Abajenerali babiri mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo Gen. John Tshibangu wakunze kwigaragaza nk’ufite ubushobozi bwo kurandura M23, batawe muri yombi, nyuma y’ifungwa rya Gen. Christian Tshiwewe Songesa wahoze ari Umugaba Mukuru wa FARDC umaze amezi ane afunzwe.
Maj John Tshibangu yafunzwe we na Michel Shora Mabondani, biravugwa ko baterewe muri yombi ku cyicaro Gikuru cy’Ubuyobozo bwa FARDC, i Kinshasa ku kigo cya gisirikare cya Kololo.
Ikinyamakuru Shynx dukesha aya makuru, kiravuga ko aba basirikare batawe muri yombi nyuma yuko bahamagajwejo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo muri DRC, Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, aho bitabye babwirwa ko ari ku mpamvu z’akazi, hakaza guhita hatangwa itegeko ryo guhita batabwa muri yombi.
Iki kinyamakuru kivuga ko aba basirikare bashyizwe mu modoka yo mu bwiko bwa Jeep Land Cruiser yari irindiwe umutekano n’abasirikare bo mu mutwe urinda Umukuru w’Igihugu, bikaba bivugwa ko bahise boherezwa muri kasho imwe y’urwego rushinzwe iperereza ry’ibyaha by’ikoranabuhanga.
General John Tshibangu, wakunze kwigaragaza nk’umusirikare w’umunyabigango, ndetse we akaba yarivugiraga ubwe ko ari we wabasha guhangamura umutwe wa M23, bivugwa ko akurikiranyweho ibifitanye isano n’iyicwa ry’Umushinwa watekewe umutwe akaribwa miliyoni 5 USD mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Ntara ya Lualaba.
Uyu musirikare kandi yari yahaswe ibibazo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 07 Ugushyingo 2025, akaba yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ugushyingo 2025.
Ni mu gihe Michel Shora Mabondani uyobora rejiyo ya 13 mu Ntara ya Equateur na we yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere na we mu buryo bumwe na General John Tshibangu, nyuma yuko na we yari yahaswe ibibazo.
Ifungwa ry’aba basirikare bo mu cyiciro cy’Abajenerali, ribaye mu gihe hakomeje kuvugwa ifungwa rya bamwe mu basirikare bo hejuru muri Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru wa FARDC, watawe muri yombi muri Nyakanga uyu mwaka.
Icyo gihe Christian Tshiwewe yatawe muri yombi hamwe n’abandi Bajenerali barimo Lieutenant-Général Jean-Claude Yav wigeze kuyobora Umutwe w’Ingabo zirinda Perezida, aho bavugwagaho gucura umugambi wo kugirira nabi Perezida Felix Tshisekedi.


RADIOTV10









