Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje

radiotv10by radiotv10
17/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Icyakorerwaga abasanzwe mu rugo rw’umuturage bazirikishije iminyururu n’ingufuri kiratangaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu rugo rw’umuturage mu Murenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke, bahasanze abaturage babiri bari baziritse barimo uwari uzirikishije iminyururu n’ingufuri, aho bivugwa ko uru rugo ari urw’umuvuzi gakondo wabavuraga imyuka mibi yabasaritse.

Abasanzwe muri uru rugo ruherereye mu Mudugudu wa Mubuga mu Kagari ka Ruganda, mu Murenge wa Muhondo, barimo umuhungu witwa Emmanuel Uwimpuwe w’imyaka 26 y’amavuko.

Uyu muhungu ukomoka mu Mujyi wa Kigali, bamusanze aziritse ku kiraro, n’iminyururu ndetse n’ingufuri ku buryo n’amaboko ye yari yaratangiye kwangirika kubera uburyo bari baramukanyagiye ku kiraro kiri mu rugo rw’uyu muturage bivugwa ko ari umuvuzi gakondo.

Nanone kandi muri uru rugo hari harimo umukecuru witwa Soline Mukamusoni w’imyaka 60 y’amavko we waje aturuka mu Murenge wa Muyongwe mu Karere ka Gakenke.

Aba bombi babasanze mu rugo rw’uyu muvuzi gakondo witwa Bizimana Claver wiyita ko ari umuvuzi gakondo, wavuze ko yari ari guha ubuvuzi aba baturage.

Evergiste Gasasa uyobora Umurenge wa Muhondo uherereyemo urugo rw’uyu muvuzi gakondo, yatangaje ko amakuru yatanzwe, avuga ko aba baturage bari bamaze ibyumweru bibiri muri uru rugo.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhondo yavuze ko nyiri uru rugo basanzemo abaturage baboshye “yavugaga ko yari ari kubavura imyuka mibi.”

Ubwo aba bantu batahurwaga, uyu muvuzi gakondo yahise atabwa muri yombi, akaba acumbikiwe kuri polisi ya Rushashi, naho uwari uzirikishije iminyururu we akaba yahise abohorwa.

Abavuzi gakondo bagiye bavugwaho ibikorwa nk’ibi bihonyora uburenganzira bw’abantu, bakazirika abaturage baba bafite uburwayi babazaniye byumwihariko aba bafite ibibazo byo mu mutwe.

Inzego z’ubuzima na zo zakunze gukangurira abaturage guca ukubiri no kujya kwiyambaza abavuzi gakondo kuko uretse kuba ubuvuzi bwabo butizewe ariko buba bunashobora kuviramo impfu abantu babo.

Uyu musore bamusanze baramuzirikiye ku kiraro nk’itungo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Kayonza: Amayobera ku murambo w’umukobwa basanze mu muhanda bamwambuye imyenda

Next Post

The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu
FOOTBALL

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

The Ben na Pamella bakomeje gutanga Isomo ry’urukundo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.