Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira

radiotv10by radiotv10
10/07/2024
in MU RWANDA
0
Ibyabaye ku baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida-Depite b’icyiciro cy’abagore byabatunguye barabyijujutira
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize inteko izatora Abadepite mu cyiciro cy’abagore bo mu Mirenge y’Akarere ka Rusizi bari baje kumva imigabo n’imigambi y’Abakandida, batumiwe babwirwa ko bazasubizwa amafaranga y’urugendo ariko igihe cyo kuyahabwa kigeze ntibahita bayahabwa, bamwe barabyijujutira, ndetse hari abavuye muri Sitade saa moya z’ijoro.

Aba bagore bavuga ko bageze muri sitade mu gitondo kare bagategereza abakandida, ariko bahagera saa tanu, mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza byarangiye saa munani.

Nyuma y’uko bari bahawe ubutumwa babwirwa ko bazasubizwa amafaranga y’urugendo, ndetse ko bari bunahabwe ifunguro rya saa sita, ariko ubwo gahunda zari zihumuje, bababwiye ko byahindutse.

Marie Christine Vumiliya waturutse mu Murenge wa Mururu yagize ati “Tukimara no kugera hano, uwari ushinzwe gahunda y’umunsi yongeye abisubiramo avuga ko hagiye kuza ibyo kurya bizanye n’amafaranga y’urugendo, hanyuma  dutege dutahe. Ibyo babivuze Abakandida-Depite bagihari. Bimaze kuba saa kumi n’iminota nibwo badukujeho baratubwira ngo nidutahe amafaranga tuzayasanga ku Mirenge yacu.”

Gutinda muri sitade bategereje amafaranga, byageze aho bitera bamwe impungenge z’icyo bari bubwire abagabo babo nk’uko babibwiye abanyamakuru.

Mukakayuhura Eveline wo mu Murenge wa Gitambi ati “Niba umugore yavuye mu rugo saa munani z’ijoro umugabo azi ngo agiye kwamamaza, bikaba bigeze saa kumi n’imwe atarataha bikaba biribugeze saa mbiri atarataha, uwo mugore azagera mu rugo abwire umugabo gute?”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushizwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie yabwiye RADIOTV10 ko icyatumye aya mafaranga bari bemerewe atabonekera igihe, ari uko sisitemu za banki zagoranye.

Ati “Ntabwo twabatengushye turi muri banki twagiye gushaka amafaranga. Ibyo bagenewe bagombaga kubibona mu ntoki, turi muri banki rero ntabwo birakunda sisitemu zanze.”

Byageze aho bamwe bavuga ko bari burare muri sitade kuko amasaha yari yamaze gukura kandi nbadafite uburyo bwo kwitegera.

Amakuru avuga ko ibibazo byari byatumye sisiteme ya Banki itenguha abagomba guha amafaranga aba baturage, byaje gukemuka ndetse mu ma saa moya z’umugoroba abari bakiri muri sitade ubuyobozi bw’akarere bukabashakira imodoka zo kubacyura, mu hari abari bamaze gutaha bagiye bijujuta.

Aho kwandika amafaranga y’urugendo basabwe kuba bahasimbutse
Byatumye bamwe barakara
Bamaze igihe kinini muri sitade bategereje guhabwa amafaranga y’urugendo
Harimo umubyeyi ufite uruhinja

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Perezida yahishuye uko ubwo Yvan yari afite imyaka 3 yatumye ava ku rugamba bitunguranye

Next Post

How Nike plans to break one of the most daunting barriers in human performance

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

How Nike plans to break one of the most daunting barriers in human performance

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.