Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikwiye kumvikana kuri Kabuga nubwo yafatiwe icyemezo cyababaje benshi

radiotv10by radiotv10
10/08/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’aho Urukiko rutegetse ko Felicien Kabuga arekurwa kubera ko ibibazo by’ubuzima afite bidatuma akurikira iburanisha; abahanga mu mategeko bavuga ko bitavuze ko yabaye umwere, kandi ko hakiri amahirwe yo kuregera indishyi zikomoka ku byaha akekwaho.

Abacambanza mu Rukiko rw’Ubujurire mu Rugereko ruburanisha imanza zasinzwe n’urukiko mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda; rwashyize iherezo ku mezi icumi yari ashize urwo rugereko ruburanisha Felicien Kabuga ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uru rukiko rwatesheje agaciro umwanzuro wo ku itariki 6 Kamena 2023; wanzuye ko Felicien Kabuga afite uburwayi bwo kwibagirwa ku buryo atagifite ubushobozi bwo kuburana. icyakora bari banzuye ko aburanishwa mu bundi buryo.

Urwo rukiko rw’Ubujurire rwo rwanzuye ko nta buryo na bumwe bwemerewe gukoreshwa mu kuburanisha Kabuga kubera uburwayi afite, rwanzura uru Felicien Kabuga arekurwa.

Yves Turatsinze usanzwe yigisha amategeko muri Kaminuza, avuga ko nubwo uru rukiko rwafashe uriya mwanzuro; bitabuza abaregera indishyi kugana ubutabera.

Ati “Ntabwo bisobanuye ko yabaye umwere, kubera ko kuba umwere no guhamwa n’ibyaha, byari kuzemezwa n’umwanzuro w’Urukiko. Ubwo rero niba ataburanishijwe ntiyabaye umwere ntiyanahamwe n’ibyaha.”

Akomeza agaragaza icyari gikwiye gukorwa, ati “Ubundi iyo buza kuba ari ubundi burwayi yakabaye yoherezwa aho agomba kuvurirwa, hanyuma yazamara kuvurwa akagaruka, ariko ukurikije raporo bagaragaza ko uburwayi bwe nta cyizere ko azakira, ahubwo bakavuga ko umunsi ku munsi iriya ndwara ye irushaho gukomera agatakaza ubushobozi bwo kuba yabazwa ibibazo akabisubiza, bakavuga ko nta mahirwe ahari yo kuba yakira.”

Nyuma y’iki cyemezo cyo kurekura Kabuga, cyanababaje benshi by’umwihariko abarokotse Jenoside Yakorewe Abatutsi, hari abibajije uko bizagenda ku bijyanye n’indishyi.

Uyu munyamategeko avuga ko ntakizabuza kuba abantu baregera indishyi. Ati “Ku bijyanye n’ikirego cy’indishyi; mu mategeko nta kibuza ko ikirego cy’indishyi kiregerwa.”

Naphtal Ahishakiye, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko nubwo udafite uburyo kuvuguruza uyu mwanzuro w’Urukiko; ariko ko bamaze iminsi batangiye inzira zo guhesha ubutabera abasaba indishyi zikomoka ku byaha byari bikurikiranywe kuri Kabuga Felicien

Ati “Twarabitangiye, hari urubanza IBUKA yarezemo Kabuga Felicien rujyanye n’indishyi, rusaba ko habaho itambamira no gufatira imitungo ye aho yaba iri hose kugira ngo izavemo indishyi z’abo yakoreye ibyaha bose. Ni urubanza rwabaye rurasubikwa kubera inzitizi zabayemo zijyanye n’uko urukiko rutanyuzwe n’uko Kabuga yaba yaramenyeshejwe uru rubanza cyangwa niba ataramenyeshejwe. Nibyo bikiri kunozwa, ariko urubanza ruri mu nzira.”

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 7 =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya Museveni nyuma y’uko Uganda ifatiwe icyemezo gikarishye izizwa ibyababaje Abanyaburayi

Next Post

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

Ibiteye amatsiko kuri Nyirinkwaya wamamaye mu buvuzi bw’u Rwanda n’ibyo ahugiyemo mu zabukuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.