• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho

radiotv10by radiotv10
05/11/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihugu cy’u Bushinwa n’icy’u Burusiya birishimira uko umubano wabyo uhagaze bikaniyemeza ibirenzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Mikhail Mishustin; yizeza gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byombi.

Kuri uyu wa Kabiri, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, yakiriye Minisitiri w’Intebe w’u Burusiya, Mikhail Mishustin, mu ruzinduko rubaye hashize iminsi mike Xi agiranye inama na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump.

Mu kiganiro cyabo, Xi yavuze ko u Bushinwa bushaka gushimangira ubufatanye n’u Burusiya, nubwo isi iri mu bihe by’uruhurirane.

Yasezeranyije ko ibihugu byombi bizongera ishoramari n’ubufatanye mu by’ubukungu, nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa.

Perezida Xi yagize ati “Umubano hagati y’u Bushinwa n’u Burusiya wakomeje gutera imbere muri uyu mwaka, nubwo hari ibihe by’uruhurirane hanze.”

U Bushinwa buvuga ko gushimangira ubufatanye n’u Burusiya ari amahitamo y’igihe kirekire, kandi ko ibyo bihugu byombi bigomba gukomeza guhuza ibikorwa bya hafi.

Xi yagaragaje kandi inzego z’ingenzi zishobora gukomeza gufatanywamo, zirimo ingufu, ubuhinzi, iby’isanzure, ikoranabuhanga rishingiye ku bukungu, n’iterambere rirengera ibidukikije.

U Bushinwa bwakomeje kwegera u Burusiya kuva bwatangiza intambara kuri Ukraine imyaka itatu ishize, nubwo bwagiye bushyirwaho igitutu gikomeye n’ibihugu by’Uburengerazuba.

Perezida Donald Trump aherutse kuvuga ko Xi Jinping ndetse na Vladimir Putin ari abo kwitondera, ibyatumye akomeza guseta ibirenge mu guha Ukraine intwaro zirasa kure mu rugamba ihanganyemo n’u Burusiya, yikanga ko aba ba Perezida b’ibihugu by’ibihangange bashobora kumugiraho ingaruka cyangwa kumushora mu ntambara mu buryo bweruye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 6 =

Previous Post

MTN Rwanda Surpasses 8 Million Subscribers and Accelerates Digital Inclusion Through Innovative Smartphone Initiatives

Next Post

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.