Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku nkingo za Marburg zatangiye gutangwa mu Rwanda n’uburyo zabonetse
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gutanga urukingo rw’icyorezo cya Marburg kimaze guhitana abantu 12 byari bizwi ko nta muti nta n’urukingo. Ni urukingo rwatangiye gukoreshwa muri 2018 muri Leta Zunze Ubumwe za America. Menya igihe uwaruhawe atangirira kugira ubudahangarwa, n’andi makuru kuri uru rukingo.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Yvan Butera avuga ko Guverinoma y’u Rwanda yakoresheje imbaraga nyinshi kugira ngo haboneke izi nkingo zatangiye gutangwa.

Ni inkingo zabonetse ku bufatanye bwa Guverinoma y’u Rwanda n’Ikigo cyAbanyamerika ‘Sabin Vaccine Institute’ gifite ubunararibonye mu gukora inkingo.

Izi nkingo zatangiye gutangwa mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 06 Ukwakira 2024, nyuma y’amasaha macye zigeze mu Rwanda, kuko zahageze ku wa Gatandatu tariki 05 Ukwakira.

Dr. Butera avuga ko izi nkingo zatangiye guhabwa abakora mu rwego rw’ubuzima, byumwihariko mu mashami afite ibyago byo kuba bakwandura.

Ati “Abantu bajya ahantu havurirwa indembe cyangwa ahasuzumirwa abajya kwa muganga, ndetse n’ababitaho mu kubafata no kubajyana kwa muganga n’abandi, abo ni bo twahereyeho, ariko bizanakomeza n’ibindi byiciro.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE avuga ko nubwo iki gikorwa cyatangiriye kuri iki cyiciro, ariko kizanakomereza ku bandi bo mu rwego rw’ubuzima.

Dr. Yvan Butera avuga ko iki gikorwa cyatangiriye ahantu hatandatu ariko ko kizanakorwa mu buryo bwo gusangisha abantu inkingo aho bakorera (Mobile Clinic).

Izi nkingo ziri gutangwa mu Rwanda, zatangiye gukoreshwa muri 2018 muri Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse abakingiwe bose zikaba zitarabagizeho ingaruka.

Dr. Butera ati “Ndetse n’ejobundi umwaka ushize mu Gihugu cya Kenya na Uganda, bakaba barakingiye byaragenze neza, rero tukaba tubona yuko nta mbogamizi zizagaragara. Tukaba dushishikariza abantu kwitabira gahunda zose tuba tubagezaho harimo n’iyi yo gutanga inkingo, kuko cyane cyane muri izi ndwara z’ibyorezo zandura, gahunda yo gukingira igira uruhare rukomeye mu kurinda abantu ko Marburg yabagiraho ingaruka ariko no kwirinda ko ikwirakwira ryayo ryakomeza.”

Kuva uru rukingo rwatangira gutangwa muri 2018, hatangwa doze imwe kandi igatuma uwaruhawe agira ubudahangarwa bushikamye bwo kuba atagirwaho ingaruka n’iyi ndwara ya Marburg.

Dr. Butera ati “Ubushakashatsi bwakozwe icyo gihe bugaragaza ko Doze imwe nyuma y’iminsi itatu ubudahangarwa bw’umuntu buba bwatangiye kwiyubaka ku kigero kigera kuri 70% noneho nyuma y’icyumweru ubudahangarwa bwe buba bumaze kugera hafi kuri 95% na 96%. Doze imwe irahagije kugira ngo ikurinde.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE avuga ko kuva izi nkingo zatangira gutangwa, nta muntu n’umwe ziragiraho ingaruka ku buryo nta n’ikindi kibazo na kimwe rutera.

Dr. Butera yizeza ko izi nkingo nta ngaruka na nke zigira ku mubiri w’umuntu
Abatangiriweho iyi gahunda ni abakora mu rwego rw’ubuvuzi
Dr. Yvan Butera yayoboye itangizwa ryo gutanga izi nkingo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + one =

Previous Post

MTN Rwandacell Unveils Modern Kitchen at GS Bukure

Next Post

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Umwaka uruzuye Isi yadutsemo intambara yahagurikije Ibihugu: Haratagwa ubuhe butumwa?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.