• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bya mbere byemeranyijweho hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungireye yashimye ibyemezo byavuye mu biganiro biri guhuza Ihuriro AFC/M23 na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko ari intambwe ishimishije iganisha ku gushaka mahoro arambye.

Ni nyuma yuko mu ijoro ryacyeye, Ihuriro AFC/M23 rishyize hanze itangazo ry’ibyemezo bihuriweho hagati yaryo na Guverinoma ya DRC, byavuye mu biganiro bari gufashwamo na Leta ya Qatar.

Iri tangazo rivuga ko ibi biganiro biri kuba mu mwuka mwiza, rigaragaza ko impande zombi zifite ubushake bwo gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC binyuze mu nzira z’ibiganiro.

Ibi byemezo kandi bigaragaza ko impande zombi zemeranyijwe guhagarika imirwano mu buryo bwa vuba, kugira ngo haboneke uburyo hakorwa ibindi biganiro bigamije gusasa inzobe yo kwigira hamwe intandaro y’amakimbirane ari muri iki Gihugu, no gushaka umuti wabyo.

Nyuma yuko iri tangazo rigiye hanze, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko yishimiye ibi byemezo byavuye mu biganiro biri guhuza Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa.

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagize ati “Iri tangazo rihuriweho hagati ya Guverinoma ya DRC na AFC/M23 ku bw’ubuhuza bwa Qatar, bugaragaza intambwe y’ingenzi ndetse ihamye iganisha ku mahoro arambye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe ibyemeranyijweho byashyiranwa mu bikorwa ubushake bwose.”

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko kandi iyi ntambwe yagezweho hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo Kinshasa, ari kimwe mu bikorwa biriho bikorwa muri uku kwezi kwa Mata 2025 ndetse n’u Rwanda rurimo kandi rubifitemo ubushake bushyitse.

Ibiganiro byo muri Qatar hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo, nubwo nta makuru menshi bikunze gutangwaho, byaje nyuma yuko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na mugenzi wa DRC, Felix Tshisekedi bahuye mu nama yabereye nubundi i Doha muri Qatar tariki 18 Werurwe 2025.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, mu kiganiro aherutse kugirana na Televiziyo Rwanda, yavuze ko uku guhura kwa Perezida Kagame na Tshisekedi, atari ibindi biganiro byavutse hagati y’u Rwanda na DRC, ahubwo ko byari bigamije kongera kubyutsa icyizere hagati y’Abakuru b’Ibihugu byombi [ibyo yise ‘Confidence building measure’], kugira ngo byorohereze ibindi biganiro bigomba kuba bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Next Post

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

U Rwanda rwamenye Ibihugu bihuriye mu itsinda mu gikombe cya Afurika cya Basketball y’Abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.