• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe

radiotv10by radiotv10
27/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibizigirwa mu nama ya mbere y’ubuyobozi bushya bwa Kiyovu bwakemuye icyari kibereye umutwaro ikipe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Kiyovu Sports yishyuye amadeni arenga miliyoni 85 Frw yari ifitiye abakinnyi n’abatoza bari barayireze muri FIFA, ubuyobozi bushya buyobowe na Perezida David Nkurunziza bwatumijeho inama y’Inteko Rusange yo gushaka uko Kiyovu Sports igomba kubaho.

Kugira ngo ikipe ikomeze urugendo rwo kwiyubaka no kwitwara neza mu mwaka w’imikino wa 2025–2026, Perezida Nkurunziza yatumije Inteko Rusange y’abanyamuryango izaba ku wa 27 Ukuboza 2025 guhera saa tanu (11:00) i Kigali.

Uyu watumije iyi nama yatangaje ko iyi Nteko Rusange ayibonamo igisubizo cy’ibibazo byari kuzugariza ikipe mu minsi iri mbere.

Ati “Twarwanye intambara bucece, tubasha kwishyura amadeni ikipe yari irimo. Ubu noneho dutangiye kureba imbere, aho dushaka ko ikipe ibaho neza mu buryo burambye, atari iby’umwaka umwe. Turateganya ko mu Nteko Rusange tuzahabona amaboko mashya azadufasha kwitwara neza mu mwaka w’imikino.”

Ibizigirwa muri iyi Nteko Rusange birimo:

  • Kwemeza abanyamuryango bashya
  • Kugezwaho raporo z’ibikorwa by’umwaka wa 2024–2025
  • Kugezwaho raporo z’imari n’imikoreshereze yayo kugeza 2026
  • Kwemeza statut nshya za Kiyovu SC Association
  • Kwiga ku bikorwa n’iterambere rya Kiyovu Sports
  • Kuzuza inzego za Komite Nyobozi
  • Gushyiraho icyerekezo cy’umwaka wa 2025–2026

Ubuyobozi bwasabye ko abanyamuryango bose bifuza kwitabira baba barishyuye umusanzu w’umwaka wa 2025–2026 ungana na 200,000 Frw, ukaba ugomba kuba wishyuwe bitarenze tariki ya 10 Ukuboza 2025 kugira ngo bemererwe kwitabira inama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − one =

Previous Post

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Next Post

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.