Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe

radiotv10by radiotv10
14/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igikorwa remezo bari bategerezanyije amatsiko cyaje kibatungura bakurikije igishushanyo bari beretswe
Share on FacebookShare on Twitter

Abakorera muri Gare ya Ngoma mu Karere ka Ngoma, baravuga ko batunguwe no kubakirwa Gare ihabanye n’igishusho mbonera cyayo bari beretswe mbere, kuko bakicyerekwa babonaga kigiye guhindura isura y’uyu mujyi kuko cyari kigizwe n’inyubako zigeretse, none ntazo babona.

Aba baturage barimo abafite ibikorwa bakorera muri iyi Gare nk’ubucuruzi, bavuga ko bari bagaragarijwe igishushanyo mbonera cy’inyubako zigeretse, ku buryo bumvaga bagiye kubona ahantu hagezweho ho gucururiza.

Umwe muri bo yagize ati “Mu by’ukuri uko igishanyo mbonera twakibonye hari hariho inyubako ya etaji. Nyuma mu kubaka si ko byagenze uko igishushanyo mbonera cyagaragaraga si ko byubahirijwe.”

Undi witwa Nshimiyimana Cyprien yagize ati “Ntabwo ari ko igishushanyo mbonera cyubatswe. Ariko buriya kibaye cyubatswe kikavugururwa.”

Aba baturage bavuga ko iyi Gare ya Ngoma iyo iza kubakwa nk’uko bari babigaragarijwe mu gishushanyo mbonera, byari gufasha umujyi wa Ngoma gutera imbere no kurushaho kugaragara neza, ariko ngo ubu ntacyahindutse.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque avuga ko habanje kubakwa aho imodoka ziparika, ku buryo iby’inyubako bizaza nyuma.

Uyu muyobozi utagaragaza igihe ibiri mu mishinga bizakorerwa, yagize ati “Icyo akarere kakoze kayeretse igishushanyo cya Gare nuko gikwiye kuba kimeze tukiganiraho. Umushoramari (Jali Investment Group) rero iyo yubaka agenda agira ibyiciro, yabanje gukora Gare nziza, icyiciro cya kabiri turi mu biganiro na we kugira ngo azahashyire inzu y’ubucuruzi, yarabyemeye rero ariko icyatinze ni igihe twari twumvikanye na we aba agishakisha ubushobozi kandi turi mu biganiro na we rwose.”

Gare ya Ngoma ifite ubushobozi bwo kwakira imodoka ziri hagati ya 150 na 200 ku munsi, ariko abaturage n’abayikoresha bagasaba ko igice cy’ubucuruzi cyari kubakwa cyakubakwa vuba kugira ngo bibafashe mu mikorere.

Bari beretswe igishushanyo kirabanyura
Ariko ibyo bubakiwe birahabanye
Bavuga ko batabyumva

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Haravugwa inkuru nziza mu kurangiza intambara imaze igihe muri Gaza

Next Post

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Menya intandaro y’ifungwa rya zimwe muri sitasiyo zizwi mu Rwanda zahagaze burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.