Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
19/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibyo twiboneye mu mudugudu wa ‘Dubai’ urimo inzu zisondetse wagarutsweho na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hagarutswe ku kibazo cya zimwe mu nzu zisondetse zo mu mudugudu uzwi nk’Urukumbuzi wubatswe n’uzwi ku izina rya Dubai, bamwe mu bari bazituyemo basabwe kuzivamo mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo. Twagezeyo twibonera uko izi nzu zimeze.

Uyu mugudugu uherereye mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, wagarutsweho na Perezida Paul Kagame mu mpera z’ukwezi gushize ubwo yavugaga ku kibazo cya zimwe muri izi nzu zari zatangiye gusenyuka byari byatangajwe n’umwe mu baturage wabinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Ubwo yaganiraga n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari bari basoje itorero ryiswe ‘Rushingwangerero’, Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku burangare bwa bamwe mu bayobozi butuma hakorwa ibikorwa nk’ibi by’inzu zitujuje ubuziranenge, bikaba bishobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abaturage.

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi baba bagize uburangare nk’ubu, ari bo baba bakwiye kubazwa impfu z’abashobora kuburira ubizima bwabo muri ibi bikorwa.

Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, bamwe mu batuye muri uyu mudugudu, basabwe kuva mu nzu babagamo kuko byagaragaraga ko zishobora kubagwaho. Ni nyuma yuko hakozwe ubugenzuzi kuri izi nzu zose, bagasanga zirindwi muri zo zitujuje ubuziranenge.

Abasabwe kwimuka, ni ababa mu nzu zatangiye kwangirika mu buryo bugaragarira buri wese, ndetse n’abazibamo ubwabo, bakaba bavuga ko bari bafite impungenge ariko ko gusabwa kuzivamo mu buryo butunguranye, byababereye umutwaro.

Aba baturage bavuga ko iki cyemezo bakimenyeshejwe ku wa Gatandatu, basabwa ko batangira kuva muri izi nzu ku munsi ukurikiyeho ku Cyumweru.

Umwe muri aba baturage yagize ati “Ntabwo byari kutworohera, urumva mu minsi ibiri ntabwo washaka inzu ngo ubashe kuyibona. Icya kabiri hari n’ikibazo cy’amafaranga, urabona turi mu itangira ry’abana.”

Aba baturage barimo ababaga muri izi nzu baraziguze ndetse n’abakodeshaga, bakibaza ikizakurikiraho kikabayobera kuko baguze n’uriya mushoramari uzwi ku izina rya Dubai.

Undi ati “Bavuze ko bazabariha ariko ntabwo batanze igihe, nta gihe batanze bazabahera ayo mafaranga yo kubaka izo nzu, cyangwa se izo nzu zizubakwa mu gihe kingana gute. Bo bavuga ko tuva mu nzu gusa bakazikorera ubugenzuzi bifuza.”

Bavuga ko ubuyobozi bwarangaye kuko izi nzu zimaze kuzura zahawe ibyangombwa byo guturwamo ndetse ko zinafite ubuziranenge.

Undi ati “Bari bahari zubakwa, izi nzu zahawe ibyangombwa ko zigomba guturwamo, zifite ibyangombwa ko zigomba no kugurishwa.”

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa yavuze ko inzu zirindwi ari zo zifite ikibazo muri uyu mudugudu, kandi ko abazibagamo, bazafashwa.

Yagize ati “Biranatwohera harimo n’umuntu wari umupangayi n’ubundi usanga akodesha, kuba yajya gukodesha ahandi ariko tukava mu bihe by’imvura, n’inzu ikaba yasanwa […] hari n’abo Leta yafashe gahunda yo kuba yanabishyurira ubwo bukode bw’ukwezi kumwe, kugira ngo umuntu abe yabona ahandi ajya gukodesha.”

Pudence Rubingisa avuga hari n’inzego ziri gukora iperereza kugira ngo abagize uruhare muri ubu burangare, babiryozwe.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Inkuru nziza ku Banyarwanda ijyanye n’ibiciro by’ibiribwa bitunze benshi

Next Post

Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusaruro w’urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Umusaruro w'urugendo rwa Perezida Kagame uzaba ari inkuru nziza ku Banyarwanda- Abasesenguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.