• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyari mu mufuka yatuye hasi akibona Abapolisi byatumye atabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
05/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyari mu mufuka yatuye hasi akibona Abapolisi byatumye atabwa muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 20 y’amavuko yafatiwe mu Murenge wa Rubaya mu Karere ka Gicumbi ubwo yari avuye muri Uganda, yikoreye umufuka urimo ibilo 20 by’urumogi, akawutura hasi akibona Abapolisi, na bo bagahita bamukurikira.

Uyu mugabo yafatiwe mu Mudugudu wa Mugote mu Kagari ka Gishari mu Murenge wa Rubaya, mu masaha y’ijoro ahagana saa tatu ku Cyumweru tariki 03 Nzeri 2023.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru Superintendent of Police (SP) Jean Bosco Mwiseneza, yavuze ko inzego z’umutekano zari mu kazi, ari zo zafashe uyu mugabo.

SP Mwiseneza avuga ko izo nzego z’Umutekano “zabonye umuntu wari wikoreye umufuka aturutse mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, amaze kubona ko bamutahuye, awutura hasi ariruka. Nyuma yo kubona ko harimo urumogi, bahise bamukurikira ako kanya atabwa muri yombi.”

Polisi y’u Rwanda ivuga ko uyu mugabo akimara gufatwa, ndetse n’ibiyobyabwenge, bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kugira ngo hakorwe dosiye.

SP Mwiseneza kandi yaboneyeho kwibutsa abacuruza ibiyobyabwenge ndetse n’ababinywa, ko hari ingaruka zibategereje nko gufungwa no kubangiriza ubuzima, by’umwihariko asaba urubyiruko rwabyijanditsemo, kubireka kuko ari rwo Rwanda rw’ejo

 

ICYO ITEGEKO RITEGANYA

Ingingo ya 263 mu gitabo cy’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihabijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30 ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + nineteen =

Previous Post

Perezida Kagame yageze i Nairobi mu nama yiga ku ngingo ikomereye Isi

Next Post

DRCongo: Umusirikare wo hejuru wa FARDC ari mu bafungiye ibyasize amarira muri benshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRCongo: Umusirikare wo hejuru wa FARDC ari mu bafungiye ibyasize amarira muri benshi

DRCongo: Umusirikare wo hejuru wa FARDC ari mu bafungiye ibyasize amarira muri benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.