Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo Leta Zunze Ubumwe za America zidafatira ingamba u Rwanda, Perezida Evariste Ndayishimiye yamukosoye, anatanga umucyo, abishimirwa na Guverinoma ya Qatar.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr Edouard Bizimana, yanenze Guverinoma ya Qatar, ngo kuko ikoresha inzira zitari zidakwiye mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa bwe, Dr Edouard Bizimana yanditse avuga ko ngo u Rwanda rwakoreye uburyarya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ngo rukaba rukomeje kurenga ku masezerano y’Amahoro y’i Washington D.C.

Yakomeje agira ati “Ni ngombwa kwerekana uruhare rubi bwa Qatar mu gukoresha ububasha bwayo n’amafaranga mu kubuza America gufata ingamba.”

Ubu butumwa bwaje gusibwa kuri konti y’uyu ukuriye Dipolomasi y’u Burundi, bwakurikiwe n’ubwa Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye wabaye nk’ukebura uyu munyapolitiki, aboneraho gushimira ahubwo kiriya Gihugu cya Qatar.

Perezida Ndayishimiye we yanditse ati “U Burundi bwakomeje gushimira umubano mwiza kandi urambye hagati yabwo na Qatar, kimwe n’uruhare rw’ingenzi rwa Qatar mu bikorwa by’ubuhuza muri DRC.”

Yaboneyeho gukosora umwe mu bagize Guverinoma ye wari wibasiye Qatar, ati “Ni ngombwa kugaragaza umucyo ku myumvire itari yo n’ubutumwa buhabanye n’ukuri burebana n’uruhare rwa Qatar mu iterambere no kubaka amahoro.”

Nyuma y’ubu butumwa bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al-Khulaifi; yamushimiye.

Na we yanditse ubutumwa agira ati “Urakoze Nyakubahwa Perezida ku bwo gutanga umucyo ndetse no kudushimira. Binyuze mu mahame shingiro yayo, Leta ya Qatar ikomeje kurangwa n’ubunyangamugayo mu ntego yayo mu kubaka amahoro, mu buhuza ndetse no mu gushaka umuti w’amakimbirane binyuze mu nzira z’amahoro, kandi izakomeza kugira uruhare rufatika hagati yayo n’abafatanyabikorwa bose bayo mu gutanga inkunga y’ituze n’amahoro arambye.”

Guverinoma ya Qatar ikomeje kuyobora ibiganiro bihuza Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’Ihuriro AFC/M23, ikaba yaranagize uruhare mu biganiro byahuje DRC n’u Rwanda, byavuyemo amasezerano y’amahoro y’i Washington D.C.

Minisitiri Edouard Bizimana yanditse ubutumwa yibasira Qarar
Perezida Ndayishimiye yahise amukosora
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar yashimiye Ndayishimiye watanze umucyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Next Post

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Related Posts

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Hagaragaye amashusho agaragaza Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro n'umugore we Cilia Flores bacungiwe umutekano n’abapolisi bajyanywe mu Rukiko rw’i New...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

by radiotv10
05/01/2026
0

Amakuru dukesha kimwe mu binyamakuru byo mu Burundi, aravuga ko iki Gihugu kimaze kohereza abasirikare bakabakaba ibihumbi 30 muri Repubulika...

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida w’agateganyo wa Venezuela, Delcy Rodriguez yatangaje ko yiteguye gukorana na Leta Zunze Ubumwe za Amerikca ku ngingo z’ingenzi zishingiye...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

IZIHERUKA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko
AMAHANGA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.