Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo Leta Zunze Ubumwe za America zidafatira ingamba u Rwanda, Perezida Evariste Ndayishimiye yamukosoye, anatanga umucyo, abishimirwa na Guverinoma ya Qatar.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Dr Edouard Bizimana, yanenze Guverinoma ya Qatar, ngo kuko ikoresha inzira zitari zidakwiye mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa bwe, Dr Edouard Bizimana yanditse avuga ko ngo u Rwanda rwakoreye uburyarya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ngo rukaba rukomeje kurenga ku masezerano y’Amahoro y’i Washington D.C.

Yakomeje agira ati “Ni ngombwa kwerekana uruhare rubi bwa Qatar mu gukoresha ububasha bwayo n’amafaranga mu kubuza America gufata ingamba.”

Ubu butumwa bwaje gusibwa kuri konti y’uyu ukuriye Dipolomasi y’u Burundi, bwakurikiwe n’ubwa Perezida w’iki Gihugu, Evariste Ndayishimiye wabaye nk’ukebura uyu munyapolitiki, aboneraho gushimira ahubwo kiriya Gihugu cya Qatar.

Perezida Ndayishimiye we yanditse ati “U Burundi bwakomeje gushimira umubano mwiza kandi urambye hagati yabwo na Qatar, kimwe n’uruhare rw’ingenzi rwa Qatar mu bikorwa by’ubuhuza muri DRC.”

Yaboneyeho gukosora umwe mu bagize Guverinoma ye wari wibasiye Qatar, ati “Ni ngombwa kugaragaza umucyo ku myumvire itari yo n’ubutumwa buhabanye n’ukuri burebana n’uruhare rwa Qatar mu iterambere no kubaka amahoro.”

Nyuma y’ubu butumwa bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al-Khulaifi; yamushimiye.

Na we yanditse ubutumwa agira ati “Urakoze Nyakubahwa Perezida ku bwo gutanga umucyo ndetse no kudushimira. Binyuze mu mahame shingiro yayo, Leta ya Qatar ikomeje kurangwa n’ubunyangamugayo mu ntego yayo mu kubaka amahoro, mu buhuza ndetse no mu gushaka umuti w’amakimbirane binyuze mu nzira z’amahoro, kandi izakomeza kugira uruhare rufatika hagati yayo n’abafatanyabikorwa bose bayo mu gutanga inkunga y’ituze n’amahoro arambye.”

Guverinoma ya Qatar ikomeje kuyobora ibiganiro bihuza Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’Ihuriro AFC/M23, ikaba yaranagize uruhare mu biganiro byahuje DRC n’u Rwanda, byavuyemo amasezerano y’amahoro y’i Washington D.C.

Minisitiri Edouard Bizimana yanditse ubutumwa yibasira Qarar
Perezida Ndayishimiye yahise amukosora
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Qatar yashimiye Ndayishimiye watanze umucyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Next Post

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.