Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku bayobozi bashya bahawe imyanya mu nzego nkuru zirimo Perezidansi

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku bayobozi bashya bahawe imyanya mu nzego nkuru zirimo Perezidansi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Perezidansi ya Repubulika, ari we Gatera Frank wari uherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

Aba bayobozi bashya bashyizweho, basohotse mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024.

Ni abayobozi icyenda, barimo Frank Gatera wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Perezida ya Repubulika.

Frank Gatera wagizwe PS muri Minisiteri ya Perezidansi, ni umwe mu Bajyanama babiri baherutse gutorwa kwinjira mu Nama Njyanama y’Akarere ka Gasabo, aho yatorewe rimwe na Baguma Rose, mu matora yabaye muri Kanama 2024.

Nanone kandi Dr. Yvonne Umulisa yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Sena y’u Rwanda.

Dr. Yvonne Umulisa yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, akaba yaranagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda.

Yabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yari Minisiteri y’Ishoramari rya Leta, ndetse akaba yarabanaye Umusesenguzi wa Politiki y’Ubukungu n’Imari muri Sena.

Dr Yvonne Umulisa yasimbuwe na Michelle Byusa ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Undi wahawe umwanya, ni Irene Murerwa wagizwe Umuyobozi Ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, asimbura Michaella Rugwizangoga.

Irene Murerwa yagize imyanya inyuranye, nko kuba yarabaye Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi mu ishami ry’Ubwishingizi bwa Banki ya Kigali, akaba yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ivuriro Polyclinique du Plateau.

Mu bandi bahawe imyanya, ni Jules Ndenga wagizwe Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu ndege (ATL- Aviation Tourism Logistics), umwanya n’ubundi yakoraga by’agateganyo.

Naho Eva Nishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Sosiyete ishinzwe imirimo rusange ku Bibuga by’Indege, nyuma yuko yari asanzwe ari Umukozi ushinzwe iby’ibibuga by’Indege muri ATL.

Isabelle Mugwaneza, we yagizwe Umujyanama Wihariye muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Abandi bahawe inshingano, ni Marie Mediatrice Umubyeyi wagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore.

Naho Brave Ngabo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko.

Ngabo usanzwe ari Umuyobozi Mukuru akaba yaranashinze ikigo Your Well-being Center, yanakoze imirimo mu bigo binyuranye nko mu kigo cy’ubwishingizi cya Old Mutual Insurance Rwanda, akaba yaranakoze muri IBUKA.

Gatera Frank na Rose bari baherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama ya Gasabo
Yari yarahiye
Yvonne Umulisa yagizwe wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Sena
Michelle Byusa yagizwe PS mu Biro bya Minisitiri w’Intebe
Madamu Irene Murerwa yagizwe Chief Tourism Officer muri RDB
Jules Ndenga yagizwe umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ishinzwe gutwara Abantu n’Ibintu mu ndege (ATL)
Madamu Eva Nishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Sosiyete ishinzwe Imirimo Rusange ku kibuga cy’Indege (RAC)

Brave Ngabo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 4 =

Previous Post

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Next Post

Amakuru mashya ku gatsiko k’abakurikiranyweho ubujura bw’imodoka baherutse kwerekanwa

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya
FOOTBALL

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

by radiotv10
28/11/2025
0

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Amakuru mashya ku gatsiko k'abakurikiranyweho ubujura bw'imodoka baherutse kwerekanwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.