• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

radiotv10by radiotv10
26/07/2025
in MU RWANDA
0
Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi wacyo akoresha mu mvugo imutesha agaciro nk’aho yavuze ko ‘arutwa n’udahari’, Umuyobozi w’aka Karere yavuze ko imvugo yakoreshejwe muri iyi baruwa idakwiye, kandi ko ubuyobozi bugiye kubikurikirana.

Ni ibaruwa bigaraga ko yanditswe tariki 17 Nyakanga 2025, ifite impamvu igira iti “Kugawa”, yanditswe na Nambajimana Pie, Umuyobozi w’iri shuri avuga ko igamije kugaya Iradukunda Benjamin usanzwe ashinzwe imyitwarire y’abanyeshuri (Animategu).

Uyu Muyobozi w’Ishuri avuga ko uku kugaya bishingiye kuri raporo yakozwe n’abahagarariye akanama gashinzwe gukurikirana amakosa muri iki Kigo giherereye mu Murenge wa Rwimbogo.

Uyu muyobozi w’iri shuri agira ati “Tukwandikiye tukugaya imyitwarire y’ubugwari ugaragaza mu kazi ushinzwe. Imikorere yawe rwose iragayitse kuko nta gutekereza ushyira mu byo ukora no mu byo uvuga, nta bushake, nta rukundo rwo gukurikirana ibyo wakagombye kuba ukurikirana ngo bigende neza.”

Akomeza agira ati “Turakugaya mu ruhame rw’abandi bakozi ba C.L Gashonga TSS. Uragawe, umugayo ukuriho kuko nta musaruro utanga. Abo duhaye kopi bose bakugaye kuko urutwa n’udahari. Uko tukuzi, kugawa biragushimishije wigurire icupa.”

Kuri iyi nyandiko, bigaragara ko yamenyeshejwe abayobozi banyuranye barimo Umuyobozi w’Uburezi mu Karere ka Rusizi, n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimbogo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yavuze ko na bo iyi baruwa bayibonye “Nubwo uriya wanditse ibaruwa ntaho bigaragara ko yahaye kopi ubuyobozi bw’Akarere.”

Akomeza agaya uyu muyobozi wa kiriya kigo, kubera imvugo yakoresheje muri iriya baruwa kuko idakwiye.

Ati “Icyo twayivugaho ni uko imvugo yakoreshejwe muri iriya nyandiko imeze kuriya ntikwiriye kuba yakoreshwa n’Umunyarwanda cyangwa se n’undi wese wiyubaha kandi ukwiriye kubaha na mugenzi we.”

Avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iby’iki kibazi, kugira ngo hamenyekane intandaro ya byose ubundi bisesengurwe hazanafatwe icyemezo.

Ati “Ndetse na ba nyiri ubwite duhure na bo tumenye ibirenze ku biri muri iriya baruwa, ibizavamo bizatume hafatwa imyanzuro hakurikijwe icyo amategeko ateganya ku bijyanye n’abakozi ba Leta, by’umwihariko abo mu burezi.”

Bamwe mu bagiye basangiza abandi iyi baruwa ku mbuga nkoranyambaga, banenze imvugo yakoreshejwe n’umuyobozi wa ririya shuri, kuko itesha agaciro uwo yandikiwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eight =

Previous Post

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Next Post

Do young Rwandans really understand financial independence?

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.