Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hasohotse itegeko rihirunda irishyiraho kandi rigatunganya ibigenerwa abagore mu kiruhuko cyo kubyara cyavuye ku byumweri 12 kikagera kuri 14, Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB), rwagaragaje uko hazajya hatangwa imishahara y’aba babyeyi.

Iri tegeko N°49/2024 ryo ku wa 04/06/2024 rihindura Itegeko N°003/2016 ryo ku wa 30/03/2016, ryasohotse mu Igazeti ya Leta nimero idasanzwe yo ku wa 11/06/2024, rikaba ririmo impinduka z’ ingenzi zikurikira, zirimo uku kwiyongera kw’ikiruhuko cy’ababyeyi cyavuye ku byumweru 12 bikaba 14.

RSSB yagagaragaje uko imishahara y’abari muri iki kiruhuko izajya itangwa, aho “Umukoresha azajya yishyura umugore wabyaye umushahara w’ibyumweru bitandatu bya mbere nk’uko bisanzwe, mu gihe ibindi byumweru 8 bizajya byishyurwa n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda.”

RSSB ikomeza igira iti “Kugira ngo umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara yishyurwe mu buryo bworoshye, umukoresha

azajya amuha umushahara wose w’ibyumweru 14, harimo n’ibyumweru umunani wishyurwa n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, hanyuma umukoresha asabe Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda gusubizwa uwo mushahara yishyuye w’ibyumweru umunani.”

Igihe cyo gusaba gusubizwa umushahara wishyuwe umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara cyavuye ku mezi atatu gishyirwa ku mezi atandatu abarwa uhereye igihe umugore yarangirije ikiruhuko cyo kubyara.

Ikindi cy’ingenzi kigaragara muri iri tegeko rishya ni uko ryatangiye gukurikizwa ku munsi ryatangarijweho mu gazeti ya Leta ariko agaciro karyo kagahera ku wa 02/08/2023 kugira ngo abakoresha bahaye abagore ikiruhuko cyo kubyara cy’ibyumweru 14 bashingiye ku Iteka rya Minisitiri n°02/MIFOTRA/23 ryo kuwa 01/08/2023, ariko bakaba barasubijwe gusa amafaranga y’ibyumweru bitandatu, bashobore gusubizwa amafaranga y’ibyumweru bibiri by’inyongera batahawe.

RSSB ikongera iti “Urwego rw’Ubwiteganize mu Rwanda rukaba rusaba buri mukoresha watanze ikiruhuko cy’ibyumweru 14 kurugezaho ubusabe bwo gusubizwa amafaranga yatanze ku mukozi we, agatanga kandi icyemezo kigaragaza ko umukozi yafashe icyo kiruhuko giherekejwe n’impapuro z’imishahara yahembeweho muri icyo gihe.”

RSSB kandi yaboneyeho kumenyesha abakoresha bose ko kuva tariki 08 Nyakanga 2024, gusaba gusubizwa umushahara wahembwe umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara bikorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, aho hari urubuga banyuraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 7 =

Previous Post

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Next Post

Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.