraga zo gukora ibyo yakoraga kuko “bari abanyamuhate, nubwo twabagaho mu buzima bugoye bw’imahanga, bakomeje kwita ku miryango yabo.”

Avuga ko mu bihe by’ibiruhuko mu gace babagamo, habaga inama, akaba ari we wandikaga ibyazivugirwagamo “kabone nubwo nigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza. Hari ibyo batabashaga kwandika, rero ngafata izo nshingano. Tugashobora kubisoma ubundi tukabasobanurira. Ibyo byampaye imbaraga binanyereka ko hari icyo nashobora.”

Uwambaye umupira w’ubururu

Yabanje guhura n’imbogamizi

Bagwaneza avuga ko yinjiye urugamba mu bihe bigoye, kuko ari mu bihe Maj. Gen Fred Gisa Rwigema wari uruyoboye, yatabarukiyemo.

Bagwaneza ati “Mu ntangiro ntabwo byari byoroshye, by’umwihariko kuri twe twinjiye mu gihe benshi mu bayobozi biciwemo. Ninjiye nyuma y’urupfu rwa Gisa, Bayingana na Bunyenyezi.”

Avuga ko muri ibyo bihe nta morali bari bafite kugeza ubwo Perezida Paul Kagame yazaga kuyobora uru rugamba, akabatera imbaraga.

Ati “Yaturemyemo kwigarurira icyizere ndetse n’akanyabugabo ku buryo washobora no kwibagirwa iminsi yose twari tumaze tutishimye […] nanjye ubwanjye icyo gihe nari mpari.”

Akomeza avuga ko nubwo bitari byoroshye “ariko ibanga ryari ukubanza kumenya mbere na mbere icyo duharanira. Urugamba rwari rugoye, kumara iminsi myinshi ku zuba, utizeye ko uri buze kubona icyo kurya, utazi niba uri bubone aho wikinga, ariko nta gucika intege tutaragera ku ntego.”

Avuga ko kimwe mu byabafashaga, ari ukugira ubuyobozi bukomeye bwahoraga iteka bubatera akanyabugabo kandi bukabaganiriza kenshi.

Ubu afite ipeti rya Lieutenant Colonel

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − sixteen =

Previous Post

Abapolisi 500 barimo abakabakaba 100 b’abakobwa bambariye kuza gukaza umutekano w’Abaturarwanda

Next Post

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Nigeria: Hashyizweho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cyihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.