Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wo muri America unaherutse guhura na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye Massad Boulos usanzwe ari Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; baganira ku birimo ibibazo by’umutekano biri mu karere byumwihariko mu burasirazuba bwa DRC.

Massad Boulos yakiriwe na Perezida Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Mata 2025, nyuma y’iminsi itanu anakiriwe na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Uyu Mujyanama Mukuru wa Trump ku bujyanye na Afurika kandi yanahuye na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ndetse n’uwa Kenya, William Ruto.

Ubutumwa bwatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri, ubwo Massad Boulos yari amaze guhura na Perezida Kagame, buvuga ko “bagiranye ikiganiro cy’ingirakamaro ku mikoranire igamije kugera ku mahoro arambye mu karere k’Ibiyaga Bigari, ndetse na gahunda zigamije kuzamura ishoramari rya Leta Zunze Ubumwe za America mu nzego z’ingenzi mu Rwanda no mu karere kose.”

Massad Boulos uri mu ruzinduko rwe rwa mbere nk’Umujyanama wa Trump kuri Afurika, nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, yavuze ko ubuyobozi bwa Trump bwakomeje gushyigikira amahoro mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Yagize ati “Njye na Perezida Kagame twaganiriye ku cyerekezo cy’imikoranire ya hafi, gishingiye ku ituze n’amahoro dore ko ari byo musingi w’iterambere ry’ubukungu.”

Agaruka kuri izi ngendo amaze kugira zirimo uru yakiriwemo na Perezida Kagame, ndetse akaba yarahuye na Perezida Tshisekedi wa DRC, Museveni wa Uganda na Ruto wa Kenya, Boulos yavuze ko yabonye ko ari ngombwa ko aka karere kagira amahoro.

Ayi “Nkurikije izi ngendo, biragaragara ko amahoro arambye ari ngombwa muri aka karere. Dushyigikiye umutekano ndetse no kubaha ubusuzigire bw’Ibihugu byose byo muri aka karere.”

Yagarutse kandi ku bikorwa by’ishoramari bya za Kompanyi z’Abanyamerika zikorera mu Rwanda no mu karere ruherereyemo, n’uburyo zikeneye gukorera mu mahoro asesuye muri aka karere.

Ati “Hari Ibigo by’Ubucuruzi byinshi by’Abanyamerika byamaze gushora imari mu Rwanda, hashingiwe ku cyerekezo cyo kuba ku isonga mu bukungu. Twiteguye gukorana n’u Rwanda kugera kuri iyi ntego, ari na yo mpamvu ari ingenzi ko haboneka umuti w’amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, mu rwego rwo gukuraho icyabangamira amahirwe ahari.”

Yaboneyeho kandi gushima u Rwanda ku musanzu rugira mu mahoro ku Mugabane wa Afurika, anashimangira no Leta Zunze Ubumwe za America zishyigikiye ko amakimbirane yose abonerwa umuti binyuze mu nzira z’amahoro.

Massad Boulos yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye
Bagiranye ibiganiro
We n’itsinda ayoboye bagiranye ibiganiro na Perezida Kagame na bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda
Massad Boulos yashimye u Rwanda ku musanzu rugira mu bikorwa by’amahoro muri Afurika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Ibivugwa mbere y’ibiganiro bya mbere bya M23 n’ubutegetsi bwa Congo

Next Post

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru atunguranye ku biganiro byagombaga guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.