Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gutanga urukingo rw’icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 12 byari bizwi ko nta muti nta n’urukingo. Ni urukingo rwatangiye gukoreshwa muri 2018 muri Leta Zunze Ubumwe za America. Menya igihe uwaruhawe atangirira kugira ubudahangarwa, n’andi makuru kuri uru rukingo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yakoresheje imbaraga nyinshi kugira ngo haboneke izi nkingo zatangiye gutangwa.

Ni inkingo zabonetse ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo cyAbanyamerika ‘Sabin Vaccine Institute’ gifite ubunararibonye mu gukora inkingo.

Izi nkingo zatangiye gutangwa mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024, nyuma y’amasaha macye zigeze mu Rwanda, kuko zahageze ku wa Gatandatu tariki 05 Ukwakira.

Dr. Butera avuga ko izi nkingo zatangiye guhabwa abakora mu rwego rw’ubuzima, byumwihariko mu mashami afite ibyago byo kuba bakwandura.

Ati “Abantu bajya ahantu havurirwa indembe cyangwa ahasuzumirwa abajya kwa muganga, ndetse n’ababitaho mu kubafata no kubajyana kwa muganga n’abandi, abo ni bo twahereyeho, ariko bizanakomeza n’ibindi byiciro.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE avuga ko nubwo iki gikorwa cyatangiriye kuri iki cyiciro, ariko kizanakomereza ku bandi bo mu rwego rw’ubuzima.

Dr. Yvan Butera avuga ko iki gikorwa cyatangiriye ahantu hatandatu ariko ko kizanakorwa mu buryo bwo gusangisha abantu inkingo aho bakorera (Mobile Clinic).

Izi nkingo ziri gutangwa mu Rwanda, zatangiye gukoreshwa muri 2018 muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse abakingiwe bose zikaba zitarabagizeho ingaruka.

Dr. Butera ati “Ndetse n’ejobundi umwaka ushize mu Gihugu cya Kenya na Uganda, bakaba barakingiye byaragenze neza, rero tukaba tubona yuko nta mbogamizi zizagaragara. Tukaba dushishikariza abantu kwitabira gahunda zose tuba tubagezaho harimo n’iyi yo gutanga inkingo, kuko cyane cyane muri izi ndwara z’ibyorezo zandura, gahunda yo gukingira igira uruhare rukomeye mu kurinda abantu ko Marburg yabagiraho ingaruka ariko no kwirinda ko ikwirakwira ryayo ryakomeza.”

Kuva uru rukingo rwatangira gutangwa muri 2018, hatangwa doze imwe kandi igatuma uwaruhawe agira ubudahangarwa bushikamye bwo kuba atagirwaho ingaruka n’iyi ndwara ya Marburg.

Dr. Butera ati “Ubushakashatsi bwakozwe icyo gihe bugaragaza ko Doze imwe nyuma y’iminsi itatu ubudahangarwa bw’umuntu buba bwatangiye kwiyubaka ku kigero kigera kuri 70% noneho nyuma y’icyumweru ubudahangarwa bwe buba bumaze kugera hafi kuri 95% na 96%. Doze imwe irahagije kugira ngo ikurinde.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE avuga ko kuva izi nkingo zatangira gutangwa, nta muntu n’umwe ziragiraho ingaruka ku buryo nta n’ikindi kibazo na kimwe rutera.

Dr. Butera yizeza ko izi nkingo nta ngaruka na nke zigira ku mubiri w’umuntu
Abatangiriweho iyi gahunda ni abakora mu rwego rw’ubuvuzi
Dr. Yvan Butera yayoboye itangizwa ryo gutanga izi nkingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 6 =

Previous Post

MTN Rwandacell Unveils Modern Kitchen at GS Bukure

Next Post

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.