Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

radiotv10by radiotv10
11/11/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku kibazo cyabaye ku muyoboro uhuza u Rwanda na bimwe mu Bihugu byo mu karere, aho Igihugu gifatira igice cy’Ingufu z’amashanyarazi.

Umuyobozi ushinzwe guhuza REG n’Abafatanyabikorwa, Geoffrey Zawadi yavuze ko ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 09 Ugushyingo, ryageze mu bice hafi ya byose by’Igihugu.

Avuga ko ubusanzwe ibura ry’umuriro rituruka ku bibazo bya tekiniki, ku buryo hari igihe biba bidashoboka kubikumira ijana ku ijana, akaba ari na ko byagenze kuri iriya nshuro.

Avuga ko u Rwanda rusanzwe rufite imiyoboro y’umuriro w’amashanyarazi ruhuriraho n’Ibihugu byo mu karere, akaba ari na yo yari yagize ikibazo ubwo habagaho kiriya kibazo.

Ati “Ikibazo cyabaye cyatewe na bimwe muri ibyo bikorwa duhuriyeho n’Ibihugu by’ibituranyi, kikaba cyaratugizeho ingaruka, ariko kigira n’ingaruka ku bandi bo muri ibi Bihugu duturanye.”

Avuga ko ubwo icyo kibazo cyabaga, hakoreshejwe imbaraga zishoboka kugira ngo umuriro w’amashanyarazi ugaruke vuba, kandi hakaba hari no gutekerezwa uburyo ibibazo nka biriya byagabanuka.

Ati “Nubwo twashyiramo imbaraga zingana gute ariko hari igihe biba, ari nkwa kwa kundi umuntu yiyitaho akirinda impanuka ariko bikaba bishobora ko umunsi ku wundi impanuka ishobora kuba. No mu migendekere y’amashanyarazi rero, hari igihe ushyiraho ingamba zihagije kugira ngo amashanyarazi atabura ariko hakaba haba impanuka nk’iyabaye nijoro.”

Yavuze ko nyuma yuko habaye kiriya kibazo, hahise hanatangira gukorwa iperereza ryimbitse rigamije kureba icyagiteye bityo n’imbaraga ziri gushyirwa mu kwirinda ko kitazongera, zibone aho zihera.

Ati “Ese ko haba hariho ingamba, zituma bitaba, ni ukubera iki byarenzeho bikaba? Iperereza ririmo rirakorwa, iyo rero ikibazo cyabiteye kimenyekanye neza, ni ukuvuga ngo wongera ugakaza ingamba zituma kitazongera kuba cyangwa se cyaba gacye kurenza uko byashobokaga, ni bya bindi bavuga ngo ‘Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka’, iyo tumenye icyabiteye hashyirwaho ingamba zo kubikumira kandi izo ngamba n’ubundi zihoraho, ni yo mpamvu atari ibintu tubona kenshi.”

Uretse iri bura ry’umuriro w’Amashanyarazi ryabaye mu bice byinshi by’Igihugu, hamaze iminsi hanumvikana irigenda ribaho mu bice bya hato na hato.

Geoffrey Zawadi avuga ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi rishobora kubaho mu buryo bubiri, burimo nka buriya bw’impanuka bushobora gutuma umuriro ubura mu gace runaka.

Ati “Wenda nk’ipoto iraguye, yatwaraga umuriro muri quartier runaka, icyo gihe abantu babura umuriro tutabiteguye tutanabateguje. Icyo gihe icyo dukora ni ukwihutira kujya gusubizaho umuriro kugira ngo ingaruka z’icyo gikorwa cyabaye zigabanuke.”

Avuga ko hari n’impamvu ishobora kuba yateguwe ijyanye no kubungabunga ibikorwa remezo by’amashanyarazi, nk’igihe cyo gusana cyangwa kongera ibikoresho bishya mu miyoboro y’amashanyarazi, hirindwa ko ibisanzwemo byazateza ibibazo.

Avuga ko iyo hateganyijwe igikorwa nk’iki, Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, ishyira hanze amatangazo, imenyeshya abatuye mu gace runaka ko baza kugira ikibazo cy’ibura ry’umuriro w’amashanyarazi kubera imirimo iba iteganyijwe gukorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 10 =

Previous Post

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

Next Post

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.