Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku bayobozi bashya bahawe imyanya mu nzego nkuru zirimo Perezidansi

radiotv10by radiotv10
01/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku bayobozi bashya bahawe imyanya mu nzego nkuru zirimo Perezidansi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Perezidansi ya Repubulika, ari we Gatera Frank wari uherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama y’Umujyi wa Kigali.

Aba bayobozi bashya bashyizweho, basohotse mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nzeri 2024.

Ni abayobozi icyenda, barimo Frank Gatera wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Perezida ya Repubulika.

Frank Gatera wagizwe PS muri Minisiteri ya Perezidansi, ni umwe mu Bajyanama babiri baherutse gutorwa kwinjira mu Nama Njyanama y’Akarere ka Gasabo, aho yatorewe rimwe na Baguma Rose, mu matora yabaye muri Kanama 2024.

Nanone kandi Dr. Yvonne Umulisa yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa Sena y’u Rwanda.

Dr. Yvonne Umulisa yari asanzwe ari Umunyamabanga Uhoraho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, akaba yaranagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda.

Yabaye Umunyamabanga Uhoraho mu yari Minisiteri y’Ishoramari rya Leta, ndetse akaba yarabanaye Umusesenguzi wa Politiki y’Ubukungu n’Imari muri Sena.

Dr Yvonne Umulisa yasimbuwe na Michelle Byusa ku mwanya w’Umunyamabanga Uhoraho mu Biro bya Minisitiri w’Intebe.

Undi wahawe umwanya, ni Irene Murerwa wagizwe Umuyobozi Ushinzwe Ubukerarugendo mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB, asimbura Michaella Rugwizangoga.

Irene Murerwa yagize imyanya inyuranye, nko kuba yarabaye Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi mu ishami ry’Ubwishingizi bwa Banki ya Kigali, akaba yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ivuriro Polyclinique du Plateau.

Mu bandi bahawe imyanya, ni Jules Ndenga wagizwe Umuyobozi wa Sosiyete ishinzwe gutwara abantu n’ibintu mu ndege (ATL- Aviation Tourism Logistics), umwanya n’ubundi yakoraga by’agateganyo.

Naho Eva Nishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Sosiyete ishinzwe imirimo rusange ku Bibuga by’Indege, nyuma yuko yari asanzwe ari Umukozi ushinzwe iby’ibibuga by’Indege muri ATL.

Isabelle Mugwaneza, we yagizwe Umujyanama Wihariye muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

Abandi bahawe inshingano, ni Marie Mediatrice Umubyeyi wagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore.

Naho Brave Ngabo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko.

Ngabo usanzwe ari Umuyobozi Mukuru akaba yaranashinze ikigo Your Well-being Center, yanakoze imirimo mu bigo binyuranye nko mu kigo cy’ubwishingizi cya Old Mutual Insurance Rwanda, akaba yaranakoze muri IBUKA.

Gatera Frank na Rose bari baherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama ya Gasabo
Yari yarahiye
Yvonne Umulisa yagizwe wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Sena
Michelle Byusa yagizwe PS mu Biro bya Minisitiri w’Intebe
Madamu Irene Murerwa yagizwe Chief Tourism Officer muri RDB
Jules Ndenga yagizwe umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ishinzwe gutwara Abantu n’Ibintu mu ndege (ATL)
Madamu Eva Nishimwe yagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Sosiyete ishinzwe Imirimo Rusange ku kibuga cy’Indege (RAC)

Brave Ngabo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Urubyiruko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − twelve =

Previous Post

Undi muntu yitabye Imana azize Marburg mu Rwanda n’abayanduye bariiyongereye

Next Post

Amakuru mashya ku gatsiko k’abakurikiranyweho ubujura bw’imodoka baherutse kwerekanwa

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Amakuru mashya ku gatsiko k'abakurikiranyweho ubujura bw'imodoka baherutse kwerekanwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.