• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

radiotv10by radiotv10
13/01/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora manda ya gatatu, mbere yo kwemezwa, yari yavuze ko hari Ibihugu byari byatangiye kubimusaba ko yaziyamamaza, akabisubiza ko bizagenwa n’Igihugu akomokamo.

Kuri uyu wa Mbere, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique, yatangaje ko Rwanda rwemeye gutanga Louise Mushikiwabo nk’Umukandida wo kongera kwiyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.

Amb. Olivier Nduhungirehe yagize ati “Hashingiwe ku bikorwa by’Indashyikirwa by’Umunyamabanga Mukuru byahawe agaciro cyane kandi bigashimwa, ndetse na nyuma yo kujya inama na we. U Rwanda rwafashe icyemezo cyo kongera gutanga Kandidatire ya Louise Mushikiwabo mu nama y’Abakuru b’Ibihugu n’Intumwa za OIF izabera i Phnom Penh muri Cambodge, mu Gushyingo.”

 

Icyo Mushikiwabo yari yavuze kuri Kandidatire ye

Louise Mushikiwabo, yari yatangaje atari we wagena kandidatire ye, ahubwo ko azabanza akabiganiraho n’Igihugu akomokamo, cyanamutanze mbere.

Yabitangaje mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize ubwo haburaga umwaka umwe ngo habe inama izatorerwamo uzamusimbura, aho yatangaje ko hari Ibihugu byari byatangiye kumusaba ko yazongera akiyamamariza manda ya gatatu.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru, Mushikiwabo yavuze ko bamwe yabasubizaga akoresheje imvugo yo gutebya ko yumva atari ku rwego rwo gukandagira mu kirenge nk’icya Abdou Diouf wayoboye manda eshatu muri uyu Muryango.

Ati “Ariko nanone byankoze ku mutima. Nashimishijwe cyane n’ubwo busabe kuko bigaragaza ko bakimfitiye icyizere kandi ndabashimira.”

Muri iki kiganiro yagiranye n’itangazamakuru umwaka ushize, Mushikiwabo yavuze ko atari we wakwemeza ko aziyamamaza, kuko umukandida kuri uyu mwanya, ubundi atangwa n’Igihugu.

Yagize ati “Icyo navuga ni uko nzabanza kuganira n’Ubuyobozi bw’Igihugu nkomokamo kuko burya Ibihugu ni byo bitanga abakandida, nanavuze ko ngomba kubanza kureba icyo amategeko y’Igihugu cyanjye avuga ku bijyanye na gahunda y’izabukuru cyane ko ndi kugana mu myaka y’abakuze.”

Mushikiwabo yari yavuze ko yakozwe ku mutima cyane n’Ibihugu byari byatangiye kumusaba ko yakongera kwiyamamaza, ariko ko atari gufata icyemezo atavuganye n’ubuyobozi bw’Igihugu akomokamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 3 =

Previous Post

Twigereyeyo: Amatora muri Uganda yahumuye…Dore uko byifashe habura iminsi ibiri

Next Post

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.