Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagarutswe ku kibazo cya zimwe mu nzu zisondetse zo mu mudugudu uzwi nk’Urukumbuzi wubatswe n’uzwi ku izina rya Dubai, bamwe mu bari bazituyemo basabwe kuzivamo mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo. Twagezeyo twibonera uko izi nzu zimeze.

Uyu mugudugu uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, wagarutsweho na Perezida Paul Kagame mu mpera z’ukwezi gushize ubwo yavugaga ku kibazo cya zimwe muri izi nzu zari zatangiye gusenyuka byari byatangajwe n’umwe mu baturage wabinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo yaganiraga n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari bari basoje itorero ryiswe ‘Rushingwangerero’, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku burangare bwa bamwe mu bayobozi butuma hakorwa ibikorwa nk’ibi by’inzu zitujuje ubuziranenge, bikaba bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi baba bagize uburangare nk’ubu, ari bo baba bakwiye kubazwa impfu z’abashobora kuburira ubizima bwabo muri ibi bikorwa.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, bamwe mu batuye muri uyu mudugudu, basabwe kuva mu nzu babagamo kuko byagaragaraga ko zishobora kubagwaho. Ni nyuma yuko hakozwe ubugenzuzi kuri izi nzu zose, bagasanga zirindwi muri zo zitujuje ubuziranenge.

Abasabwe kwimuka, ni ababa mu nzu zatangiye kwangirika mu buryo bugaragarira buri wese, ndetse n’abazibamo ubwabo, bakaba bavuga ko bari bafite impungenge ariko ko gusabwa kuzivamo mu buryo butunguranye, byababereye umutwaro.

Aba baturage bavuga ko iki cyemezo bakimenyeshejwe ku wa Gatandatu, basabwa ko batangira kuva muri izi nzu ku munsi ukurikiyeho ku Cyumweru.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Ntabwo byari kutworohera, urumva mu minsi ibiri ntabwo washaka inzu ngo ubashe kuyibona. Icya kabiri hari n’ikibazo cy’amafaranga, urabona turi mu itangira ry’abana.”

Aba baturage barimo ababaga muri izi nzu baraziguze ndetse n’abakodeshaga, bakibaza ikizakurikiraho kikabayobera kuko baguze n’uriya mushoramari uzwi ku izina rya Dubai.

Undi ati “Bavuze ko bazabariha ariko ntabwo batanze igihe, nta gihe batanze bazabahera ayo mafaranga yo kubaka izo nzu, cyangwa se izo nzu zizubakwa mu gihe kingana gute. Bo bavuga ko tuva mu nzu gusa bakazikorera ubugenzuzi bifuza.”

Bavuga ko ubuyobozi bwarangaye kuko izi nzu zimaze kuzura zahawe ibyangombwa byo guturwamo ndetse ko zinafite ubuziranenge.

Undi ati “Bari bahari zubakwa, izi nzu zahawe ibyangombwa ko zigomba guturwamo, zifite ibyangombwa ko zigomba no kugurishwa.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yavuze ko inzu zirindwi ari zo zifite ikibazo muri uyu mudugudu, kandi ko abazibagamo, bazafashwa.

Yagize ati “Biranatwohera harimo n’umuntu wari umupangayi n’ubundi usanga akodesha, kuba yajya gukodesha ahandi ariko tukava mu bihe by’imvura, n’inzu ikaba yasanwa […] hari n’abo Leta yafashe gahunda yo kuba yanabishyurira ubwo bukode bw’ukwezi kumwe, kugira ngo umuntu abe yabona ahandi ajya gukodesha.”

Pudence Rubingisa avuga hari n’inzego ziri gukora iperereza kugira ngo abagize uruhare muri ubu burangare, babiryozwe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi

Next Post

Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Umusaruro w'urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.