Wednesday, September 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in Uncategorized
0
Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza kurusura, inatangaza ko serivisi za dipolomasi zakorerwaga muri Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi ziri gutangirwa mu Buholandi.

Tariki 17 Werurwe 2025, umunsi utazibagirana mu mateka y’umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi, aho Guverinoma y’u Rwanda yashyiraga hanze itangazo ivuga ko iciye umubano n’u Bubiligi inirukanye abadipolomate babwo [yabahaye amasaha 48] kubera imyitwarire y’iki Gihugu yagiye ibangamira inyungu z’u Rwanda.

Ni icyemezo gishingize ku kuba u Bubiligi bwarafashe uruhande mu bibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bukaninjira mu mugambi wo gushishikariza amahanga gufatira u Rwanda ibihano.

Nyuma y’iminsi ibiri hafashwe iki cyemezo cyo gusesa umubano w’u Rwanda n’u Bubiligi, kuri uyu wa Kane tariki 20 Werurwe 2025 Guverinoma y’u Rwanda yashyize hanze itangazo, imenyesha ko ambasade y’u Rwanda i Bruxelles itagikora.

Iri tangazo rigira riti “Ambasade y’u Rwanda i Bruxelles yafunze imiryango yayo kandi ntizongera gutanga serivisi za dipolomasi ku butaka bw’u Bubiligi.”

Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje ko serivisi za dipolomasi zayo n’u Bubiligi zizajya zitangirwa muri Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi, i La Haye.

Iti “Iseswa ry’umubano wa dipolomasi ntirigira ingaruka ku baturage b’Ababiligi baba mu Rwanda cyangwa abashaka kurusura. Urujya n’uruza rw’abagenzi ndetse n’abakora ingendo z’akazi ruzakomeza nk’uko bisanzwe.”

Guverinoma y’u Rwanda yongera ikagira iti “Abaturage b’Ababiligi bazakomeza kubona viza bageze mu Rwanda, kandi nta kiguzi cya viza bazasabwa ku rugendo rw’iminsi itarenze 30, hakurikijwe politiki ya viza iriho ubu.”

Ubwo u Rwanda rwatangazaga icyemezo cyarwo cyo guca umubano warwo n’u Bubiligi, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’iki Gihugu, Maxime Prévot; yatangaje ko “u Bubiligi bubabajwe n’icyemezo cy’u Rwanda cyo guhagarika umubano n’u Bubiligi no kwirukana abadipolomate b’u Bubiligi.”

Gusa Maxime Prévot yavuze ko u Rwanda rutigeze rwemera ko baganira ku byo batemeranyagaho, gusa Guverinoma yarwo yarabihakanye, ivuga ko ibiganiro byabayeho bihagije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

RIB yagize icyo isaba abakomeje kuzamura impaka ziri kuvugwa mu myidagaduro

Next Post

Menya ibiri kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

IZIHERUKA

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe
FOOTBALL

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

by radiotv10
09/09/2025
0

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

09/09/2025
Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

09/09/2025
FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

FARDC yategetswe kwitandukanya vuba na bwangu n’umutwe umaze igihe uyifasha

09/09/2025
Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

09/09/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yashyize hanze urutonde rw’ibyaha ishinja ubutegetsi bwa Tshisekedi

09/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibiri kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda

Menya ibiri kuganirwaho mu nama y’iminsi itatu hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyishimo biturutse muri Afurika y’Epfo bisesekaye mu Rwanda: Amavubi abonye intsinzi yari ikumbuwe

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Impanuka yabereye ahubakwa urugomera i Nyamasheke yahitanye ubuzima bwa bamwe bahakoraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.