Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere

radiotv10by radiotv10
24/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yemeje ko Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi ziri mu biganiro bigamije kuzahura umubano w’Ibihugu byombi umaze igihe urimo igitotsi cyanatumye Leta y’u Burundi ifunga imipaka.

Tariki 16 Werurwe 2025, ubwo Perezida Paul Kagame yagiranaga ikiganiro n’Abaturage b’Umujyi wa Kigali, yagarutse ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi, aho yagarutse ku warwo na DRC ndetse n’u Burundi, umaze igihe urimo igitotsi.

Umukuru w’u Rwanda wagarutse kuri bimwe mu byatumye haza igitotsi mu mubano w’u Rwanda n’ibi Bihugu byombi, yavuze ko hari kuba ibiganiro hagati y’u Rwanda na kimwe muri ibyo Bihugu [u Burundi na DRC].

Bamwe bahise bakeka ko yashakaga kuvuga u Burundi, dore ko mu minsi ishize hanavuzwe ko inzego zishinzwe ubutasi ku mpande z’u Rwanda n’u Burundi, ziherutse guhurira mu biganiro byabereye mu Ntara ya Kirundo.

Ni ibiganiro bivugwa ko kandi byakurikiye ibindi nkabyo byari biherutse kubera mu Rwanda, byombi bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu mubano w’ibi Bihugu byombi bisanzwe bifatwa nk’ibivandimwe kubera ibyo bihuje.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe abajijwe niba abahise bakeka ko Igihugu Perezida Kagame yavugaga ari u Burundi, yavuze ko “batekereje neza.”

Yakomeje agira ati “Hari ibiganiro bihari n’inzego zibishinzwe hagati y’Ibihugu byombi kugira ngo turebe yuko haba gucubya umwuka mubi wari uhari kugira ngo turebe ko twazagarura umwuka mwiza.”

Minisitiri Nduhungirehe wirinze kugira byinshi atangaza kuri ibi biganiro biriho bikorwa hagati y’u Rwanda n’u Burundi, yavuze ko “Biracyari mu ntangiriro ariko dufite icyizere ko nabyo bizatanga umusaruro.”

Mu ntangiro za 2024, Leta y’u Burundi yafashe icyemezo cyo gufunga imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda, irushinja gutera inkunga umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwa kiriya Gihugu, mu gihe u Rwanda rwabihakanye ndetse uyu mutwe na wo ubyamaganira kure.

U Rwanda na rwo kandi rushinja ubutegetsi bw’u Burundi byumwihariko Perezida Evaritse Ndayishimiye gufatanya n’ubutegetsi bwa Congo, mu mugambi wo gushaka gutera u Rwanda no gukorana n’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, unamaze igihe ukorana n’igisirikare cya Congo mu bikorwa bigirira nabi Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko hari icyizere

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 13 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Next Post

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Menya impinduka zigiye kuba mu biganiro by’u Rwanda na Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.