Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yahakanye uruhare iki Gihugu gishinjwa kugira mu bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no muri Sudani, avuga ko bimwe mu byo bashingiraho bashinja iki Gihugu, ari uko abantu bose bakibonamo.

Perezida William Kipchirchir Samoei Arap Ruto yabitangaje mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Qatar yitwa Al Jazeera. Kenya ishinjwa guha icyanzu abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse no kongera umutekano muke muri Sudani, ndetse hakaba havugwa ko mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, abayoboke b’umutwe wa RSF bahuriye muri Kenya.

Hari amakuru avuga ko Perezida Ruto yigeze kwakira umuyobozi w’aba barwanyi, Gen. Mohamed Hamdan Dagalo, bakaganira ku buryo Kenya yamuha intwaro akazishyura zahabu.

Perezida Ruto yahakanye uruhare rushinwa Igihugu cye muri ibyo bikorwa, avuga ko ahubwo ibyo bigaragaza ko Kenya ari Igihugu buri wese yisangamo.

Yagize ati “Kenya ni Igihugu cy’intangarugero muri Demokarasi. Turi Igihugu kimwe rukumbi muri Afurika y’Uburasirazuba no hagati aho abantu bose bateranira bisanzuye. Inama yabereye muri Kenya yari ihuje imiryango itari iya Leta, baganiraga ku kibazo kiri mu Gihugu cyabo ari cyo Sudani.”

Yabajijwe n’umunyamakuru ati “Unashinjwa ko ugemurira intwaro umutwe wa RSF. Ingabo za Sudani zivuga ko ufatanya na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu ukazanira RSF intwaro.”

Perezida Ruto yasubije ati “Ibyo ni ibinyoma. Nakubwira ko kubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi, buri muntu araturega. Na Repubulika ya Demokarasi ya Kongo idushinja ko hari ababayirwanya bateranira i Nairobi. Ni byo, hari abateranira i Nairobi, sinabimenye, ariko ni ukubera ko turi igihugu kigendera kuri demokarasi. Ntabwo twabuza abantu kuza hano. Twe duhangana n’abanyabyaha gusa, ariko ntabwo twakwirukana abantu bari guharanira uburenganzira bwabo. Hano ni ho honyine abantu baganirira ku bibazo byabo bisanzuye.”

Ku bijyanye n’ikibazo cya Sudani, Perezida Ruto yagize ati “Nakubwira ko njye mbona ko abarwanyi ba RSF n’igisirikare cya Sudani ntaho bataniye. Aba bombi bafatanyije guhirika guverinoma. Ntabwo ushobora gutandukanya izo mpande zombi. Icyo nemera ni uko aba bajenerali bombi badafite igisubizo cya Sudani, kuko bose bashaka gukemura ikibazo bakoresheje imbunda. Iki si ikibazo cy’umutekano, ahubwo gishingiye ku miyoborere.”

Muri icyo kiganiro na Al Jazeera, Perezida Ruto yanavuze ko aticuza itegeko yahaye igipolisi ryo kurasa amaguru y’abigaragambya, avuga ko iki cyemezo cyubahirije amategeko agenga uru rwego rushinzwe umutekano, Ariko yongeyeho ko itegeko ritamwemerera gutegeka igipolisi uburyo gikoresha mu kuzuza inshingano zacyo.

Ati “Simbyicuza na gato, kubera ko itegeko ryemerera igipolisi cya Kenya gukoresha imbaraga mu gihe ubuzima bw’abandi baturage buri mu kaga.”

Umunyamakuru yamubajije ati “Ariko hari ubundi buryo byakorwamo udakoresheje amasasu yica?”, Perezida Ruto yasubije agira ati “Ibyo ni ibyawe, ariko nzi ko polisi izi icyo igomba gukora, kandi bazi ko ari inshingano zabo. Ni yo mpamvu mu myaka itatu maze ku butegetsi nakoze ibishoboka byose kugira ngo polisi ibe urwego rwigenga.”

Umunyamakuru yongeye ati “Ariko wategetse polisi kurasa amaguru!”, Perezida Ruto yasubije “Nta tegeko rimpa uburenganzira bwo gutegeka igipolisi.”

Iryo bwiriza Perezida Ruto yaritangarije mu ruhame ku itariki 09 Nyakanga 2025, asaba igipolisi kurasa amaguru y’abigaragambyaga icyo gihe, avuga ko byari bigamije kurinda imitungo y’abaturage yangizwaga.

Ikinyamakuru The Citizen cyanditse ko iyo myigaragambyo yasize abantu 65 bahasize ubuzima, icyakora, nta gihamya cyerekana ko itegeko rya Perezida Ruto ari ryo ryatumye abo baturage bahasiga ubuzima.

Perezida Ruto aherutse kwizeza abaturage be ko abantu bose baburiye ababo muri iyo myigaragambyo bazahabwa indishyi, gusa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakavuga ko ibyo bidakwiye, kuko ngo nta kiguzi cyasimbura ubuzima bw’umuntu wiciwe muri ibyo bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − three =

Previous Post

Eng.-Priests and nuns from Rwanda, DR Congo, and Burundi gather for a meeting in Kigali

Next Post

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.