Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icya mbere kiduhuza ni icyongereza ariko ikituranga ni indangagaciro za Commowealth- P.Kagame yatangije CHOGM

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in MU RWANDA
0
Icya mbere kiduhuza ni icyongereza ariko ikituranga ni indangagaciro za Commowealth- P.Kagame yatangije CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu muryango wa Commonwealth (CHOGM), avuga ko nubwo ururimi rw’icyongereza ruza ku mwanya wa mbere mu bihuza abagize uyu muryango ariko ikibaranga ari indangagaciro nziza zawo.

Perezida Paul Kagame wafunguye ku mugaragaro ibi bikorwa bya CHOGM bimaze iminsi itanu bitangiye, yavuze ko ari iby’agaciro kuba iyi nama ibaye ku nshuro ya 26 ikaba ibereye mu Rwanda, ikaba ari iya gatandatu ibereye muri Afurika ndetse ikaba iya mbere ibaye kuva Isi yakwadukamo icyorezo cya COVID-19 cyashegeshe inzego zose.

Yavuze ko kandi iyi nama ari n’umwanya mwiza wo gushimira Umwamikazi Elizabeth II akaba n’umukuru wa Commonwealth.

Ati “Mu myaka 70 amaze ari ku ngoma, Commonwealth yagiye yaguka haba mu mibare y’abanyamuryango ndetse n’intego zayo.”

Perezida Kagame yavuze ko kuba iyi nama ibereye mu Rwanda nk’Igihugu kikiri gishya muri uyu muryango [ni cyo giheruka kuwinjiramo] ndetse kikaba kitarakolonijwe n’u Bwongereza bishimangira amahitamo y’uyu muryango yo guhuza imbaraga mu mpinduka ziganisha Isi aheza.

Yavuze ko uyu muryango wa Commonwealt udasimbura izindi nzego ahubwo ko uzuzuza ndetse ko “ari yo mpamvu dufite abashyitsi b’ingenzi kandi bihariye” nk’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani “kandi ndamushimira kuba yaje kwifatanya natwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Commonwealth yifuzwa, ari iza ku isonga mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi aho kubirebera kure.

Yagarutse kuri ibyo bibazo byugarije Isi nk’imihindagurikire y’ikirere ikomeje kugira ingaruka ku birwa ndetse n’Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, avuga ko mu guhangana n’ibi bibazo hakenewe ikoranabuhanga rinagira uruhare mu gutanga imirimo ku rubyiruko rutandukanye.

Ati “Duhujwe n’ururimi duhuriyeho aho Icyongereza kiza ku mwanya wa mbere, wa kabiri, wa gatatu yewe no ku mwanya wa kane ariko mu byukuri ikituranga ni indangacaciro ziri mu masezerano ya Commonwealth ndetse n’intego y’imiyoborere myiza, igendera ku mategeko ndetse no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.”

Yavuze ko izi ndangagaciro zikomeza gutuma umuryango wa Commonwealth ukomeza gufungurira imiryango abifuza kuwuha ibitekerezo ndetse n’abifuza kuba abayamuryango bashya.

Perezida Paul Kagame kandi arahita aba umuyobozi wa Commonwealth mu myaka ibiri iri imbere, akaba yanashyikirijwe inkoni y’uyu muryango.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu yatangirijwemo CHOGM

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − three =

Previous Post

Abacamanza ba EAC barimo Umunyarwanda bemeje ko u Rwanda rutsinzwe mu kirego rwarezwemo n’Umunya-Uganda

Next Post

Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.