Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo

radiotv10by radiotv10
09/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
3
Ibyabaye kuri PSG ya Messi na Mbappe byatunguranye bishyira mu ihurizo ahazaza hayo
Share on FacebookShare on Twitter

Ni yo ikipe ikinoma ba kizigenza muri ruhago y’Isi, Messi na Mbappe banahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2022, ariko muri UEFA Champions League urugendo rwabo nka Paris Saint Geramain rwahagaritswe na Bayern Munich ikinamo Umunyafurika kabuhariwe Sadio Mane.

Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Werurwe 2023 wari utegerejwe na benshi, kuko umukino ubanza n’ubundi Paris Saint Germain yari yatsindiwe mu rugo igitego 1-0.

Muri uyu mukino wo kwishyura, PSG yatsinzwe ibitego 2-0 bya Eric Maxime Choupo – Moting ku munota wa 61′ na Serge Gnabry ku munota wa 89′.

Iyi kipe kuva yagurwa na Qatar Sports Investments (QSI) mu mwaka wa 2011, yakomeje kugenda igerageza gushora amafaranga menshi ku isoko ry’abakinnyi kugira ngo irebe ko yatwara iki gikombe ariko byarananiranye.

Kuva mu mwaka w’imikino wa 2011-2012 kugeza ubu imaze gutanga angana na €1.795.000.000 igura abakinnyi batandukanye ariko igihambaye yakoze muri iri rushanwa ni ukugera ku mukino wa nyuma inshuro 1 ndetse no kuviramo muri 1/2 inshuro 1 gusa.

Ni ikipe kandi ubu ifite agahigo ko kuba ari yo ihemba amafaranga menshi abakinnyi bayo aho buri mwaka Million 728 z’ama Euro zigendera mu mishara, harimo imishahara ihanitse bahaye umunya-Brazil Neymar Jr n’Umufaransa Kylian Mbappe kugira ngo bongere amasezerano, ukongeraho n’ayo bahemba kizigenza Lionel Messi ufite imipira ya zahabu (Ballon d’or) 7 kugeza ubu.

Nyuma yo gusezererwa na Bayern Munich, haribazwa niba iyi kipe izabasha kugumana aba bakinnyi uko ari batatu cyane ko Lionel Messi we azasoza amasezerano mu mpeshyi y’uyu mwaka, mu gihe Neymar na Mbappe bo baheruka kongera amasezerano nabo amakipe yo mu burayi atandukanye abifuza.

Ikindi kibazwa ni ahazaza h’umutoza Christopher Galtier urimo uratozamo umwaka we wa mbere.

Bayern yo yasubiriye PSG irayisezerera
Mbappe ubu icyo asigaye ahanze amaso ni shampiyona

Deus
RADIOTV10

Comments 3

  1. Majambere abdoul says:
    2 years ago

    Nibayabone erega mesi neyimal ntaco namaze Bose basumbwa n’a mbape🧏🧏🧏🧏🧏

    Reply
  2. Ntakirutimana says:
    2 years ago

    Ngewe mbona PSG yafata bariya bakinnyi bato igashyiramo abasitali bacye urugero nka Real Madrid ishyiramo abana bakizamuka ikagabanya abasitari noneho banana baha imipira abasitari bagatsinda arikose uzafata abasitari Bose ubashyire mwikipe imwe urumva birashoboka? Nibakuremo mess cg mbappe bazane abana Bazi kutanga imipira nibatahyigaho ntagikombe babona .Mumbabarire ububutumwa muzabugeze kuri PSG ndayikunda cyane murakoze

    Reply
  3. Belyse Urwidukunda says:
    2 years ago

    Iraziraumutoza utazikujera abakinny ndahamyako iriyakipe uyihaye zidane yayibyazaumusruro

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 10 =

Previous Post

Miss Jolly yavuze ikintu gitunguranye ku bihwihwiswa ko atwite inda nkuru

Next Post

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Ifoto yazamuye amarangamutima: Minisitiri yashyize ivi hasi yumva umunyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.