Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyatangajwe n’umugore w’Umunyamakuru witabye Imana byazamuye Impaka hagati y’Ibitangazamakuru bibiri

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in MU RWANDA
0
Ibyatangajwe n’umugore w’Umunyamakuru witabye Imana byazamuye Impaka hagati y’Ibitangazamakuru bibiri

Ifoto yakuwe mu mashusho ya Ukwezi TV

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitangazamakuru bibiri bikorera mu Rwanda bwasohoye amatangazo agaruka ku byatangajwe n’umugore w’Umunyamakuru Ntawuyirushamaboko Celestin uherutse kwitaba Imana, aho kimwe gishinja ikindi kwibasira nyakwigendera wagikoreraga mu gihe ikindi na cyo cyasabye abantu kutabiha agaciro.

Uku guterana amagambo kwabaye nyuma y’uko YouTube Channel yitwa Ukwezi TV igiranye ikiganiro cy’amashusho na Nyinawabari Claudine wari warashyingiranywe na Celestin Ntawuyirushamaboko witabye Imana tariki 14 Mata 2022.

Uyu mubyeyi muri iki kiganiro, agaragaza agahinda yatewe n’urupfu rwa nyakwigendera bari barashakanye ndetse banafitanye abana, akavuga ko yitabye Imana amaze iminsi yarabatereranye.

Nyinawabari Claudine yavugaga ko yangiwe kuureba umurambo w’umugabo we. Yagize ati “Njye na n’uyu munsi sindamenya koko niba yarapfuye.”

Uyu mubyeyi wavugaga ko umugabo we yari yarashatse undi mugore ku ruhande, yabwiye iyi YouTube Channel ko ubuyobozi bwa BTN TV bwamuhamagaye bukamubwira ko ibyo kuzashyingura nyakwigendera buzabyikorera.

Kuri uyu wa Mbere tariki 18 Mata 2022, ubuyobozi bwa BTN TV bwasohoye itangazo ryamagana iki kiganiro, buvuga ko ibyatangajwemo bishinyagurira uwari Umunyamakuru wabo ndetse ko kimwibasira.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’umuyobozi wa BTN TV, Ahmed Pacifique rigira riti “Ikindi kandi ibi bihabanye n’amahame y’itangazamakuru bikaba binibasira BTN nk’ikigo.”

Iri tangazo rivuga ko ubuyobozi bwa BTN TV buzajyana mu nkiko iyo YouTube Channel ya Ukwezi TV nyuma y’uko nyakwigendera ashyingurwa, riti “kandi twizeye ko ubutabera buzatangwa.”

Ubuyobozi bwa BTN TV kandi buvuga ko buziyambaza urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC mu rwego rwo guhinyuza iyo nkuru.

Ubuyobozi bwa Ukwezi Media Group Ltd na bwo bwahise busohora itangazo ryamagana ibyatangajwe n’ubwa BTN TV, rivuga ko abantu badakwiye kuriha agaciro ngo kubera impamvu eshanu.

Iri tangazo rigaragaza izo mpamvu zirimo kuba ibiri muri kiriya kiganiro nta gitekerezo bwite cy’umunyamakuru, riti “Ibirimo ni ibyatangajwe n’umugore wa nyakwigendera, umugore basezeranye ufite ububasha ahabwa n’amategeko kurenza undi wese mu kugena iherekezwa ry’umugabo we.”

Iri tangazo rya Ukwezi Media Group Ltd rivuga ko muri kiriya kiganiro, umugore wa nyakwigendera yari ari gusaba kurenganurwa kuko yari “yimwe uburenganzira ku byangombwa by’umugabo we, n’ubuyobozi bwa BTN bwateguraga umuhano wo gushyingura bukamubwira ko hari abandi babirimo atazi. Urugero ni nko kuba ikiriya cyaraberaga iwe ariko atarabona umurambo, dore ko mu kiganiro yanivugiraga ati ‘sinzi icyishe umugabo wanjye, sinzi niba yanapfuye kuko nabasabye ko ngera ku murambo we bambwira ko nzamusezera kimwe n’abandi baturage bose ku munsi wo gushyingura’.”

Nyakwigendera Celestin Ntawuyirushamaboko witabye Imana mu ijoro ryo ku ya 14 Mata 2022, yashyinguwe kuri uyu wa Mbere tariki 18 Mata 2022 abanje gusezerwaho bwa nyuma iwe i Gihara mu Karere ka Kamonyi.

Celestin Ntawuyirushamaboko ni umwe mu banyamakuru bari bamaze igihe mu mwuga w’itangazamakuru mu Rwanda, akaba yari afite ubuhanga budasanzwe mu gutegura inkuru ze zabaga zirimo umwihariko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Muhanga: Abitwaje imihini n’imihoro bateze abanyerondo barabakubita bakomeretsamo batandatu

Next Post

Nyamagabe: Yafashwe amaze kwiba Miliyoni 5,5Frw muri Banki ahita avuga abandi bacuranye umugambi

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamagabe: Yafashwe amaze kwiba Miliyoni 5,5Frw muri Banki ahita avuga abandi bacuranye umugambi

Nyamagabe: Yafashwe amaze kwiba Miliyoni 5,5Frw muri Banki ahita avuga abandi bacuranye umugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.