Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icya mbere kiduhuza ni icyongereza ariko ikituranga ni indangagaciro za Commowealth- P.Kagame yatangije CHOGM

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in MU RWANDA
0
Icya mbere kiduhuza ni icyongereza ariko ikituranga ni indangagaciro za Commowealth- P.Kagame yatangije CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu muryango wa Commonwealth (CHOGM), avuga ko nubwo ururimi rw’icyongereza ruza ku mwanya wa mbere mu bihuza abagize uyu muryango ariko ikibaranga ari indangagaciro nziza zawo.

Perezida Paul Kagame wafunguye ku mugaragaro ibi bikorwa bya CHOGM bimaze iminsi itanu bitangiye, yavuze ko ari iby’agaciro kuba iyi nama ibaye ku nshuro ya 26 ikaba ibereye mu Rwanda, ikaba ari iya gatandatu ibereye muri Afurika ndetse ikaba iya mbere ibaye kuva Isi yakwadukamo icyorezo cya COVID-19 cyashegeshe inzego zose.

Yavuze ko kandi iyi nama ari n’umwanya mwiza wo gushimira Umwamikazi Elizabeth II akaba n’umukuru wa Commonwealth.

Ati “Mu myaka 70 amaze ari ku ngoma, Commonwealth yagiye yaguka haba mu mibare y’abanyamuryango ndetse n’intego zayo.”

Perezida Kagame yavuze ko kuba iyi nama ibereye mu Rwanda nk’Igihugu kikiri gishya muri uyu muryango [ni cyo giheruka kuwinjiramo] ndetse kikaba kitarakolonijwe n’u Bwongereza bishimangira amahitamo y’uyu muryango yo guhuza imbaraga mu mpinduka ziganisha Isi aheza.

Yavuze ko uyu muryango wa Commonwealt udasimbura izindi nzego ahubwo ko uzuzuza ndetse ko “ari yo mpamvu dufite abashyitsi b’ingenzi kandi bihariye” nk’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani “kandi ndamushimira kuba yaje kwifatanya natwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Commonwealth yifuzwa, ari iza ku isonga mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi aho kubirebera kure.

Yagarutse kuri ibyo bibazo byugarije Isi nk’imihindagurikire y’ikirere ikomeje kugira ingaruka ku birwa ndetse n’Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, avuga ko mu guhangana n’ibi bibazo hakenewe ikoranabuhanga rinagira uruhare mu gutanga imirimo ku rubyiruko rutandukanye.

Ati “Duhujwe n’ururimi duhuriyeho aho Icyongereza kiza ku mwanya wa mbere, wa kabiri, wa gatatu yewe no ku mwanya wa kane ariko mu byukuri ikituranga ni indangacaciro ziri mu masezerano ya Commonwealth ndetse n’intego y’imiyoborere myiza, igendera ku mategeko ndetse no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.”

Yavuze ko izi ndangagaciro zikomeza gutuma umuryango wa Commonwealth ukomeza gufungurira imiryango abifuza kuwuha ibitekerezo ndetse n’abifuza kuba abayamuryango bashya.

Perezida Paul Kagame kandi arahita aba umuyobozi wa Commonwealth mu myaka ibiri iri imbere, akaba yanashyikirijwe inkoni y’uyu muryango.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu yatangirijwemo CHOGM

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 17 =

Previous Post

Abacamanza ba EAC barimo Umunyarwanda bemeje ko u Rwanda rutsinzwe mu kirego rwarezwemo n’Umunya-Uganda

Next Post

Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.