Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagarutswe ku kibazo cya zimwe mu nzu zisondetse zo mu mudugudu uzwi nk’Urukumbuzi wubatswe n’uzwi ku izina rya Dubai, bamwe mu bari bazituyemo basabwe kuzivamo mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo. Twagezeyo twibonera uko izi nzu zimeze.

Uyu mugudugu uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, wagarutsweho na Perezida Paul Kagame mu mpera z’ukwezi gushize ubwo yavugaga ku kibazo cya zimwe muri izi nzu zari zatangiye gusenyuka byari byatangajwe n’umwe mu baturage wabinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo yaganiraga n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari bari basoje itorero ryiswe ‘Rushingwangerero’, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku burangare bwa bamwe mu bayobozi butuma hakorwa ibikorwa nk’ibi by’inzu zitujuje ubuziranenge, bikaba bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi baba bagize uburangare nk’ubu, ari bo baba bakwiye kubazwa impfu z’abashobora kuburira ubizima bwabo muri ibi bikorwa.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, bamwe mu batuye muri uyu mudugudu, basabwe kuva mu nzu babagamo kuko byagaragaraga ko zishobora kubagwaho. Ni nyuma yuko hakozwe ubugenzuzi kuri izi nzu zose, bagasanga zirindwi muri zo zitujuje ubuziranenge.

Abasabwe kwimuka, ni ababa mu nzu zatangiye kwangirika mu buryo bugaragarira buri wese, ndetse n’abazibamo ubwabo, bakaba bavuga ko bari bafite impungenge ariko ko gusabwa kuzivamo mu buryo butunguranye, byababereye umutwaro.

Aba baturage bavuga ko iki cyemezo bakimenyeshejwe ku wa Gatandatu, basabwa ko batangira kuva muri izi nzu ku munsi ukurikiyeho ku Cyumweru.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Ntabwo byari kutworohera, urumva mu minsi ibiri ntabwo washaka inzu ngo ubashe kuyibona. Icya kabiri hari n’ikibazo cy’amafaranga, urabona turi mu itangira ry’abana.”

Aba baturage barimo ababaga muri izi nzu baraziguze ndetse n’abakodeshaga, bakibaza ikizakurikiraho kikabayobera kuko baguze n’uriya mushoramari uzwi ku izina rya Dubai.

Undi ati “Bavuze ko bazabariha ariko ntabwo batanze igihe, nta gihe batanze bazabahera ayo mafaranga yo kubaka izo nzu, cyangwa se izo nzu zizubakwa mu gihe kingana gute. Bo bavuga ko tuva mu nzu gusa bakazikorera ubugenzuzi bifuza.”

Bavuga ko ubuyobozi bwarangaye kuko izi nzu zimaze kuzura zahawe ibyangombwa byo guturwamo ndetse ko zinafite ubuziranenge.

Undi ati “Bari bahari zubakwa, izi nzu zahawe ibyangombwa ko zigomba guturwamo, zifite ibyangombwa ko zigomba no kugurishwa.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yavuze ko inzu zirindwi ari zo zifite ikibazo muri uyu mudugudu, kandi ko abazibagamo, bazafashwa.

Yagize ati “Biranatwohera harimo n’umuntu wari umupangayi n’ubundi usanga akodesha, kuba yajya gukodesha ahandi ariko tukava mu bihe by’imvura, n’inzu ikaba yasanwa […] hari n’abo Leta yafashe gahunda yo kuba yanabishyurira ubwo bukode bw’ukwezi kumwe, kugira ngo umuntu abe yabona ahandi ajya gukodesha.”

Pudence Rubingisa avuga hari n’inzego ziri gukora iperereza kugira ngo abagize uruhare muri ubu burangare, babiryozwe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + ten =

Previous Post

Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi

Next Post

Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Umusaruro w'urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.