Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyatangajwe n’umugore w’Umunyamakuru witabye Imana byazamuye Impaka hagati y’Ibitangazamakuru bibiri

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA
0
Ibyatangajwe n’umugore w’Umunyamakuru witabye Imana byazamuye Impaka hagati y’Ibitangazamakuru bibiri

Ifoto yakuwe mu mashusho ya Ukwezi TV

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitangazamakuru bibiri bikorera mu Rwanda bwasohoye amatangazo agaruka ku byatangajwe n’umugore w’Umunyamakuru Ntawuyirushamaboko Celestin uherutse kwitaba Imana, aho kimwe gishinja ikindi kwibasira nyakwigendera wagikoreraga mu gihe ikindi na cyo cyasabye abantu kutabiha agaciro.

Uku guterana amagambo kwabaye nyuma y’uko YouTube Channel yitwa Ukwezi TV igiranye ikiganiro cy’amashusho na Nyinawabari Claudine wari warashyingiranywe na Celestin Ntawuyirushamaboko witabye Imana tariki 14 Mata 2022.

Uyu mubyeyi muri iki kiganiro, agaragaza agahinda yatewe n’urupfu rwa nyakwigendera bari barashakanye ndetse banafitanye abana, akavuga ko yitabye Imana amaze iminsi yarabatereranye.

Nyinawabari Claudine yavugaga ko yangiwe kuureba umurambo w’umugabo we. Yagize ati “Njye na n’uyu munsi sindamenya koko niba yarapfuye.”

Uyu mubyeyi wavugaga ko umugabo we yari yarashatse undi mugore ku ruhande, yabwiye iyi YouTube Channel ko ubuyobozi bwa BTN TV bwamuhamagaye bukamubwira ko ibyo kuzashyingura nyakwigendera buzabyikorera.

Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Mata 2022, ubuyobozi bwa BTN TV bwasohoye itangazo ryamagana iki kiganiro, buvuga ko ibyatangajwemo bishinyagurira uwari Umunyamakuru wabo ndetse ko kimwibasira.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi wa BTN TV, Ahmed Pacifique rigira riti “Ikindi kandi ibi bihabanye n’amahame y’itangazamakuru bikaba binibasira BTN nk’ikigo.”

Iri tangazo rivuga ko ubuyobozi bwa BTN TV buzajyana mu nkiko iyo YouTube Channel ya Ukwezi TV nyuma y’uko nyakwigendera ashyingurwa, riti “kandi twizeye ko ubutabera buzatangwa.”

Ubuyobozi bwa BTN TV kandi buvuga ko buziyambaza urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC mu rwego rwo guhinyuza iyo nkuru.

Ubuyobozi bwa Ukwezi Media Group Ltd na bwo bwahise busohora itangazo ryamagana ibyatangajwe n’ubwa BTN TV, rivuga ko abantu badakwiye kuriha agaciro ngo kubera impamvu eshanu.

Iri tangazo rigaragaza izo mpamvu zirimo kuba ibiri muri kiriya kiganiro nta gitekerezo bwite cy’umunyamakuru, riti “Ibirimo ni ibyatangajwe n’umugore wa nyakwigendera, umugore basezeranye ufite ububasha ahabwa n’amategeko kurenza undi wese mu kugena iherekezwa ry’umugabo we.”

Iri tangazo rya Ukwezi Media Group Ltd rivuga ko muri kiriya kiganiro, umugore wa nyakwigendera yari ari gusaba kurenganurwa kuko yari “yimwe uburenganzira ku byangombwa by’umugabo we, n’ubuyobozi bwa BTN bwateguraga umuhano wo gushyingura bukamubwira ko hari abandi babirimo atazi. Urugero ni nko kuba ikiriya cyaraberaga iwe ariko atarabona umurambo, dore ko mu kiganiro yanivugiraga ati ‘sinzi icyishe umugabo wanjye, sinzi niba yanapfuye kuko nabasabye ko ngera ku murambo we bambwira ko nzamusezera kimwe n’abandi baturage bose ku munsi wo gushyingura’.”

Nyakwigendera Celestin Ntawuyirushamaboko witabye Imana mu ijoro ryo ku ya 14 Mata 2022, yashyinguwe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Mata 2022 abanje gusezerwaho bwa nyuma iwe i Gihara mu Karere ka Kamonyi.

Celestin Ntawuyirushamaboko ni umwe mu banyamakuru bari bamaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, akaba yari afite ubuhanga budasanzwe mu gutegura inkuru ze zabaga zirimo umwihariko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Muhanga: Abitwaje imihini n’imihoro bateze abanyerondo barabakubita bakomeretsamo batandatu

Next Post

Nyamagabe: Yafashwe amaze kwiba Miliyoni 5,5Frw muri Banki ahita avuga abandi bacuranye umugambi

Related Posts

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know
IMIBEREHO MYIZA

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Yafashwe amaze kwiba Miliyoni 5,5Frw muri Banki ahita avuga abandi bacuranye umugambi

Nyamagabe: Yafashwe amaze kwiba Miliyoni 5,5Frw muri Banki ahita avuga abandi bacuranye umugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.