Muhawenimana Claude umaze imyaka ari Umuyobozi w’Abafana b’Ikipe y’Igihugu Amavubi, yandikiwe na Komite Nyobozi y’aba bafana imumenyesha ko ahagaritswe muri izi nshingano kubera gukekwaho kunyereza amafaranga yari agenewe abafana.
Amakuru avuga ko iri hagarikwa rya Muhawenimana Claude rishingiye ku mafaranga yaba yaranyereje yari yagenewe abafana b’Amavubi nyuma y’imikino ya FIFA Series, aho abafana bayishyigikiye cyane ndetse ikanegukanamo igikombe, ariko ntabagereho.
Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko ihagarikwa rya Muhawenimana rije nyuma yuko hateranye inama za komite nyobozi y’abafana b’Ikipe y’Igihugu, zabaye mu matariki anyuranye, nko ku ya 04 n’iya 09 Mata 2026.
Komite Nyobozi y’Abafana b’Ikipe y’Igihugu, yandikiye mu bihe binyuranye uyu wari ubayoboye, ngo ajye gutanga ibisobanuro kuri ayo mafaranga yari yagenewe abafana ariko ntabagereho, ariko akanga kwitaba.
Tariki 12 Mata 2026 habaye indi nama, nabwo yari yatumijwemo Muhawenimana Claude, ariko na bwo ntiyayitabira, nyuma haza gufatwa icyemezo cyo kumwandikira amenyeshwa ko yahagaritswe.
Imyanzuro yo guhagarika uyu wari umuyobozi w’Abafana b’Amavubi, yanamenyeshejwe Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA.
Amakuru avuga ko ayo mafaranga yari yagenewe abafana akanyerezwa na Muhawenimana Claude, ari miliyoni 3 Frw, akanavugwaho kandi kuba yaritabiriye inama za FERWAFA, aho kugenda nk’uhagarariye abafana, akagenda mu izina rye.
Muhawenimana Claude we ahakana ibi avugwaho, akanavuga ko ibyo kumuhagarika kuri we atabyemera kuko abamuhagaritse batabifitiye uburenganzira n’ububasha.
RADIOTV10











