Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icya mbere kiduhuza ni icyongereza ariko ikituranga ni indangagaciro za Commowealth- P.Kagame yatangije CHOGM

radiotv10by radiotv10
24/06/2022
in MU RWANDA
0
Icya mbere kiduhuza ni icyongereza ariko ikituranga ni indangagaciro za Commowealth- P.Kagame yatangije CHOGM
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije ku mugaragaro inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu muryango wa Commonwealth (CHOGM), avuga ko nubwo ururimi rw’icyongereza ruza ku mwanya wa mbere mu bihuza abagize uyu muryango ariko ikibaranga ari indangagaciro nziza zawo.

Perezida Paul Kagame wafunguye ku mugaragaro ibi bikorwa bya CHOGM bimaze iminsi itanu bitangiye, yavuze ko ari iby’agaciro kuba iyi nama ibaye ku nshuro ya 26 ikaba ibereye mu Rwanda, ikaba ari iya gatandatu ibereye muri Afurika ndetse ikaba iya mbere ibaye kuva Isi yakwadukamo icyorezo cya COVID-19 cyashegeshe inzego zose.

Yavuze ko kandi iyi nama ari n’umwanya mwiza wo gushimira Umwamikazi Elizabeth II akaba n’umukuru wa Commonwealth.

Ati “Mu myaka 70 amaze ari ku ngoma, Commonwealth yagiye yaguka haba mu mibare y’abanyamuryango ndetse n’intego zayo.”

Perezida Kagame yavuze ko kuba iyi nama ibereye mu Rwanda nk’Igihugu kikiri gishya muri uyu muryango [ni cyo giheruka kuwinjiramo] ndetse kikaba kitarakolonijwe n’u Bwongereza bishimangira amahitamo y’uyu muryango yo guhuza imbaraga mu mpinduka ziganisha Isi aheza.

Yavuze ko uyu muryango wa Commonwealt udasimbura izindi nzego ahubwo ko uzuzuza ndetse ko “ari yo mpamvu dufite abashyitsi b’ingenzi kandi bihariye” nk’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Tamim bin Hamad Al Thani “kandi ndamushimira kuba yaje kwifatanya natwe.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Commonwealth yifuzwa, ari iza ku isonga mu guhangana n’ibibazo byugarije Isi aho kubirebera kure.

Yagarutse kuri ibyo bibazo byugarije Isi nk’imihindagurikire y’ikirere ikomeje kugira ingaruka ku birwa ndetse n’Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, avuga ko mu guhangana n’ibi bibazo hakenewe ikoranabuhanga rinagira uruhare mu gutanga imirimo ku rubyiruko rutandukanye.

Ati “Duhujwe n’ururimi duhuriyeho aho Icyongereza kiza ku mwanya wa mbere, wa kabiri, wa gatatu yewe no ku mwanya wa kane ariko mu byukuri ikituranga ni indangacaciro ziri mu masezerano ya Commonwealth ndetse n’intego y’imiyoborere myiza, igendera ku mategeko ndetse no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.”

Yavuze ko izi ndangagaciro zikomeza gutuma umuryango wa Commonwealth ukomeza gufungurira imiryango abifuza kuwuha ibitekerezo ndetse n’abifuza kuba abayamuryango bashya.

Perezida Paul Kagame kandi arahita aba umuyobozi wa Commonwealth mu myaka ibiri iri imbere, akaba yanashyikirijwe inkoni y’uyu muryango.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu yatangirijwemo CHOGM

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Abacamanza ba EAC barimo Umunyarwanda bemeje ko u Rwanda rutsinzwe mu kirego rwarezwemo n’Umunya-Uganda

Next Post

Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Abanyeshuri bose bo mu myaka ibiri y’amashuri bahagaritswe kubera kurwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.