Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America cyatangaje ko cyagabye ibindi bitero ku birindiro bya Iran mu rwego rwo kurushaho kugabanya ubushobozi bwayo bwo kugaba ibitero ku bwato bunyura mu nyanja ya Hormuz.
Ibi bitero bibaye ku ijoro rya 10 rikurikiranye Amerika igaba ibitero kuri Iran, nyuma y’uko Perezida Donald Trump asezeranyije ko azahana Iran nyuma y’urupfu rw’abasirikare batatu ba Amerika.
Mu gusubiza ibyo bitero, Iran yatangaje ko yagabye ibitero ku mato abiri atwara peteroli yari mu nyanja ya Hormuz, ndetse no ku birindiro bya gisirikare bya Amerika biri muri Bahrain, Kuwait na Jordan, nk’uko byatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru bya Iran.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yavuze ko igihugu cye ubu kiri mu ntambara yeruye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida Donald Trump yavuze ko Iran yarashwe bikomeye mu ijoro ryabanje, avuga ko ibyo bitero byagabwe mu rwego rwo guha icyubahiro abasirikare batatu ba Amerika baherutse kwicwa, babiri muri Jordan n’umwe muri Iraq.
Ubuyobozi bw’ingabo za Amerika bukorera mu Burasirazuba bwo Hagati (CENTCOM) bwatangaje ko ibitero byabwo byibasiye ibigo bikuru bya gisirikare bya Iran, ubushobozi bwayo bwo mu nyanja, aho irasa misile n’indege zitagira abapilote (drones), ndetse n’ubwirinzi bwo mu kirere.
Ibisasu byumvikanye hafi y’umujyi wa Tabriz mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Iran, aho ibitangazamakuru bya leta byatangaje ko umuntu umwe yapfuye abandi benshi bagakomereka.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10