Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha birimo iby’iterabwoba byanatumye hari inzirakarengane z’Abanyarwanda bitaba Imana, akaza kurekurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, bwa mbere yavuze ku ifungurwa rye, avuga ko ryagezweho kubera ubuvugizi n’igitutu by’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu.

Tariki 24 Werurwe 2023, ni umunsi utazibagirana mu mateka y’ubutabera bw’u Rwanda, ubwo Paul Rusesabagina wari warakatiwe gufungwa imyaka 25 na Nsabimana Callixte Sankara wari warakatiwe imyaka 20, ndetse n’abandi bantu 18, basohokaga mu Gereza.

Paul Rusesabagina wari umaze imyaka ibiri n’igice afunzwe, ndetse na Nsabimana Callixte Sankara, barekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ndetse uwo munsi barekuriweho, hanagaragaye amabaruwa bandikiye Umukuru w’Igihugu, basaba imbabazi.

Mu ibaruwa yanditswe na Paul Rusesabagina, yasabaga Umukuru w’u Rwanda guca inkoni izamba, akamurekura kuko ageze mu zabukuru ndetse akaba afite n’uburwayi.

Yavugaga kandi ko naramuka abonye ayo mahirwe, akagera hanze, azaba aciye ukubiri n’ibikorwa bya Politiki by’umwihariko ko ntaho yari kuzongera kugira icyo ahurira na cyo kuri politiki y’u Rwanda.

Gusa Paul Rusesabagina mu byo yatangaje bwa mbere ku ifungurwa rye, yabusanyije n’imbabazi yahawe, ahubwo avuga ko yarekuwe kubera igitutu cyokejwe u Rwanda.

Yabitangarije mu kiganiro cye cyatambutse mu ihuriro ryiswe Oslo Freedom Forum, ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023, aho iki kiganiro cye cyatambutse atahibereye imbonankubone.

Yavuze ko “Ubu ndishyira nkizana kubera ijwi ryanyu ndetse n’ay’abandi benshi nkamwe. Ni ibyishimo n’icyubahiro kuba mbagejejeho ijambo. Igihe nk’iki umwaka ushize, nari ndi muri Gereza.”

Yagarutse kandi ku ruhare rw’abakobwa ba Rusesabagina, barimo Carine Kanimba wakunze kugaragara mu bikorwa byo gusaba ko umubyeyi we arekurwa, ari na we wagize uruhare mu kugira ngo atange ikiganiro muri iri huriro ryateguwe n’Umuryango Human Rights Foundation uharanira Uburenganzira bwa muntu.

Ati “Mwumvise inkuru y’abakobwa banjye banitabiriye Oslo Freedom Forum, mwese mwashyize hamwe mukora ubuvugizi bwo kugira ngo ndekurwe, aho nari mfungiye impamvu za politiki, ku bwanjye mwageze ku ntsinzi.”

Rusesabagina yakomeje avuga ko kuba ubu ari kwidegembya, ngo bigaragaza ko “iyo uhagurukiye icyo wizera, iyo mushyize hamwe kandi mugengwa n’amahame y’uburenganzira bwa muntu na Demokarasi, uratsinda.”

Yakomeje avuga ko ngo hakiri byinshi byo gukora mu gukora ubuvugizi kugira ngo hubahirizwa ayo mahame remezo yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu bice binyuranye muri Afurika yo hagati ndetse n’ahandi.

Iri jambo rya Paul Rusesabagina ryumvikanamo ko yafunguwe kubera ubusabe bw’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, mu gihe bizwi ko yafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + sixteen =

Previous Post

IFOTO: Grealish waciye ibintu kubera kugaragara yaganjijwe n’agatama ubu ahagaze bwuma

Next Post

Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.