Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo FARDC ivuga ku basirikare bayo barimo uwarasiwe mu Rwanda n’abafashwe na RDF

radiotv10by radiotv10
17/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Icyo FARDC ivuga ku basirikare bayo barimo uwarasiwe mu Rwanda n’abafashwe na RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwagize icyo buvuga ku basirikare batatu barimo umwe warasiwe ku butaka bw’u Rwanda na babiri bafashwe na RDF, buvuga ko bwasabye EJVM kubikurikirana kugira ngo umurambo w’uwarashywe n’abafashwe, bashyikizwe Igihugu cyabo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwatangaje ko abasirikare batatu b’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) binjiye mu Rwanda ahagana saa saba n’iminota icumi z’ijoro.

RDF yavuze ko aba basirikare bari bafite imbunda ya AK-47 ndetse na magazine zari zirimo amasasu 105, umwe muri bo yinjiye arasa abasirikare b’u Rwanda, na bo bagahita bamurasa akahasiga ubuzima, mu gihe abandi babiri batawe muri yombi.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), na bwo bwashyize hanze itangazo, buvuga ko “Abasirikare batatu ba FARDC bari ku burinzi bw’Umupaka muremure uhuriweho na RDC n’u Rwanda, bisanze mu buryo bwo kwibeshya ku butaka bw’u Rwanda ahagana saa 10:00.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Ekenge Bomusa Efomi Sylvain rikomeza rigira riti “Umwe muri bo yishwe, abandi babiri bafatwa n’igisirikare cy’u Rwanda.”

FARDC ivuga ko abo basirikare batatu ari 2e Classe Assumani Mupenda, 2e Classe Bokuli Luto, na 2e Classe Anyasaka Nkoy Lucien ari na we warashwe.

Iri tangazo rya FARDC, rikomeza rigira riti “Iki kibazo cy’abasirikare ba Congo cyangwa b’u Rwanda bajya bisanga ku butaka bw’u Rwanda cyangwa bwa Congo kirasanzwe. Igihe cyose urwego ruhuriweho rushinzwe kugenzura imipaka mu karere (EJVM/Expanded Joint Verification Mechanism), rwakomeje gufasha kugira ngo abafashwe basubizwe Ibihugu byabo.”

FARDC ikomeza ivuga ko yababajwe no kuba umwe muri aba basirikare bisanze ku butaka bw’u Rwanda, yishwe; igasaba uru rwego rwa EJVM rubikurikirana kugira ngo abafashwe ndetse n’umurambo w’uwarashwe basubizwe Igihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 16 =

Previous Post

Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Next Post

America yongeye guha isezerano Ukraine ryumvikanamo kuyirema agatima

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yongeye guha isezerano Ukraine ryumvikanamo kuyirema agatima

America yongeye guha isezerano Ukraine ryumvikanamo kuyirema agatima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.