Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku mushahara w’umubyeyi uri mu kiruhuko cyo kubyara kiyongereye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hasohotse itegeko rihirunda irishyiraho kandi rigatunganya ibigenerwa abagore mu kiruhuko cyo kubyara cyavuye ku byumweri 12 kikagera kuri 14, Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB), rwagaragaje uko hazajya hatangwa imishahara y’aba babyeyi.

Iri tegeko N°49/2024 ryo ku wa 04/06/2024 rihindura Itegeko N°003/2016 ryo ku wa 30/03/2016, ryasohotse mu Igazeti ya Leta nimero idasanzwe yo ku wa 11/06/2024, rikaba ririmo impinduka z’ ingenzi zikurikira, zirimo uku kwiyongera kw’ikiruhuko cy’ababyeyi cyavuye ku byumweru 12 bikaba 14.

RSSB yagagaragaje uko imishahara y’abari muri iki kiruhuko izajya itangwa, aho “Umukoresha azajya yishyura umugore wabyaye umushahara w’ibyumweru bitandatu bya mbere nk’uko bisanzwe, mu gihe ibindi byumweru 8 bizajya byishyurwa n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda.”

RSSB ikomeza igira iti “Kugira ngo umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara yishyurwe mu buryo bworoshye, umukoresha

azajya amuha umushahara wose w’ibyumweru 14, harimo n’ibyumweru umunani wishyurwa n’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, hanyuma umukoresha asabe Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda gusubizwa uwo mushahara yishyuye w’ibyumweru umunani.”

Igihe cyo gusaba gusubizwa umushahara wishyuwe umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara cyavuye ku mezi atatu gishyirwa ku mezi atandatu abarwa uhereye igihe umugore yarangirije ikiruhuko cyo kubyara.

Ikindi cy’ingenzi kigaragara muri iri tegeko rishya ni uko ryatangiye gukurikizwa ku munsi ryatangarijweho mu gazeti ya Leta ariko agaciro karyo kagahera ku wa 02/08/2023 kugira ngo abakoresha bahaye abagore ikiruhuko cyo kubyara cy’ibyumweru 14 bashingiye ku Iteka rya Minisitiri n°02/MIFOTRA/23 ryo kuwa 01/08/2023, ariko bakaba barasubijwe gusa amafaranga y’ibyumweru bitandatu, bashobore gusubizwa amafaranga y’ibyumweru bibiri by’inyongera batahawe.

RSSB ikongera iti “Urwego rw’Ubwiteganize mu Rwanda rukaba rusaba buri mukoresha watanze ikiruhuko cy’ibyumweru 14 kurugezaho ubusabe bwo gusubizwa amafaranga yatanze ku mukozi we, agatanga kandi icyemezo kigaragaza ko umukozi yafashe icyo kiruhuko giherekejwe n’impapuro z’imishahara yahembeweho muri icyo gihe.”

RSSB kandi yaboneyeho kumenyesha abakoresha bose ko kuva tariki 08 Nyakanga 2024, gusaba gusubizwa umushahara wahembwe umugore uri mu kiruhuko cyo kubyara bikorwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, aho hari urubuga banyuraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 7 =

Previous Post

Hari abakiriye 3.000.000Frw: Abatse inyemezabwishyu za EBM batangiye kumwenyura

Next Post

Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Handball: Hatangajwe icyemezo nyuma y’imyitwarire itarashimwe yagaragajwe n’imwe mu makipe akomeye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.