Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo

radiotv10by radiotv10
24/02/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi Abagaba Bakuru b’Ingabo zo muri EAC na SADC baganiraho mu nama y’ibya Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Abagaba Bakuru b’Ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uw’ubukungu w’Afurika y’Amajyepfo (SADC), barahurira mu nama yiga ku ngingo zinyuranye zo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, zirimo ibijyanye no kongera gufungura ikibuga cy’Indege cya Goma.

Ni amakuru dukesha Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe nk’uko yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yabitangaje ubwo yagarukaga ku nama zigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC zirimo iziteganyijwe muri iki cyumweru.

Yavuze ko hari “Inama ihuriweho na EAC-SADC y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, iba uyu munsi i Dar es Salaam, igaragaza umurongo wo gushyira mu bikorwa guhagarika imirwano, ku kongera gusubukura ibikorwa by’Ikibuga cy’Indege cya Goma, ndetse n’ibijyanye n’ibikorwa by’ubutabazi.”

Minisitiri Nduhungirehe, yavuze kandi ko mu mpera z’iki cyumweru, hazaba inama n’ubundi ihuriweho ya EAC na SADC yo ku rwego rw’Abaminisitiri, izasuzumirwamo raporo y’ibyemezo bizaba byavuye muri iyi nama y’Abagaba Bakuru b’Ingabo, ikanategura mu buryo bwa politiki ibiganiro by’i Luanda n’i Nairobi.

Yakomeje agaragaza ko umuti w’ibibazo bya Afurika, ugomba kuva muri bo ubwabo, aho kugira ngo Ibihugu by’amahanga nk’iby’i Burayi bikomeje kumva ko ari byo bizatanga ibisubizo.

Ati “Ibiganiro biyobowe n’Abanyafurika biri mu murongo w’intego twiyemeje, igira iti ‘Ibisubizo by’Abanyafurika, bituruka mu Banyafurika’ kandi dutekereza ko kwivanga kw’Abanyaburayi gushobora kubisubiza inyuma.”

Ibi Nduhungirehe yabitangaje ubwo yagaragazaga ko ashyigikiye igitekerezo cy’uwanengaga uburyo Igihugu cy’u Bubiligi gikomeje kwivanga mu bibazo bya Congo, aho yagiye anagaruka ku zindi nama zagiye zibaho ku rwego rwa Afurika zigamije kwishakira umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.

Ahereye ku nama idasanzwe yahuje Abakuru b’Ibihugu byo muri EAC na SADC yabaye tariki 08 Gashyantare 2025 i Dar es Salaam, Amb. Nduhungirehe yavuze ko yakurikiwe n’izindi nama, zirimo Inteko y’Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe yabereye Addis Ababa tariki 14 Gashyantare, ikanashyigikira imyanzuro yari yafatiwe muri iriya y’i Dar es Salaam.

Nanone kandi tariki 15 na 16 Gashyantare 2025, habaye Inteko Rusange y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, na yo yongera gushyigikira imyanzuro y’inama ihuriweho ya EAC na SADC.

Kimwe n’indi y’Abagaba Bakuru b’Ibihugu byo muri EAC no muri SADC, yabaye tariki 21 Gashyantare 2025, yariho itegura uburyo-ngiro bwo ku rwego rwa gisirikare bwo gushaka umuti w’ibibazo byo muri DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 7 =

Previous Post

Amakuru agezweho avugwa ku Ngabo zagiye gufasha FARDC ziri i Goma

Next Post

Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Tshisekedi mu ijambo ryumvikanamo gutangira gucisha macye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.