Wednesday, March 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga

radiotv10by radiotv10
13/03/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
1
Iby’ingenzi mu kiganiro General Makenga wa M23 yagiranye n’Umunyapolitiki mpuzamahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro Umugaba Mukuru w’Ingabo z’Umutwe wa M23, General Sultani Makenga yagiranye na Alain Destexhe wabaye Umusenateri mu Bubiligi, yavuze byinshi, ku ntego barwanira, impamvu bafashe Imijyi ya Goma na Bukavu, uko uyu mutwe ubasha gukubita incuro igisirikare cy’Igihugu gifite byose kinafite abagifasha.

Mu nyandiko yashyizwe hanze na Alain Destexhe wagarutse ku kiganiro yagiranye na General Makenga, yavuze ko uyu musirikare wo hejuru udakunze kwemera kugirana ibiganiro n’abantu, yamwereye ko baganira, bakagirana ikiganiro ahantu harinzwe bidasanzwe, hari imodoka nyinshi zifite ibirango bya FRDC [birumvikana n’izo M23 yambuye FARDC].

Uyu munyapolitiki avuga ko ubwo baganiraga, imbere ya General Makenga hari icyombo, na telefone eshatu, buri kanya zisona ndetse n’amajwi acicikana ku cyombo, ubundi agakubitaho ijisho areba abamuhamagaye.

Uyu munyapolitiki yinjiye nyirizina mu byo baganiriye, buri kibazo n’igisubizo yahabwaga n’uyu musirikare bigaragara ko ubuzima bwe yimariyemo igisirikare, yamubajije niba nyuma yo gufata Goma na Bukavu, bazakomeza bakagera i Kinshasa.

Yamusubije agira ati “Oya, keretse igihe batugabyeho ibitero. Tuzabihagarika twirwanaho. Mugomba kumva ko twafashe intwaro kuko twari turambiwe akarengane ko kuturimbura. Ntabwo twari gukomeza kureka ngo batwice tutagize icyo dukora. Birababaje kubona isi yose yarateye umugongo ibyo byose.”

General Makenga yakomeje anamugaragariza ingero zirimo ubwicanyi buherutse gukorerwa ahitwa Nturo muri Teritwri ya Masisi, ati “Wabonye uburyo hari agace katwitswe konyine kubera ko gatuwe n’Abatutsi. Tugomba kurandura iyo ngengabitekerezo y’irondabwoko, tukimakaza ubwiyunge.”

Alain Destexhe arongera aramubaza ati “Kuki mwafashe Goma na Bukavu?” Makenga amusubiza agira ati “Ntabwo byari mu ntego zacu, ariko i Goma ni ho FARDC n’abandi barwanyi bayifasha bakoreshaga bagaba ibitero ku birindiro byacu no ku baturage b’abasivile bo mu bice tugenzura. Ntabwo twari gukomeza kubyihanganira. Ubundi rero FARDC n’abasirikare b’u Burundi bisuganyirije i Bukavu ubundi bakajya bakira ibikoresho ku Kibuga cy’Indege cya Kavumu. Byatumye dufata Bukavu kugira ngo dukureho izo mpungenge. FARDC bakomeje kutugabaho ibitero na za Drone muri Kisangani.”

Abajijwe ukuntu umutwe abereye Umugaba Mukuru w’Ingabo ubasha kubona intsinzi imbere y’igisirikare gikomeye gifite abasirikare benshi n’ubushobozi, General Makenga, yabanje guceceka, arangije agira ati “Dufite impamvu turwanira kandi igisirikare cyacu gifite intego, ikindi cyiyongereyeho, ntayandi mahitamo dufite: ni intsinzi cyangwa se twe tukazimira. Abo duhanganye bo ntibari muri ibyo bihe. Kandi binatandukanye na FARDC, abasirikare bacu ntibahembwa. Barwanira intego no gukunda Igihugu.”

Yanabajijwe kandi ku bijyanye n’ibyatangajwe na Guverinoma ya Angola ko ubutegetsi bwa Congo bwemeye kuganira n’uyu mutwe, avuga ko M23 yo kuva cyera yiteguye ibiganiro. Igisubizo kuri iyi ngingo kiratambuka mu yindi nkuru inyuzwa kuri uru rubuga.

General Makenga ubwo yaganiraga n’uyu munyapolitiki yanyuzagamo akamwenyura

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mugisha Marc Arstude says:
    1 year ago

    Ariko njye ndumva niba koko repubulika iharanira demukarasi ya kongo idashaka,kandi ishidikanya ibiganiro nibakomeze bahagarare kukuri kwabo kuko ntampuhwe isi ifitiye abantu cyaneko uba usanga amahanga niyo ahagaritse intambara bazimurira muri afurika ubwo rero cunga sana

    Reply

Leave a Reply to Mugisha Marc Arstude Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Hasabwe isubikwa ry’igitaramo cy’umuhanzi mpuzamahanga ukomoka muri Congo giteganyijwe ku munsi w’itangira ry’icyunamo

Next Post

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Related Posts

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

by radiotv10
24/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye byumwihariko umutwe wa Wazalendo rwagabye ibitero muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu...

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

by radiotv10
24/03/2026
0

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia, wazamutse ugera ku bantu 66, mu gihe abakomeretse ari 57. Iyi mpanuka y’indege...

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

Uwabaye muri Guverinoma ya Kenya yafungiwe guca igikuba

by radiotv10
24/03/2026
0

Raphael Tuju wahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Kenya, yatawe muri yombi nyuma y’umunsi umwe bivugwa ko yaburiwe...

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya...

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

by radiotv10
23/03/2026
0

Iran yatangaje ko yiteguye kugaba ibitero bikomeye ku bikorwaremezo by’amashanyarazi bya Israel, no ku bigo bitanga amashanyarazi ku birindiro bya...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura
MU RWANDA

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

by radiotv10
25/03/2026
0

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

25/03/2026
Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

25/03/2026
Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

Rwanda Clarified on the incident that occurred at the hotel in Washington where Tshisekedi’s wife is staying

25/03/2026
Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda riyobowe na Maj.Gen.Karusisi riri muri Tanzania mu biganiro n’iry’igisirikare cya Tanzania

25/03/2026
Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

Babiri barimo umugore bakekwaho kwica abo bashakanye babyemereye mu ruhame banabitangaho ibisobanuro

25/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

DRCongo: Hatangajwe aho Ingabo za MONUSCO zigiye gukomereza akazi n’impinduka zigiye kugaragaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma y’urupfu rw’umusore wigaga muri Kaminuza n’umukobwa wari waje kumusura

Hatanzwe umucyo ku kibazo cyatumye hazamurwa ibihuha byashinjwaga u Rwanda ku mugore wa Tshisekedi

Ibanga ry’Akarere ka Gisagara kamaze kuza mu myanya itanu ya mbere mu nshuro eshatu zikurikiranya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.