Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku bayobozi bashya bahawe imyanya mu nzego nkuru zirimo Perezidansi

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku bayobozi bashya bahawe imyanya mu nzego nkuru zirimo Perezidansi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Perezidansi ya Repubulika, ari we Gatera Frank wari uherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

Aba bayobozi bashya bashyizweho, basohotse mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024.

Ni abayobozi icyenda, barimo Frank Gatera wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Perezida ya Repubulika.

Frank Gatera wagizwe PS muri Minisiteri ya Perezidansi, ni umwe mu Bajyanama babiri baherutse gutorwa kwinjira mu Nama Njyanama y’Akarere ka Gasabo, aho yatorewe rimwe na Baguma Rose, mu matora yabaye muri Kanama 2024.

Nanone kandi Dr. Yvonne Umulisa yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Sena y’u Rwanda.

Dr. Yvonne Umulisa yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, akaba yaranagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda.

Yabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yari Minisiteri y’Ishoramari rya Leta, ndetse akaba yarabanaye Umusesenguzi wa Politiki y’Ubukungu n’Imari muri Sena.

Dr Yvonne Umulisa yasimbuwe na Michelle Byusa ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Undi wahawe umwanya, ni Irene Murerwa wagizwe Umuyobozi Ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, asimbura Michaella Rugwizangoga.

Irene Murerwa yagize imyanya inyuranye, nko kuba yarabaye Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi mu ishami ry’Ubwishingizi bwa Banki ya Kigali, akaba yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ivuriro Polyclinique du Plateau.

Mu bandi bahawe imyanya, ni Jules Ndenga wagizwe Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu ndege (ATL- Aviation Tourism Logistics), umwanya n’ubundi yakoraga by’agateganyo.

Naho Eva Nishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Sosiyete ishinzwe imirimo rusange ku Bibuga by’Indege, nyuma yuko yari asanzwe ari Umukozi ushinzwe iby’ibibuga by’Indege muri ATL.

Isabelle Mugwaneza, we yagizwe Umujyanama Wihariye muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Abandi bahawe inshingano, ni Marie Mediatrice Umubyeyi wagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore.

Naho Brave Ngabo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko.

Ngabo usanzwe ari Umuyobozi Mukuru akaba yaranashinze ikigo Your Well-being Center, yanakoze imirimo mu bigo binyuranye nko mu kigo cy’ubwishingizi cya Old Mutual Insurance Rwanda, akaba yaranakoze muri IBUKA.

Gatera Frank na Rose bari baherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama ya Gasabo
Yari yarahiye
Yvonne Umulisa yagizwe wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Sena
Michelle Byusa yagizwe PS mu Biro bya Minisitiri w’Intebe
Madamu Irene Murerwa yagizwe Chief Tourism Officer muri RDB
Jules Ndenga yagizwe umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ishinzwe gutwara Abantu n’Ibintu mu ndege (ATL)
Madamu Eva Nishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Sosiyete ishinzwe Imirimo Rusange ku kibuga cy’Indege (RAC)

Brave Ngabo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 2 =

Previous Post

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Next Post

Amakuru mashya ku gatsiko k’abakurikiranyweho ubujura bw’imodoka baherutse kwerekanwa

Related Posts

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

by radiotv10
21/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze guta muri yombi abanyamahanga babiri bagaragaye mu rugomo mu Mujyi wa Kigali, bahohotera umumotari,...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urweho ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

by radiotv10
21/11/2025
0

Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Nyamagabe, bari gukorwaho iperereza ridasanzwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yuko igenzura ritahuye...

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani basuye Urwuri rw’Umukuru w’Igihugu, anamugabira Inka z’inyambo,...

IZIHERUKA

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda
MU RWANDA

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

Uko byagenze ngo inzego zinjire mu iperereza ryihariye ku Bayobozi bamwe muri Nyamagabe n’ibyo bakekwaho

21/11/2025
Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

21/11/2025
Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Amakuru mashya ku gatsiko k'abakurikiranyweho ubujura bw'imodoka baherutse kwerekanwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Agezweho ku banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali nyuma yuko Polisi ibyinjiyemo

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.