Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika

radiotv10by radiotv10
29/05/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Iby’ingenzi wamenya ku muyobozi w’ishuri watanze kandidatire ku mwanya wa Perezida wa Repubulika
Share on FacebookShare on Twitter

Habimana Thomas usanzwe ari umuyobozi w’ikigo cy’ishuri cyo mu Karere ka Rubavu, na we yatanze kandidatire kugira ngo azahatane mu matora y’Umukuru w’Igihugu, avuga ko politiki amaze kuyigiramo ubunaribonye ngo kuko kuyobora ishuri nabyo bisaba kuba umunyapolitiki.

Habimana Thomas yatanze kandidatire ye kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, yakiriwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Hon. Oda Gasinzigwa.

Asanzwe ari Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri cy’Imyuga n’Ubumenyingiro cya Hope Technical Secondary School cyo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.

Habimana wifuza kuba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, avuga ko mbere yo kuba umuyobozi w’Ishuri, yakoze mu burezi mu gihe cy’imyaka icumi, none ubu akaba yifuza kuba yahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Avuga ko kimwe mu byamuteye inyota yo kumva yahatanira uyu mwanya, ari ukuba yarabyirutse abona iterambere rigenda rigerwaho n’Igihugu, akaba yumva yifuza na we gutanga umusanzu mu gukomeza kugiteza imbere.

Yakuze yiyumvamo politiki, ategereza ko ageza ku myaka 35 kugira ngo ahatanire kuba yaba Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.

Ati “Urugendo rwanjye rwa politiki ni ubuzima bwa buri munsi, kuko ntabwo wayobora ikigo cy’Ishuri utari umunyapolitiki, rero ubuzima bwanjye bwa buri munsi mbaho nk’umunyapolitiki ukunda igihugu cye kandi wifuza kubona Igihugu cye gikomeza gutera imbere.”

Abajijwe ishingiro ry’icyizere afite ko aramutse yemerewe kwiyamamaza yazatorwa, Habimana yavuze ko “kuba nshobora gutanga kandidatire umuntu wangize uwo ndiwe akiri mu bakandida uyu munsi, ni iby’agaciro rero kugira ngo nanjye mpamye ko imbaraga, ubushake; Guverinoma y’u Rwanda yashyizemo kugira ngo Igihugu cyacu gitere imbere, uyu ni umwe mu misaruro.”

Habimana uvuga ko yabonye umwanya akwiye guhatanira ari uyu w’Umukuru w’Igihugu, yavuze ko ari umwanya ufite icyo usobanuye gishobora kugirira benshi akamaro igihe yaramuka agiriwe icyizere, ariko ko naramuka atanakigiriwe, bitazamuca intege kuko akiri muto, ku buryo yazaniyamamaza mu bihe biri imbere.

Habimana wifuza kuzahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − six =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu hagiye kugabanywa ingendo z’abayobozi b’inzego zo mu Rwanda bajya mu nama

Next Post

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Perezida Kagame yatanzweho urugero mu nama Nyafurika ibera muri Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.