Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha
Share on FacebookShare on Twitter

Abajenerali babiri mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo Gen. John Tshibangu wakunze kwigaragaza nk’ufite ubushobozi bwo kurandura M23, batawe muri yombi, nyuma y’ifungwa rya Gen. Christian Tshiwewe Songesa wahoze ari Umugaba Mukuru wa FARDC umaze amezi ane afunzwe.

Maj John Tshibangu yafunzwe we na Michel Shora Mabondani, biravugwa ko baterewe muri yombi ku cyicaro Gikuru cy’Ubuyobozo bwa FARDC, i Kinshasa ku kigo cya gisirikare cya Kololo.

Ikinyamakuru Shynx dukesha aya makuru, kiravuga ko aba basirikare batawe muri yombi nyuma yuko bahamagajwejo n’Umugaba Mukuru w’Ingabo muri DRC, Lt Gen Jules Banza Mwilambwe, aho bitabye babwirwa ko ari ku mpamvu z’akazi, hakaza guhita hatangwa itegeko ryo guhita batabwa muri yombi.

Iki kinyamakuru kivuga ko aba basirikare bashyizwe mu modoka yo mu bwiko bwa Jeep Land Cruiser yari irindiwe umutekano n’abasirikare bo mu mutwe urinda Umukuru w’Igihugu, bikaba bivugwa ko bahise boherezwa muri kasho imwe y’urwego rushinzwe iperereza ry’ibyaha by’ikoranabuhanga.

General John Tshibangu, wakunze kwigaragaza nk’umusirikare w’umunyabigango, ndetse we akaba yarivugiraga ubwe ko ari we wabasha guhangamura umutwe wa M23, bivugwa ko akurikiranyweho ibifitanye isano n’iyicwa ry’Umushinwa watekewe umutwe akaribwa miliyoni 5 USD mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Ntara ya Lualaba.

Uyu musirikare kandi yari yahaswe ibibazo ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 07 Ugushyingo 2025, akaba yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ugushyingo 2025.

Ni mu gihe Michel Shora Mabondani uyobora rejiyo ya 13 mu Ntara ya Equateur na we yatawe muri yombi kuri uyu wa Mbere na we mu buryo bumwe na General John Tshibangu, nyuma yuko na we yari yahaswe ibibazo.

Ifungwa ry’aba basirikare bo mu cyiciro cy’Abajenerali, ribaye mu gihe hakomeje kuvugwa ifungwa rya bamwe mu basirikare bo hejuru muri Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru wa FARDC, watawe muri yombi muri Nyakanga uyu mwaka.

Icyo gihe Christian Tshiwewe yatawe muri yombi hamwe n’abandi Bajenerali barimo Lieutenant-Général Jean-Claude Yav wigeze kuyobora Umutwe w’Ingabo zirinda Perezida, aho bavugwagaho gucura umugambi wo kugirira nabi Perezida Felix Tshisekedi.

General John Tshibangu ubwo yari kumwe na Perezida Tshisekedi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 13 =

Previous Post

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Next Post

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.