• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

radiotv10by radiotv10
31/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye ibilo 205 by’ikiyobyabwenge cya Cocaine.

Uyu mudipolomate wa Congo witwa ari Jean de Dieu Mutebwa Mulumba asanzwe akorera mu Bubiligi, we n’abandi bantu babiri bafatiwe ku mupaka ubwo imodoka barimo yerecyezaga muri Turukiya inyuze muri iki Gihugu cya Bulgarie.

Itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC kuri uyu wa Kane tariki 31 Nyakanga 2025, yavuze ko “Yababajwe cyane n’Umudipolamte wa Congo watawe muri yombi muri Bulgarie, wafatiwe mu bikorwa bwikorezi bw’ibiyobyabwenge.”

Uyu mudipolomate w’imyaka 40 y’amavuko, yafatanywe n’abandi bantu babiri barimo umugore w’imyaka 54 ndetse n’umugabo w’imyaka 40.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC ivuga ko uyu Mudipolomate w’iki Gihugu yafashwe tariki 18 Nyakanga 2025 ku mupaka uhuza Bulgarie na Turukiya ari mu modoka ifite ibirango by’umudipolomate kandi nta ruhushya yari yabiherwe na Ambasade akorera.

Iri tangazo rigakomeza rigira riti “Minisiteri yamaganye yivuye inyuma iyi myitwarire idakwiye kandi igashimangira ko yitandukanyije na byo, kandi yemeza ko binyuranyije n’indangagaciro n’amahame ngengamyitwarire ya dipolomasi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC kandi yagaragaje ingamba yafashe zirimo guhamagaza no guhagarika burundu uyu mudipolomate, no “kwamburwa ubudahangarwa bw’umudipolomate ku bw’imyitware idahwitse yo ku rwego rwo hejuru yagaragaje.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya DRC yavuze ko Guverinoma y’iki Gihugu yiyemeje gukorana n’iya Bulgarie mu butabera bugomba kuzakoreshwa mu gufatira ibyemezo uyu mudipolomate.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 9 =

Previous Post

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Next Post

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.