Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki

radiotv10by radiotv10
10/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyatumye ibiganiro by’u Rwanda na Congo byimurirwa indi tariki
Share on FacebookShare on Twitter

Ibiganiro bya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byagombaga kuba mu ntangiro z’iki cyumweru byimuriwe mu mpera zacyo ku mpamvu yo kuba Abaminisitiri bagomba kuyobora intuma zibyitabira bari bafite izindi nshingano barimo ku munsi byagombaga kuberaho.

Iyi nama yagombaga kuba kuri uyu wa Mbere tariki 09 no kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, nk’uko byari byemerejwe mu nama yo ku ya 20 na 21 Kanama, yari yahuje intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya RDC, zari ziyobowe n’Abaminisiti b’Ububanyi n’Amanisiti, Amb. Olivier Nduhungirehe na mugenzi we Thérèse Kayikwamba Wagner.

Gusa amakuru atangazwa na Guverinoma ya DRC, avuga ko iyi nama izaba mu mpera z’iki cyumweru tariki 14 Nzeri 2024, nk’uko byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’iki Gihugu, Patrick Muyaya.

Kuri uyu wa mbere, ubwo hagombaga kuba ibiganiro bihuza intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo-Kinshasa byo ku rwego rw’Abaminisitiri, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe ari kumwe na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda bari i Seoul muri Koreya y’Epfo, mu nama mpuzamahanga y’ubufatanye mu bya gisirikare.

Ni mu gihe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner na we yari mu nama y’Abaminisitiri muri iki Gihugu yayobowe na Perezida wacyo, Felix Tshisekedi.

Mu kiganiro yagiranye na France 24 kuri uyu wa Mbere, Patrick Muyaya yagarutse ku biganiro bimaze iminsi bihuza Guverinoma z’Ibihugu byombi, aho yavuze ko “ndibaza ko tariki 14 Nzeri hazaterana inama yo ku rwego rw’Abaminisitiri izagerageza gusesengura raporo y’inzobere.”

Muri iki kiganiro cyabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, Muyaya kandi yavuze ko hari kugeragezwa gusesengura imiterere y’ibibazo, aho impande z’Ibihugu byombi, ziri kuganira.

Patrick Muyaya agaruka kuri ibi biganiro bikomeje kuba, yagize ati “hakozwe inama z’Abaminisitiri, uyu munsi [ku wa Mbere] habaye inama y’inzobere.”

Inama zimaze iminsi ziba, zirimo n’iyahuje abahagarariye inzego z’iperereza z’Ibihugu byombi, bashyizeho umurongo w’uburyo bwo gushyira mu bikorwa imwe mu myanzuro, irimo gusenya umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda, ukaba waravuzweho kenshi gukorana na Guverinoma ya DRC.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repububulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yanagarutse kandi kuri iyi ngingo, aho yavuze ko hari gukorwa ibintu bibiri by’ingenzi, birimo gusenya uyu mutwe wa FDLR.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku mpanuka yahitanye batatu i Kigali

Next Post

Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n’ibyo bagaragaramo

Congo: Hagaragajwe ko i Goma hari abasirikare bahari rwihishwa n'ibyo bagaragaramo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.