Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora

radiotv10by radiotv10
12/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo bamwe bavuga ko bikwiye kurindwa abana, hari ababyeyi babishima bakagaya ahubwo abatabikora
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bana bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bagaragara mu mirimo bishyurirwa ubundi idakwiye gukorwa n’abana, mu gihe ababyeyi babo bo bavuga ko babishima kuko urubyaro rwabo rubafasha gutunga imiryango, bityo ko ahubwo abatabikora batari bakwiye no kugabuza.

Abana bo mu Tugari dutandukanye muri uyu Murenge wa Kivumu, bavuga ko bajya mu mirimo inyuranye kugira ngo bunganire ababyeyi babo kubona amafunguro yo kubatunga.

Umwe muri aba bana, yagize ati “Ndayabaha bagahaha ibijumba, nyahereza mama cyangwa nkayaha papa.”

Aba bana bavuga ko iyo ababyeyi babo bagize icyo babona, na bo baba bakwiye kubunganira, kugira ngo buri wese arye ariko yagize icyo yinjiza.

Undi mwana ati “Buri wese ni ugushyiraho Magana atanu (500Frw) na papa agashyiraho ibihumbi bibiri (2 000Frw) na mama agashyiraho igihumbi (1 000Frw) ubundi mukabirira hamwe.”

Bamwe mu babyeyi bo muri uyu Murenge ntibahakana ko abana bafatanya n’ababyeyi mu gushakira umuryango ifunguro, ariko bakagaragaza ko biterwa n’ubukene buri muri imwe mu miryango, ndetse bamwe ntibatinye kuvuga ko umwana wunganira ababyeyi mu gutunga urugo, ari we mwana.

Umubyeyi umwe ati “Hari igihe umubyeyi abura imikorere, ariko umwana we akaba ashoboye kugenda.”

Twagirayezu Innocent ati “Bagomba gufatanya ubuzima rero, ni ko bimeze. None se ubundi umwana arayafashe agiye kwirira imigati kandi n’ubundi arataha ashaka kurya? Urumva wowe wabimuha? Waba umuhereza iby’iki? Njye ntabyo namuha.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko ibi bitaba muri aka Karere, ariko ko n’iyo umwana yaba afasha ababyeyi be guhahira urugo, ntakibazo abibonamo.

Ati “Cyaba ari ikibazo umubyeyi aretse inshingano zo gutunga urugo, ariko umwana abyikoreye ku bushake bwe byaba ari byiza kunganira ababyeyi, ariko kugeza iyi saha mu Rwanda rwacu, ndumva nta bihari mu Karere ka Rutsiro.”

Bamwe mu babyeyi bo barabishima

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 8 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya kuri Minisitiri mushya w’Uburezi

Next Post

Kwirinda imibonano ikingiye n’idakingiye n’uwagaragaje ibimenyetso,…: Hasohotse amabwiriza yo kurwanya MPox mu Rwanda

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’ubushita yagaragaye mu Rwanda nyuma y’u Burundi na Congo yagaragaye mu kindi Gihugu

Kwirinda imibonano ikingiye n’idakingiye n'uwagaragaje ibimenyetso,…: Hasohotse amabwiriza yo kurwanya MPox mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.