Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
1
Icyakurikiye nyuma yuko uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yiyambaje Polisi ku kibazo bwite
Share on FacebookShare on Twitter

Bugingo Boni uzwi mu gusobanura filimi nka Junior Giti no mu gufasha abahanzi, yiyambaje Polisi ayimenyesha ikibazo cy’uwo avuga ko ari Komanda wa Polisi i Ntarama umubangamira, nyuma yo kukimenyesha inzego, avuga ko ikibazo cyatangiye gushakirwa umuti kandi mu mucyo.

Ni nyuma yuko uyu mugabo usanzwe atuye mu Karere ka Bugesera anyujije ubutumwa ku rubuga nkoranyambaga rwa X, avuga ikibazo afite.

Mu gusubiza ubutumwa bwabanje gutangazwa na Junior Giti akaza kubusiba, Polisi y’u Rwanda, yari yagize iti “Mutwandikire muduhe nimero zanyu za telefone tubavugishe muduhe amakuru arambuye kuri iki kibazo tugikurikirane.”

Junior Giti mu gusubiza ubu butumwa, yagize ati “Ni Commanda wa Ntarama uhora iwanjye, akampagarikira ibikorwa by’ubuhinzi kandi mfite icyangombwa cy’ubutaka. Buri uko aje aba afite undi muntu umuha itegeko kuri terefoni, ntaramenya uwo ari we yita afande.”

Nyuma yuko ibi bitangajwe ndetse na Polisi ikamusaba gutanga amakuru arambuye, Junior Giti yatangaje ko ikibazo cye kiri gushakirwa umuti.

Mu butumwa yongeye gutanga, Junio Giti yagize ati “Ndashimira inzego z’umutekano, ikibazo cyanjye kirimo gukurikiranwa kandi mu mucyo. Harakabaho u Rwanda n’Abanyarwanda. Umuturage ku isonga.”

Junior Giti wamamaye mu gusobanura filimi, asanzwe anafite kompanyi ireberera inyungu z’abahanzi, aho afasha byumwihariko umuhanzi Chris Eazy uri mu bahanzi bagezweho muri iyi minsi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Irakiza degueste says:
    1 year ago

    Harakabaho urwanda nabanyarwanda

    Reply

Leave a Reply to Irakiza degueste Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 8 =

Previous Post

Udushya dutegerejwe mu gitaramo cyo gutarama umuhanzi Nyarwanda umaze imyaka ibiri yitabye Imana

Next Post

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Related Posts

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

by radiotv10
13/02/2026
0

Umunyamakuru Robert Cyubahiro McKenna yagaragaje akanyamuneza yatewe n’intambwe yateye mu rukundo nyuma yo kwambika impeta umukunzi bitegura kurushingana. Uyu munyamakuru...

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

by radiotv10
12/02/2026
0

Umukinnyi wa filimi Kalisa Ernest wamenyekanye nka Samusure, wari umaze imyaka ine ari muri Mozambique, yagarutse mu Rwanda, yakiranwa urugwiro...

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

Ngabo Roben yemeje ko atakiri umukozi wa Rayon Sports yakoreye imyaka itandatu

by radiotv10
11/02/2026
0

Ngabo Roben usanzwe ari umunyamakuru wa RADIOTV10, akazi yabangikanyaga no gukorera Ikipe ya Rayon Sports yanabereye Umuvugizi, yemeje ko atakiri...

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yatanze umucyo ku makuru yavugwaga ko yasezeye igitangazamakuru akorera

Umunyamakuru Angeli Mutabaruka yahishuye icyamukoze ku mutima yakorewe n’umukoresha we KNC banakorana

by radiotv10
10/02/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze ko mugenzi we KNC usanzwe ari umukoresha we banakorana ikiganiro, yamuvuje amaso,...

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

by radiotv10
09/02/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwatesheje agaciro ubujurire bwa Shema Arnaud de Boscher uzwi nka Dj Toxxyk wari wajuririye icyemezo cyo...

IZIHERUKA

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika
MU RWANDA

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

13/02/2026
Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

12/02/2026
Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

12/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Rusizi: Inkuru y’akababaro y’uwabyukiye mu kazi nyuma yo kuva mu kandi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.