Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibyuka biryana biri kuvuza ubuhuha i Nairobi: Abigaragambya bakamejeje- Ikiganiro n’uriyo

radiotv10by radiotv10
20/03/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibyuka biryana biri kuvuza ubuhuha i Nairobi: Abigaragambya bakamejeje- Ikiganiro n’uriyo
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu baturage bari i Nairobi muri Kenya aravuga ko ubuzima busa n’ubwahagaze i Nairobi kubera imyigaragambyo yashojwe na Raila Odinga, yaramutse kuri uyu wa Mbere, ubu amaduka menshi akaba afunze.

Uyu muturage witwa Ndikubwayo Bosco utuye i Nairobi muri Kenya, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko yaramutse ajya muri uyu mujyi rwagati kuko asanzwe ari umucuruzi, ariko agasanga umwuka uriyo utatuma bacuruza kubera imyigaragambyo ikomeye yaharamukiye.

Avuga ko abashyigikiye Raila Odinga bari muri iyi myigaragambyo ikomeye, bari kuzenguruka muri uyu mujyi, aho bahanganye n’igipolisi na cyo gikomeje gushaka uburyo cyahagarika iyi myigaragambyo.

Ati “Bari kuzenguruka baca hirya baca hino, batera amabuye, Abapolisi na bo batera ibyuka biryana mu maso. Ntitwashoboye kujyayo kuko n’iyo twari kujyayo n’akazi kacu ntikari gukorwa uretse ko n’ibyacu byari kuhangirikira.”

Uyu muturage ukomoka mu Burundi, avuga ko iyo habaye imyigaragambyo nk’iyi, ba rusahurira mu nduru babyitwikira bagasahura amaduka y’abacuruzi.

Ati “Bari kubyitwikira bagenda basahura biba, urumva muri iyo rwaserera yo kwiruka abandi birukankana n’Abapolisi, banafashe bamwe maze kubona abashingategeko batatu bafashwe. Ntibyoroshye ko umuntu yafungura iduka rye ngo acuruze.”

Bosco akomeza avuga ko muri uyu mujyi hasanzwe haba imyigaragambyo, ndetse Leta ikareka abayikora bakigaragambya ariko “uyu munsi Leta isa nk’aho itemeye iyi myigaragambyo kuko uyu munsi bababujije, aho babona abantu batatu bane batanu, babateramo tear gas bakabatatanya, urumva kabaye akajagari kanini.”

Iyi myigaragambyo yabereye mu bice bitandukanye by’i Nairobi, byari biteganyijwe ko na Raila Odinga ubwe ayitabira akajya ku gice kimwe kiri gukorerwamo iyi myigaragambyo, ariko Abapolisi bakaba batatanyije abigaragambya atarahagera.

Raila Odinga aherutse guhamagarira abamushyigikiye kujya muri iyi myigaragambyo yo gusaba ko Perezida William Ruto na Guverinoma ye begura.

Perezida William Ruto bari bahanganye mu matora aheruka, na we kuri iki Cyumweru yari yagize icyo avuga kuri ibi bikorwa bya Raila Odinga, amunenga imyitwarire idahwitse yakunze kumuranga.

Ruto yanagarutse ku byakunze kuranga Odinga kuva ku butegetsi bwo hambere, amushinja guteza akaduruvayo mu Gihugu kuko ari we buri gihe uhamagarira abaturage kwigaragambya mu myigaragambyo yagiye inagwamo abaturage benshi.

Abigaragambya batewe ibyuka biryana mu kirere

Photo © BBC 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Yari yihekuye ubwo yageragezaga kwica umugore we amutemye amuhoye impamvu itangaje

Next Post

Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Rusizi: Imvura idasanzwe yabakoreye ibyabatunguye binabatera agahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.