Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare agira mu kubaka u Rwanda rwamwibarutse, yongera gushishikariza abantu gushyigikira gahunda ya ‘DusangireLunch’ yo gutanga inkunga muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri.
Alain Numa uri mu bakozi bamaze igihe kinini bakora muri Sosiyete ya MTN Rwanda, yatangaje ibi mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Gicurasi 2025.
Yifashishije ifoto ari gusangira ifunguro n’abana b’abanyeshuri ku ishuri, Alain Numa yagize ati ati “Uretse ubukorerabushake, kumara amasaha umunani nkorera mu muryango mugari, ntabwo ari ukukwitura, ni ukubaka Igihugu cyanjye.”
Uyu mukozi wa MTN Rwanda, Alain Numa yaboneyeho kandi kwibutsa abantu kwitabira gahunda izwi nka ‘DusangireLunch’ yatangijwe n’Ibigo binyuranye birimo n’iyi Sosiyete y’Itumano, igamije gukusanya inkunga yo gushyira muri gahunda yo kugaburira abana ku mashuri.
Alain Numa kandi asanzwe azwi nk’umukozi w’Imana, wigisha ijambo ry’Imana, kandi akaba akora ibikorwa by’urukundo byo gufasha abana b’abahungu badafite kivurira.
RADIOTV10