Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gutanga urukingo rw’icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 12 byari bizwi ko nta muti nta n’urukingo. Ni urukingo rwatangiye gukoreshwa muri 2018 muri Leta Zunze Ubumwe za America. Menya igihe uwaruhawe atangirira kugira ubudahangarwa, n’andi makuru kuri uru rukingo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yakoresheje imbaraga nyinshi kugira ngo haboneke izi nkingo zatangiye gutangwa.

Ni inkingo zabonetse ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo cyAbanyamerika ‘Sabin Vaccine Institute’ gifite ubunararibonye mu gukora inkingo.

Izi nkingo zatangiye gutangwa mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024, nyuma y’amasaha macye zigeze mu Rwanda, kuko zahageze ku wa Gatandatu tariki 05 Ukwakira.

Dr. Butera avuga ko izi nkingo zatangiye guhabwa abakora mu rwego rw’ubuzima, byumwihariko mu mashami afite ibyago byo kuba bakwandura.

Ati “Abantu bajya ahantu havurirwa indembe cyangwa ahasuzumirwa abajya kwa muganga, ndetse n’ababitaho mu kubafata no kubajyana kwa muganga n’abandi, abo ni bo twahereyeho, ariko bizanakomeza n’ibindi byiciro.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE avuga ko nubwo iki gikorwa cyatangiriye kuri iki cyiciro, ariko kizanakomereza ku bandi bo mu rwego rw’ubuzima.

Dr. Yvan Butera avuga ko iki gikorwa cyatangiriye ahantu hatandatu ariko ko kizanakorwa mu buryo bwo gusangisha abantu inkingo aho bakorera (Mobile Clinic).

Izi nkingo ziri gutangwa mu Rwanda, zatangiye gukoreshwa muri 2018 muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse abakingiwe bose zikaba zitarabagizeho ingaruka.

Dr. Butera ati “Ndetse n’ejobundi umwaka ushize mu Gihugu cya Kenya na Uganda, bakaba barakingiye byaragenze neza, rero tukaba tubona yuko nta mbogamizi zizagaragara. Tukaba dushishikariza abantu kwitabira gahunda zose tuba tubagezaho harimo n’iyi yo gutanga inkingo, kuko cyane cyane muri izi ndwara z’ibyorezo zandura, gahunda yo gukingira igira uruhare rukomeye mu kurinda abantu ko Marburg yabagiraho ingaruka ariko no kwirinda ko ikwirakwira ryayo ryakomeza.”

Kuva uru rukingo rwatangira gutangwa muri 2018, hatangwa doze imwe kandi igatuma uwaruhawe agira ubudahangarwa bushikamye bwo kuba atagirwaho ingaruka n’iyi ndwara ya Marburg.

Dr. Butera ati “Ubushakashatsi bwakozwe icyo gihe bugaragaza ko Doze imwe nyuma y’iminsi itatu ubudahangarwa bw’umuntu buba bwatangiye kwiyubaka ku kigero kigera kuri 70% noneho nyuma y’icyumweru ubudahangarwa bwe buba bumaze kugera hafi kuri 95% na 96%. Doze imwe irahagije kugira ngo ikurinde.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE avuga ko kuva izi nkingo zatangira gutangwa, nta muntu n’umwe ziragiraho ingaruka ku buryo nta n’ikindi kibazo na kimwe rutera.

Dr. Butera yizeza ko izi nkingo nta ngaruka na nke zigira ku mubiri w’umuntu
Abatangiriweho iyi gahunda ni abakora mu rwego rw’ubuvuzi
Dr. Yvan Butera yayoboye itangizwa ryo gutanga izi nkingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

MTN Rwandacell Unveils Modern Kitchen at GS Bukure

Next Post

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.