• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

radiotv10by radiotv10
25/11/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon
Share on FacebookShare on Twitter

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda nka APR na Rayon guherutse kubaho, bidakwiye gutuma abafana bayo bayatakariza icyizere kuko hakiri kare.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ikipe ya Rayon Sports yatsinzwe ibitego 2-0 na AS Kigali, nyuma yuko mucyeba wayo APR FC na yo itsindiwe i Musanze na Musanze FC ibitego 3-2.

Haruna Niyonzima wabaye Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, wanakiniye amakipe akomeye mu Rwanda arimo n’aya yombi (APR na Rayon) avuga ko nubwo aya makipe asanzwe ahatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda, akomeje kutabona umusaruro mwiza, hakiri kare kuvuga ko atari mu makipe azegukana icy’uyu mwaka.

Ati “Haracyari kare, gusa ntabwo turebye umupira mwiza, buriya ikipe nka Rayon Sports, ikipe nini, ikipe nkuru ifite amateka ariko ntabwo wahita uca urubanza, buriya haba hari impamvu, haba hakiri kare.”

Akomeza agira ati “Haracyari kare kandi ibintu nk’ibi ngibi njye ndabikunda muri football, kuko bituma amakipe yitekerezaho bikanatuma abantu bishyira hamwe kubera ko football ni ubumwe, iyo abantu batari kumwe, iyo abantu batumva ibintu kimwe, kubona umusaruro biragora.”

Haruna kandi anagaruka ku kuba shampiyona y’u Rwanda yarinjiyemo amakipe abiri yo muri Sudan asanzwe ari makipe akomeye mu karere, avuga ko bizongerera imbaraga shampiyona y’iki Gihugu nubwo isanzwe ikomeye.

Ati “Birumvikana zizaduha Challenge [umukoro] ariko natwe tuzazibaha nk’abana b’Abanyarwanda cyangwa amakipe yo mu Rwanda, kuko na bo baje iwacu bagomba kwipanga kubera ko hari abantu bakeka ko iyi shampiyona yoroshye ariko ntabwo yoroshye muri ubwo buryo abantu babikekamo. Akazi bazagatanga ariko na bo bazakabona.”

Haruna Niyonzima uzwi mu mupira w’amaguru muri aka karere, utagikunze kugaragara mu kibuga, yamaze kwinjira mu byo gutoza, aho amaze iminsi anagaragara atanga inama mu mitoreze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + nine =

Previous Post

Hadutse udusimba twatumye bamwe batangira kwikanga inzara

Next Post

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.