• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/12/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba muri Komini ya Busoni mu Ntara ya Butanyerera mu Majyaruguru y’u Burundi.

SOS Médias Burundi dukesha aya makuru, iravuga ko ubwoba bukomeje kwiyongera mu baturage bo muri ibi bice, nyuma yuko ingabo nyinshi z’u Burundi zishinze ibirindiro mu bice binyuranye ku mupaka w’iki Gihugu n’u Rwanda.

Umwe mu basirikare bo hejuru mu Gisirikare cy’u Burundi (FDNB) yagize ati “Intwaro zikomeye zashyizweyo kugira ngo zihangane n’igitero icyo ari cyo cyose gishobora kugabwa n’u Rwanda.”

U Rwanda rwo ruherutse gutangaza ko nta na rimwe rwifuza kwinjira mu ntambara n’Igihugu cy’igituranyi, ndetse ko ibyo gutera u Burundi byo bitigeze binatekerezwa.

Umuturage wo muri komini ya Busoni, avuga ko ishyamba atari ryeru ngo kuko hari n’amakuru avuga ko hari n’ingabo z’u Rwanda na zo zagiye hafi y’imipaka.

Ati “Abasirikare bararebana ay’ingwe. Nta muntu uvuga, nta muntu winyagambura, bisa nk’aho bose biteguye.”

Abaturage bo muri ibi bice ku ruhande rw’u Burundi, baravuga ko ubwoba ari bwose, kuko bafite impungenge ko isaha n’isaha, urugamba rushobora kwambikana.

Umwe wo mu gace ka Gasenyi yagize ati “Turara twambaye imyenda, twiteguye ko isaha n’isaha twahunga igihe rwaba rwambikanye.”

Umucuruzi wo muri Nemba na we yagize ati “Isasu rimwe rishobora gukoma rutenderi. Turabona ko intambara ishobora kurota igihe icyo ari cyo cyose.”

Nanone kandi mu duce twinshi two muri Komini ya Busoni no yandi Makomini nka Butanyerera, Imbonerakure, Imbonerakure zakajije ibikorwa by’umutekano.

Umwarimu umwe wo muri ibi bice, yagize ati “Amarondo yo mu ijoro yikubye kabiri cyangwa gatatu. Tubona amatsinda y’urubyiruko aherekejwe n’abapolisi bagenda hirya no hino mu bice binyuranye.”

Amakuru avuga ko hari amakamyo menshi yuzuye abasirikare n’intwaro by’u Burundi, byagiye kongerera imbaraga abasirikare basanzwe ku mupaka byumwihariko ba Batayo ya 411 i Mutwenzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Next Post

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Related Posts

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Next Post
AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.