• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in MU RWANDA
0
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w’umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo iminsi ibiri, bagakeka ko yaba yarishwe akaza kujugunywamo n’abantu bataramenyekana.

Uyu murambo wabonetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mu Mudugudu wa Kirwa mu Kagari ka Mushirarungu muri uyu Murenge wa Rwabicuma.

Uru rupfu rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere ubwo abaturage bafataga umwanzuro wo gukingura inzu bari bamaze iminsi bumvamo umunuko udasanzwe kandi yararimo ifungishije ingufuri.

Nyirangendahimana yagize ati “Iyi nzu twari tuzi ko itakibamo abantu kuko yahoraga ikinze kuva mu ntangiriro z’uku kwezi, uwahabaga yaragiye. Tumaze iminsi twumva umunuko bikatuyobera, none dusanze harimo umurambo. Turasaba ko hamenyekana uwabikoze niba koko uyu muntu yarishwe.”

Undi muturage witwa Hategekimana na we ati “Birababaje kubona umuntu apfa gutya ntihamenyekane icyabaye. Twabonye inzu ikinze, tukumva umunuko ariko ntitwari tuzi ko harimo umuntu. Turifuza ko iperereza rikomeye ryakorwa, uwabigizemo uruhare akamenyekana.”

Mukandayisenga Consolee yagize ati “Kuba umuntu apfa akajugunywa muri iyi nzu ntitugomba kubifata nk’ibisanzwe. Abashinzwe umutekano nibadufashe hamenyekane ukuri.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi, yemeje iby’uru rupfu, avuga ko hamaze gutangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu.

Yagize ati “Amakuru yamenyekanye, Polisi na RIB bahageze, hari gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu. Umurambo wahise ujyanwa mu bitaro bya Nyanza kugira ngo hakorwe isuzuma rizagaragaza icyamwishe.”

Abaturage bo mu Murenge wa Rwabicuma barasaba inzego z’umutekano ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hagaragazwe ababa baragize uruhare mu rupfu rwa nyakwigendera, bakavuga ko uyu nyakwigendera batari bamuzi. Gusa Polisi y’u Rwanda ivuga ko amakuru bahawe na ny’iri nzu agaragaza ko uyu nyakwigendera avuka mu karere ka Nyamagabe.

Abaturage baguye mu kantu
Bakeka ko nyakwigendera yaba yarishwe bakaza kumujugunya muri iriya nzu

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + eleven =

Previous Post

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Next Post

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

BREAKING: Abarundi barenga 100 bari bahungiye Rwanda batashye iwabo mu Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.