Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe

radiotv10by radiotv10
16/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icya mbere Rusesabagina yavuze ku ifungurwa rye nticyari cyitezwe
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha birimo iby’iterabwoba byanatumye hari inzirakarengane z’Abanyarwanda bitaba Imana, akaza kurekurwa ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, bwa mbere yavuze ku ifungurwa rye, avuga ko ryagezweho kubera ubuvugizi n’igitutu by’impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu.

Tariki 24 Werurwe 2023, ni umunsi utazibagirana mu mateka y’ubutabera bw’u Rwanda, ubwo Paul Rusesabagina wari warakatiwe gufungwa imyaka 25 na Nsabimana Callixte Sankara wari warakatiwe imyaka 20, ndetse n’abandi bantu 18, basohokaga mu Gereza.

Paul Rusesabagina wari umaze imyaka ibiri n’igice afunzwe, ndetse na Nsabimana Callixte Sankara, barekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ndetse uwo munsi barekuriweho, hanagaragaye amabaruwa bandikiye Umukuru w’Igihugu, basaba imbabazi.

Mu ibaruwa yanditswe na Paul Rusesabagina, yasabaga Umukuru w’u Rwanda guca inkoni izamba, akamurekura kuko ageze mu zabukuru ndetse akaba afite n’uburwayi.

Yavugaga kandi ko naramuka abonye ayo mahirwe, akagera hanze, azaba aciye ukubiri n’ibikorwa bya Politiki by’umwihariko ko ntaho yari kuzongera kugira icyo ahurira na cyo kuri politiki y’u Rwanda.

Gusa Paul Rusesabagina mu byo yatangaje bwa mbere ku ifungurwa rye, yabusanyije n’imbabazi yahawe, ahubwo avuga ko yarekuwe kubera igitutu cyokejwe u Rwanda.

Yabitangarije mu kiganiro cye cyatambutse mu ihuriro ryiswe Oslo Freedom Forum, ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2023, aho iki kiganiro cye cyatambutse atahibereye imbonankubone.

Yavuze ko “Ubu ndishyira nkizana kubera ijwi ryanyu ndetse n’ay’abandi benshi nkamwe. Ni ibyishimo n’icyubahiro kuba mbagejejeho ijambo. Igihe nk’iki umwaka ushize, nari ndi muri Gereza.”

Yagarutse kandi ku ruhare rw’abakobwa ba Rusesabagina, barimo Carine Kanimba wakunze kugaragara mu bikorwa byo gusaba ko umubyeyi we arekurwa, ari na we wagize uruhare mu kugira ngo atange ikiganiro muri iri huriro ryateguwe n’Umuryango Human Rights Foundation uharanira Uburenganzira bwa muntu.

Ati “Mwumvise inkuru y’abakobwa banjye banitabiriye Oslo Freedom Forum, mwese mwashyize hamwe mukora ubuvugizi bwo kugira ngo ndekurwe, aho nari mfungiye impamvu za politiki, ku bwanjye mwageze ku ntsinzi.”

Rusesabagina yakomeje avuga ko kuba ubu ari kwidegembya, ngo bigaragaza ko “iyo uhagurukiye icyo wizera, iyo mushyize hamwe kandi mugengwa n’amahame y’uburenganzira bwa muntu na Demokarasi, uratsinda.”

Yakomeje avuga ko ngo hakiri byinshi byo gukora mu gukora ubuvugizi kugira ngo hubahirizwa ayo mahame remezo yo kubahiriza uburenganzira bwa muntu mu bice binyuranye muri Afurika yo hagati ndetse n’ahandi.

Iri jambo rya Paul Rusesabagina ryumvikanamo ko yafunguwe kubera ubusabe bw’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, mu gihe bizwi ko yafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − ten =

Previous Post

IFOTO: Grealish waciye ibintu kubera kugaragara yaganjijwe n’agatama ubu ahagaze bwuma

Next Post

Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Abakora akazi gasuzugurwa na bamwe bakavuzeho ibinyuranye n’uko abandi bagakeka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.