Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
18/06/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Icyo umunyapolitiki Ingabire Victoire avuga ku guhamagazwa mu rubanza rw’abaregwa gushaka guhirika ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Urukiko Rukuru rutumije Ingabire Victoire Umuhoza mu rubanza ruregwamo itsinda ry’abaregwa ibyaha birimo gushaka guhirika ubutegetsi, uyu munyapolitiki yemeye ko yahamagajwe koko, ariko ko ategereje ibaruwa inyuze mu mucyo kandi igaragaza ibisobanuro birambuye.

Uyu wiyita umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, yahamagajwe mu rubanza ruregwamo abantu icyenda, bivugwa ko ari abambari b’ishyaka DALFA-Umurinzi [ntiryemewe] ryashinzwe na Ingabire.

Mu rubanza rwabo, hakunze kugarukwa kuri uyu munyapolitiki, aho Ubushinjacyaha bwavuze kenshi ko aba bantu bagiye bagirana ibiganiro na we.

Ubushinjacyaha kandi bwavuze ko Ingabire Victoire, yagiye atera inkunga aba bantu mu buryo butandukanye burimo n’amafaranga ndetse n’inyigisho zatangirwaga mu mahugurwa agamije kwigisha uburyo bwo gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intwaro.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Kamena 2025, Umucamanza w’Urukiko Rukuru yabajije Ubushinjacyaha impamvu uyu Ingabire Victoire bigaragara ko yagize uruhare runini muri ibi byaha biregwa aba aba bantu, ariko akaba adakurikiranywe muri uru rubanza, busubiza ko bufite ububasha bwo guhitamo kuba bwakurikirana umuntu cyangwa kutamukurikirana.

Bwanatanze urugero rw’undi witwa Assoumpta na we wagize uruhare mu mitegurire y’ibikorwa bigize ibyaha biregwa aba bantu, ariko ko na we atigeze ahamagazwa cyangwa ngo abazwe n’Ubushinjacyaha, kuko butazi neza aho aherereye ku Mugabane w’u Burayi.

Ni mu gihe Umunyamategeko Me Gatera Gashabana wunganira abaregwa, yavuze ko ubushinjacyaha bwahisemo gukurikirana abantu boroshye, bugasiga abandi kandi bose bwari bukwiye kubakurikirana.

Abaregwa muri uru rubanza, barimo umunyamakuru Théoneste Nsengimana, bahakana ibyaha baregwa, ndetse uwitwa Sylvain Sibomana uregwa kuba ari we wateguye ariya mahugurwa, agahakana ko atari abayoboke b’ishyaka DALFA-Umurinzi rya Ingabire Victoire.

Urukiko rwanzuye ko mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kane tariki 19 Kamena 2025 ubwo uru rubanza ruzaba rwasubukuwe, Ingabire Victoire azitaba Urukiko kugira ngo abazwe ku byo agarukwaho.

Mu butumwa uyu munyapolitiki yatanze nyuma yuko hatangajwe iby’ihamagazwa rye, yavuze ko koko yahamagajwe n’urukiko.

Yagize ati “Uyu munsi nahamagajwe ngo nzitabe Urukiko ku wa Kane tariki 19 Kamena 2025. Ntegereje ibaruwa inyuze mu nzira zemewe n’amategeko inagaragaza ibisobanuro birambuye.”

Ingabire Victoire Umuhoza amaze imyaka irindwi arekuwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika, aho yafunguwe muri Nzeri 2018, nyuma yuko mu mpera za 2013 Urukiko rw’Ikirenga rwari rwamukatiye igifungo cy’imyaka 15.

Iki gihano cy’igifungo cy’imyaka 15 yari yagikatiwe nyuma yuko we n’Ubushinjacyaha bajuririye icy’imyaka umunani (8) yari yakatiwe n’Urukiko Rukuru nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira Igihugu agamije kukivutsa umudendezo ndetse n’icyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Icyatumye umuhanzi uzwi mu Rwanda yinjira mu bukomisiyoneri

Next Post

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Related Posts

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

by radiotv10
08/12/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko batewe impungenge n’icyorezo cy’uburwayi kiri kubibasira, ndetse...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

Tech Dreams in Kigali: How young people are learning programming, and digital skills

by radiotv10
08/12/2025
0

Kigali has always been a city of ambition, but over the last decade, a new kind of dream has taken...

IZIHERUKA

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha
MU RWANDA

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Agezweho ku ntambara hagati ya Iran na Israel ikomeje kugana ahateye inkeke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutsiro: Hadutse icyorezo kiri guheza bamwe ku kirago n’ivuriro ribegereye rikabatenguha

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.