Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Icyizere gisendereye gitangwa n’ikipe y’u Rwanda iri mu irushanwa rigereranywa nk’Igikombe cy’Isi

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in SIPORO
0
Icyizere gisendereye gitangwa n’ikipe y’u Rwanda iri mu irushanwa rigereranywa nk’Igikombe cy’Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’u Rwanda y’abagore izitabira irushanwa ry’umukino wa Tennis rizwi nka ‘Billie Jean King Cup’ rifatwa nk’Igikombe cy’Isi rigiye kubera mu Rwanda, iratanga icyizere gisendereye ko izitwara neza bishoboka.

Iri rushanwa rizitabirwa n’Ibihugu 11 birimo n’u Rwanda ruzaryakira, rikinwa mu byiciro, aho buri kipe iba ifite abakinnyi bane, ku munsi umwe, Igihugu kigakina n’ikindi imikino itatu, irimo ibiri ikinwa n’umukinnyi umwe n’undi umwe ukinwa n’abakinnyi babiri kuri buri kipe.

Iri rushanwa rizatangira ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki 05 Kamena 2023, u Rwanda ruzakoresha abakinnyi batanu, kandi bose ngo barizewe nkuko byatangajwe n’umutoza wabo, Uwamahoro Bimenyimana Eric.

Yagize ati “Nta mukinnyi ufite ikibazo kandi icyizere ni cyose. Bose bafite inararibonye nubwo hari abaryitabiriye bwa kabiri n’abaryitabiriye bwa mbere ariko bitavuze ko bagiye barushanwa cyane.”

Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda, Tuyisenge Olive, na we yatanze icyizere gihagije, kuko biteguye ndetse bakaba barakoze n’umwiherero bitezemo umusaruro ushimishije.

Yagize ati “Ni irushanwa riri ku rwego rwo hejuru ariko turiteguye, twiteguye kurwana tugatsinda. Ibihugu byose turi ku rwego rumwe kuko turi mu Itsinda rya Kane, ntiwavuga ngo Cameroun irakomeye kurusha u Rwanda. Twese dufite amahirwe.”

Iri rushanwa ribereye ku Mugabane wa Afurika ku nshuro ya mbere, u Rwanda ruryitabiriye ku nshuro ya kabiri, nyuma yo kuryitabira bwa mbere muri 2021 ubwo ryaberaga muri Lithwania.

Ikipe y’u Rwanda ifite icyizere
Kapiteni na we yacyijeje Abanyarwanda

Adelaide ISHIMWE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe

Related Posts

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

by radiotv10
02/05/2025
0

Mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 muri Volleyball, mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe...

IZIHERUKA

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa
MU RWANDA

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

09/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe

Hatangajwe icyemezo cyafashwe mu kwimura abaturage gitandukanye n’ikitishimirwaga na bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abishoye mu bujura bw’ibikoresho bifite benshi akamaro bongeye guhagurukirwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.