• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

radiotv10by radiotv10
05/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yongeye kugaragaza ko Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO) zatandukiriye ku nshingano zazo nyuma yuko zigaragaje ko zatoje abasirikare ba FARDC gukoresha drone n’intwaro za rutura, banakoresha mu kurenga ku gahenge no kurasa ku baturage.

Ni nyuma yuko MONUSCO igaragaje ko yahaye abasirikare 120 b’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) imyitozo yo gukoresha drone n’intwaro za rutura.

Mu butumwa bwatanzwe na MONUSCO buherekejwe n’amashusho agaragaza hatangwa iyi myitozo, yagize iti “Muri Ituri, abasirikare 120 ba FARDC basoje imyitozo bahawe na MONUSCO ku gukoresha drones, n’intwaro ziremereye ndetse na tekiniki zo guhungisha abakomerekeye ku rugamba.”

MONUSCO yakomeje ivuga ko iyi myitozo iri mu murongo wo kurushaho kongera ubumenyi mu gucungira umutekano abasivile ndetse no kubasha guhangana n’ibibazo byahungabanya umutakeno.

Iyi myitozo MONUSCO yahaye FARDC, yanenzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier nduhungirehe.

Yagize ati “Niba nabyumvise neza, MONUSCO iri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye no kubungabunga amahoro, mu nshingano nyamukuru yo kurinda abasivile, harimo no gutoza igisirikare cya Congo (gikorana n’umutwe w’Abajenosideri wa FDLR) uburyo bwo gukoresha intwaro za rutura na drone z’intambara, ziri gukoreshwa na FARDC mu kurenga ku gahenge, ndetse no mu bitero bikomeje kugabwa mu bice bituwemo n’abaturage benshi.”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje agaragaza ko bibabaje kubona mu myaka 26 izi ngabo za MONUSCO zoherejwe zikaba zaranatanzweho akayabo k’amamiliyari y’amadolari, ari bwo imitwe yitwaje intwaro irimo n’uyu wa FDLR, yakomeje gukura no kwiyongera, ndetse n’imvugo zibiba urwangano n’ibikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, bigakomeza guhabwa intebe, akavuga ko ibi bigaragaza gutsindwa kudashidikanywaho kwa MONUSCO.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Next Post

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.