Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi byaranze ikiganiro-mpaka hagati ya Kamala Harris na Trump n’uwitwaye neza kurusha undi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikiganiro mpaka cyahuje abakandida bahanganye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America, Visi Perezida Kamala Harris na Donald Trump, cyaranzwe no gushinjanya hagati yabo ko umwe ari umubeshyi, no kuzura bimwe mu byaca intege undi.

Ni ikiganiro cyamaze isaha imwe n’iminota mirongo ine n’itanu, cyatambutse kuri Televiziyo ya ABC News, aho aba banyapolitiki bombi bagarutse ku ngingo zinyuranye zikunze kugarukwaho muri America, nk’ikibazo cy’Abimukira, icy’ubukungu, guhanga imirimo mishya, ndetse n’ingingo irebana no gukuramo inda.

Hagarutswe kandi ku ntambara imaze igihe ihuza Israel n’umutwe wa Hamas muri Gaza, aho Visi Perezida Kamala Harris yavuze ko we na Perezida Joe Biden bari gukoresha imbaraga zishoboka kugira ngo iyi ntambara ihagarare.

Kamala Harris wagaragaye nk’uwari witeguye bihagije iki kiganiro mpaka kubera ibisubizo yatangaga kuri buri kibazo, yabwiye Trump ko abayobozi bo ku Isi, “bamuha urw’amenyo”, ndetse ngo abo mu nzego za Gisirikare bo bamwita “Usuzuguritse.”

Kamala Harris yise Trump kandi “umunyembaraga nke, umunyamakosa”, anavuga kandi ko yasohowe muri White House na miliyoni 81 z’Abanyamerika batora, bamwimye amajwi bakayaha Joe Biden mu matora ya 2020.

Ati “Biragaragara ko yakomeje kugira ibihe bitamwoheye na gato byo kubyakira.”

Trump wabaye nk’ukorwa mu bwonko n’ibi byatangazwaga na Kamala Harris, yabaye nk’uvuga ko ibyo yamuvuzeho byose ari ukuri. Gusa yavuze ko habayeho uburiganya mu matora ya 2020.

Yanavuze ko ubutegetsi bwa Biden na Kamala Harris wari umuhagaze iruhande, bwaranzwe n’imbaraga nke by’umwihariko ku gukumira abimukira binjira muri USA mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ndetse ko babaye benshi, ubu bakaba “bari kurya imbwa n’injangwe” by’Abanyamerika.

Trump kandi yashinje Aba-Democrats ko bashyigikiye gukuramo inda ariko bigakorwa abana bamaze kuvuka, we akavuga ko ari icyaha cy’ubwicanyi kandi ko bibujijwe ahantu hose.

Aba banyapolitiki bombi, bagiye bashinjanya ko umwe ari umubeshyi, ku ngingo buri umwe yazamuraga.

Kamala yatsinze Trump

Mu bitekerezo byagiye bitangwa na bamwe mu basesenguzi n’abanyapolitiki bakurikiranye iki kiganiro, bemeza ko Visi Perezida Kamala Harris yitwaye neza kurusha Trump.

Umusesenguzi wa Fox mu bya Politiki, Brit Hume yavuze ko Kamala Harris “yari yiteguye neza, yasubizaga ibibazo neza bigaragara ko azi icyo agamije.”

Uyu musesenguzi agaruka ku kiganiro Kamala Harris n’uwahawe kuzahatanira umwanya wa Visi Perezida Tim Walz bagiranye na CNN mu kwezi gushize, yavuze ko Visi Perezida “yari umuntu utandukanye muri iri joro.”

Hume kandi avuga ko Kamala Harris yabashije kugenda aca intege Trump ku ngingo zinyuranye zaranze iki kiganiro mpaka. Ati “Yagerageje gutuma aburizwamo kandi abigeraho. Yaje imbere kuri iyi nshuro. Nta kubishidikanyaho.”

Iki kiganiro mpaka kibaye icya kabiri kuri Trump nyuma y’uko yari yagiranye ikindi na Joe Biden wamaze guhagarika gukomeza kwiyamamaza, aho cyo cyarangiye Trump yaje imbere kuri Perezida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 7 =

Previous Post

Dosiye y’Umupasiteri wo mu Rwanda uregwa uburiganya yamaze kuzamuka

Next Post

BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

Related Posts

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye
AMAHANGA

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

BREAKING: RwandAir yasubitse ingendo zerecyezaga kuri Jomo Kenyatta International Airport muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.