Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in AMAHANGA
0
Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi kiravuga ko abaturage begereye ububiko bw’intwaro zacyo i Bujumbura buherutse gufatwa n’inkongi y’umuriro ikangiza imitungo yabo, batazigera basanirwa cyangwa ngo bishyurwe, kuko ari bo bikururiye kariya kaga bajya gutura mu mbago z’ikigo cya gisirikare.

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’isanganya iki gisirikare cyagize ryo gutwikisha ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya gisirikare cya Musaga mu mujyi wa Bujumbura.

Iturika rya buriya bubiko bw’imbunda, ryateje inkongi y’umuriro ikomeye yagize ingaruka zikomeye, zirimo n’abantu 13 bahasize ubuzima abandi 57 bagakomereka, ndetse kinasenya ibikorwa binyuranye birimo inzu z’abaturage n’indi mitungo yabo.

Abajijwe ku baturage bafite imitungo yangirikiye muri iki kibazo, Général de Brigade Gaspard Baratuza yavuze ko atari inzu z’abaturage gusa zangiritse, ahubwo ko n’iz’igisirikare zangiritse.

Uyu muvugizi wa FDNB wabanje kuvuga ko ikijyanye no kuriha iby’abaturage bangirijwe ibyabo, byasobanurwa n’abandi bayobozi, ariko ko ubusanzwe abaturage bagirwa inama kenshi ko inzu zabo n’ibinyabiziga byabo bigomba kugira ubwishingizi.

Yavuze ko nk’uwari ufite inyubako yashyize mu bwishingizi, ashobora kuzasaba kwishyurwa, ariko igisirikare cyo kitazagira icyo cyishyura kuko na cyo ibyakibayeho ari ibyago bitateguwe.

Général de Brigade Gaspard Baratuza yavuze kandi ko ahari ubu bubiko, ubundi nta baturage bari bahatuye, ahubwo ko bagiye baza babusanga, bakahubaka kandi byari bibujijwe.

Ati “Inkambi za gisirikare zigitangira nta ngo zari zihegereye, inkambi zari zihari kuva cyera ndetse tukibona ubwigenge mu 1962, rero abantu bagiye baregera inkambi. Aha rero iyo habayeho ingorane nib wo duhita tubona ibibazo, twahoze tubivuga tuti ‘nyabuna nyabuna mureke kwegera inkambi’.”

Général de Brigade Gaspard Baratuza avuga ko ibigo bya gisirikare nka biriya, bishyirwaho kugira ngo haboneke uburyo bwo kurinda ubusugire bw’Igihugu, bityo ko abantu bakwiye kujya babyubaha.

Ati “Baramutse bimura bakwimura abasanze inkambi hano. Inkambi yo ntiyakwimuka, kuko yo ni nk’Igihugu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 18 =

Previous Post

Building a Strong Team Starts With Hiring Right

Next Post

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Related Posts

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.