Sunday, July 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo FARDC ivuga ku basirikare bayo barimo uwarasiwe mu Rwanda n’abafashwe na RDF

radiotv10by radiotv10
17/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Icyo FARDC ivuga ku basirikare bayo barimo uwarasiwe mu Rwanda n’abafashwe na RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwagize icyo buvuga ku basirikare batatu barimo umwe warasiwe ku butaka bw’u Rwanda na babiri bafashwe na RDF, buvuga ko bwasabye EJVM kubikurikirana kugira ngo umurambo w’uwarashywe n’abafashwe, bashyikizwe Igihugu cyabo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 16 Mutarama 2024, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwatangaje ko abasirikare batatu b’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) binjiye mu Rwanda ahagana saa saba n’iminota icumi z’ijoro.

RDF yavuze ko aba basirikare bari bafite imbunda ya AK-47 ndetse na magazine zari zirimo amasasu 105, umwe muri bo yinjiye arasa abasirikare b’u Rwanda, na bo bagahita bamurasa akahasiga ubuzima, mu gihe abandi babiri batawe muri yombi.

Ubuyobozi bw’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), na bwo bwashyize hanze itangazo, buvuga ko “Abasirikare batatu ba FARDC bari ku burinzi bw’Umupaka muremure uhuriweho na RDC n’u Rwanda, bisanze mu buryo bwo kwibeshya ku butaka bw’u Rwanda ahagana saa 10:00.”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Ekenge Bomusa Efomi Sylvain rikomeza rigira riti “Umwe muri bo yishwe, abandi babiri bafatwa n’igisirikare cy’u Rwanda.”

FARDC ivuga ko abo basirikare batatu ari 2e Classe Assumani Mupenda, 2e Classe Bokuli Luto, na 2e Classe Anyasaka Nkoy Lucien ari na we warashwe.

Iri tangazo rya FARDC, rikomeza rigira riti “Iki kibazo cy’abasirikare ba Congo cyangwa b’u Rwanda bajya bisanga ku butaka bw’u Rwanda cyangwa bwa Congo kirasanzwe. Igihe cyose urwego ruhuriweho rushinzwe kugenzura imipaka mu karere (EJVM/Expanded Joint Verification Mechanism), rwakomeje gufasha kugira ngo abafashwe basubizwe Ibihugu byabo.”

FARDC ikomeza ivuga ko yababajwe no kuba umwe muri aba basirikare bisanze ku butaka bw’u Rwanda, yishwe; igasaba uru rwego rwa EJVM rubikurikirana kugira ngo abafashwe ndetse n’umurambo w’uwarashwe basubizwe Igihugu cyabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

Burera: Ikibazo batahwemye kugaragaza cy’ibiza by’amazi ava mu Birunga kiracyari kibisi

Next Post

America yongeye guha isezerano Ukraine ryumvikanamo kuyirema agatima

Related Posts

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

by radiotv10
11/07/2025
0

Abacamanza babarirwa hejuru y’ijana bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigabije imihanda bajya kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri ishinzwe Imari...

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

IZIHERUKA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period
MU RWANDA

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

12/07/2025
Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yongeye guha isezerano Ukraine ryumvikanamo kuyirema agatima

America yongeye guha isezerano Ukraine ryumvikanamo kuyirema agatima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Must-Know: Top menstrual hygiene habits for a safe and comfortable menstruation period

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.